• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, June 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibivugwa i Kaziba nyuma y’aho m23 ihafashe ikaza kuhikura nta mirwano.

minebwenews by minebwenews
March 16, 2025
in Regional Politics
0
Ingabo z’u Burundi zakijijwe n’amaguru zihunga m23 i Kaziba.
119
SHARES
3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibivugwa i Kaziba nyuma y’aho m23 ihafashe ikaza kuhikura nta mirwano.

You might also like

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Nyuma y’aho umutwe wa m23 wigaruriye i Kaziba ukaza kuhikura nta mirwano ibaye, hongeye kwinjiramo ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, ririmo ingabo z’u Burundi, iza Congo n’imitwe irimo FDLR na Wazalendo, nk’uko abariyo babibwiye Minembwe Capital News.

Ijoro ryo ku itariki ya 10/ 03/2025, ni bwo m23 yafashe i Kaziba, nyuma yo kuyirukanamo ingabo z’u Burundi iza Congo n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR.

Kaziba ni imwe mu ma cheferi abiri agize teritware ya Walungu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Kuko nyuma y’iyi cheferi ya Kaziba indi ni iya Ngweshi.

Uyu mutwe wa m23 ukimara gufata iki gice wahise ukomeza imirwano ufata n’ibindi bice byarimo ingabo z’u Burundi biri mu misozi iri hagati ya Kaziba na Rurambo ahazwi nk’i Mulenge, arikoho akaba ari muri teritware ya Uvira. Ndetse bakomerezaho binjira muri Rurambo nyirizina ahatuwe n’Abanyamulenge, aho hagaragaye n’amashusho y’aba barwanyi ba m23 bari kwakirwa n’Abanyamulenge. Ubona byari ibyishimo bidasanzwe.
Ni mu gihe aba Banyamulenge bari bagize igihe mu mibabaro myinshi, iyo bategwa n’ingabo za Leta y’iki gihugu.

Iyi nkuru ikavuga ko m23 yirukanye ziriya ngabo z’u Burundi zari muri iyo misozi zihungira mu bice by’unamiye umujyi wa Uvira, nka za Luvungi na Remela n’ahandi.

Nk’uko abatuye i Kaziba babibwiye Minembwe Capital News, aba barwanyi bo muri m23 ntabarwanyi babo bigize basiga muri iki gice cya Kiziba, kuko ijoro buca ari ku wa gatanu Wazalendo n’ingabo z’u Burundi bongeye kwinjira muri iki gice kandi.

Umwe mubaturiye iki gice yagize ati: “Binjiye muri Kaziba kandi. Barya bajura bo muri Wazalendo bagarutse i Kaziba. Barikumwe n’ingabo z’u Burundi.”

Abaturage batuye i Kaziba ntibishimiye ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, kuko bazishinja kubasahura no kubagirara nabi.

Ati: “Baratwiba, bashinga n’amabariyeri yo kutwambura. Nta kindi bashoboye.”
Usibye n’icyo babuza abaturage ba Kaziba kuja gucururiza mu bice bigenzurwa na m23.

Yagize ati: “Imodoka zijana iby’ashara i Bukavu na Kamanyola, Wazalendo bari kuzihagarika muri centre ya Kaziba.”

Ibi bikaba byongeye gutuma iki gice cyongera kubamo umutekano muke, bitandukanye n’iminsi itatu cyamaze kitagenzurwa n’iri huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta y’i Kinshasa.

Hagataho umutwe wa m23 nawo ubu urabarizwa i Mulenge, cyane cyane muri Rurambo, ibyatumye Abanyamulenge bashima Imana aho bavuga ko Imana yabatabaye inyuze mubana babo ari bo m23.

Tags: KazibaM23Wazalendo
Share48Tweet30Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
June 9, 2026
0
INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari MINEMBWE CAPITAL NEWS Mu gihe...

Read moreDetails

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubutegetsi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa Mu gihe umutwe wa Rwanda National Congress (RNC), washinzwe n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari...

Read moreDetails

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye guteza impaka mu ruhando rwa politiki...

Read moreDetails

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC Le Gouvernement du Rwanda a publié un communiqué important en réponse aux déclarations...

Read moreDetails

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo rikomeye risubiza ku magambo yatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze...

Read moreDetails
Next Post
M23 yahawe ubutumire bwo kuja i Luanda muri Angola.

M23 yahawe ubutumire bwo kuja i Luanda muri Angola.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?