Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Ku murongo w’urugamba hiriwe ituze, ariko ku ruhande rwa M23 havuzwe ko uwo mutwe wagize ibindi w’ungutse.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 9, 2024
in World News
1
Ku murongo w’urugamba hiriwe ituze, ariko ku ruhande rwa M23 havuzwe ko uwo mutwe wagize ibindi w’ungutse.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hagaragaye ituze mu bice byaberagamo intambara ihanganishije Igisirikare cya leta ya Kinshasa na M23.

You might also like

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ni kuri uyu wa Kane tariki ya 09/05/2024, nibwo habonetse agahenge ka mahoro mu bice byagiye bivugwamo urugamba byo muri teritware ya Masisi, Rutshuru na Nyiragongo, nk’uko amasoko yacu abivuga.

Aka gahenge katangiye kuva igihe c’isaha z’igitondo cya kare cyo kuri uyu munsi, bitandukanye no ku wa Gatatu tariki ya 08/05/2024, kuko ho hiriwe intambara yatangiye kuva amasaha y’urukerera kugeza isaha z’umugoroba wajoro.

Iy’imirwano yarimo ibera mu nkengero za centre ya Sake ho muri teritware ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aho M23 yari yagabweho ibitero by’ihuriro ry’Ingabo za RDC.

Ninyuma y’uko SADC yari yasohoye itangazo ku wa Kabiri tariki ya 7/05, isezeranya ko igiye kwinjira mu rugamba rukaze rwo guhashya Ingabo ziyobowe na Gen Sultan Makenga(M23 ), kandi isobanura ko urwo rugamba izaba irufatanije n’igisirikare cya FARDC.

Gusa ntabwo urwo rugamba rwigeze ruhira iri huriro ry’Ingabo za RDC ku bufatanye n’iza SADC kuko ibitero bagabye kuri M23 yabisubije inyuma ndetse igira n’ibikoresho bya gisirikare iryambura birimo n’imbunda zirasa kure, ndetse n’ibindi bikoresho bikora mu itumanaho.

Hagati aho, Minembwe Capital News yahawe amakuru n’umurwanyi wo muri M23 ariko utemerewe gutanga amakuru, avuga ko kuri ubu uyu mutwe abarizwamo ko wakiriye abarwayi bavuye ku ruhande rwa leta ya Kinshasa, barimo Wazalendo bagera kuri 50 n’abasirikare ba Barundi bakabakaba 37.

Ahamiriza Minembwe Capital News ko ibi byongye guha imbaraga M23 ndetse biyiha n’andi makuru ava ku mwanzi wabo.

Tu bibutsa ko ataribwo bwa mbere M23 yakira abarwayi bavuye ku ruhande rw’ingabo za leta ya Congo, kuko n’ubushize bakiriye abarwayi benshi barimo n’abanyapolitiki baje bavuye muri iyo leta ya Kinshasa.

           MCN.
Tags: Hagaragaye ituzeIbindi byo ngeye M23ImbaragaKu murongo w'urugamba
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y'indege. Indege yari itwaye abagenzi yakoze impanuka ikomeye mu gihugu cy'u Burusiya, ihitana abantu 48. Amakuru avuga ko iyo ndege yavaga mu mujyi...

Read moreDetails

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma. Umuyobozi wo muri Leta ya Ethiopia yanyomoje perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, nyuma y'aho atangaje ko Amerika yateye inkunga umushinga wo...

Read moreDetails

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo. Ibihugu 25 byo ku isi, ahanini byo mu Burayi byahagurukiye gusaba Israel guhagarika intambara yashoye kuri Gaza. Bikubiye mu itangazo ibi...

Read moreDetails

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo  kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

Ukraine yagaragaje ko ishaka kongera kuganira n'u Burusiya. Leta ya Ukraine yatangaje ko ibiganiro hagati yayo n'u Burusiya ko ari yo nzira yonyine nziza ishobora kubaganisha ku mahoro...

Read moreDetails

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo.

by Bruce Bahanda
July 18, 2025
0
Auto Draft

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo. Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika Donald Trump yari yarasezeranyije rubanda igihe cy'amatora ko azashyira ahagaragara amadosiye y'abantu bashinjwa ibyaha...

Read moreDetails
Next Post
Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yavuze akari ku mutima, ariko kabangamiye bamwe mu baturage be.

Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yavuze akari ku mutima, ariko kabangamiye bamwe mu baturage be.

Comments 1

  1. Kavune Obadias says:
    1 year ago

    Abarwayi cg ABARWANYI ?
    Ndabona mwanditse kenshi ngo ABARWAYI

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?