Kw’ibuka Intwari Gen.Makanika byahuje Mutualite zibiri zari zisanzwe zidacyana uwaka mu Banyamulenge.
Nyuma y’aho i Nakivale muri Uganda ahari inkambi y’impunzi icyumbikiwemo n’abarimo n’Abanyamulenge babarirwa mu bihumbi bibiri bemeje ko bagomba gukora umuhango wo kw’ibuka Intwari y’i Mulenge, General Rukunda Michel wari waramamaye ku izina rya Makanika, uheruka gutabaruka; Mutualite zibiri z’Abanyamulenge zitavugaga rumwe muri iyo nkambi, kubera uwo muhango zemezanyije kuwukorera hamwe. Ibyafashwe nk’intambwe ikomeye mu bwiyunge.
Ni bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze ejo ku wa gatanu, aho riteweho imikono y’izi Mutualite zimpande zombi, rigaragaza ko ubuyobozi bw’izi Mutualite zibiri zireba Abanyamulenge i Nakivale zateguye gukorera hamwe umuhango wo kw’ibuka Gen.Makinika. Kandi ko ziwukora kuri uyu wa gatandatu tariki ya 29/03/2025.
Iri tangazo ritangira rigira riti: “Kubufatanye bwaza Mutualite tuributsa abantu bose ko tariki ya 29/03/2025, tuzasoza kw’ibuka Intwari yacu Gen.Rukunda Michel n’abandi batabarukanye nawe.”
Rikomeza rivuga ko uwo muhango uri butangire igihe c’isaha zirindwi zuzuye zamanywa yo kuri uyu wa gatandatu.
Hejuru y’ibi rikamenyesha ko uwo muhango wo kw’ibuka ubera ku itorero rya New Jerusalem riyobowe na Bishop Joseph Mwumvirwa.
General Rukunda Michel bagiye kwibuka i Nakivale muri Uganda, yishwe tariki ya 19/02/2025, akaba yarishwe n’igitero cya drone y’Ingabo za Leta ya Congo, icyo zagabye i Gakangala mu Minembwe aho yarari. Amakuru Twirwaneho umutwe yari ayoboye yashyize hanze icyo gihe, yagaragaje ko icyo gitero cyaturutse i Kisangani, ahari icyicaro gikuru cya zone ya gatatu y’izi ngabo za Congo, iyobowe na Lt.Gen. Pacifique Masunzu.
Hagataho, izi Mutualite zigiye ku mwibuka iyowe na John Musore igizwe n’umuryango w’Abanyabyinshi, Abasinzira, Abasama, Abadinzi, Abitira, Abasegege, Abatwari, Abahiga n’igice kimwe cy’Abasita n’iyobowe na Innocent Mukiza nayo irimo umuryango w’Abagorora, igice kimwe cy’Abasita, Abahondogo, Abasinga, Abahima, Abazigaba n’abandi…
Ibi akaba ari imwe mu ntambwe nziza zubwiyinge yatewe hagati mu Banyamulenge bari i Nakivale.
Ikigeretse kuri ibyo, nuko n’umuryango w’Abapfizi(Abaheto n’Abadahugwa) wokoreraga kuruhande rw’izo Mutualite zibiri, nawo wemeje gukorera hamwe n’izo Mutualite mu kw’ibuka Intwari y’Abanyamulenge General Rukunda Michel.
Imyaka yari baye ine, Abanyamulenge i Nakivale bakorera muri za Mutualite zibiri nyuma y’aho bagize ibyo batumvikanaho, bahitamo gutandukana mu mwaka wa 2021. Ni bwo imiryango yacitsemo havuka ziriya Mutualite zavuzwe haruguru.
