Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Leta ya Iran iheruka kugaba igitero kitaziguye kuri Israel, igiye gufatirwa ibindi bihano bikarishye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 18, 2024
in Regional Politics
0
Leta ya Iran iheruka kugaba igitero kitaziguye kuri Israel, igiye gufatirwa ibindi bihano bikarishye.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ubumwe bw’i bihugu by’u Burayi bwafashye icyemezo cyo gufatira ibindi ibihano leta ya Iran iheruka kugaba igitero gikaze kuri Israel.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Ni byatangajwe na perezida uyoboye aka Nama k’i bihugu by’u Burayi, Charles Michel, aho yagize ati: “Ni ingenzi gukora igishoboka cyose cyo gushira Iran mu kato.”

Ubumwe bw’i bihugu by’u Burayi bisanzwe byarafatiye Iran ibihano byinshi, birimo n’ibyo bwayifatiye kubera ko yagurishije za drone ku Burusiya bukoresha mu ntambara burwana na Ukraine.

Umuryango w’u bumwe bw’ibihugu by’u Burayi ukaba wemeranije kongera ibihano wafatiye kompanyi za Iran zikora indege nto z’intambara zitagira abapilote nizikora ibisasu bya Misile, nyuma y’igitero cya Iran kuri Israel kitari cyari geze kubaho mbere.

Ibi bikaba byaremeranijwe mu Nama yabereye i Bruxelles mu Bubiligi, yabaye i Nama ya mbere umuryango w’u bumwe bw’ibihugu by’u Burayi yitabiriwe n’a bategetsi 27 bo mu bihugu bigize uwo muryango kuva Iran yagaba igitero kitaziguye kuri Israel ku wa Gatandatu, tariki ya 12/04/2024.

Iran yagabye kiriya gitero ikoresheje za drone na Misile byose hamwe birenga 300, byarashwe biva muri iki gihugu cya Iran, Iraq, Siliya na Yamen, byinshi muri byo byahanuwe n’igisirikare cya Israel zifashijwe na leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’ibindi bihugu.

Kuva mbere Iran yakomeje ivuga ko yagabye iki gitero igamije kwihorera ku gitero ivuga ko Israel yagabye kuri Ambasade yayo iri muri Siriya, cyo ku itariki 1/04/2024, cyasize gihitanye abantu babo 13.

Israel yavuze ko izihorera. Ariko abategetsi ba komeye ku Isi bakomeje gusaba ko habaho kwifata, mu rwego rwo kwirinda ko hakwaduka intambara ya karere k’u Burasirazuba bwo hagati.

Nyuma y’i Nama y’u muryango w’ibihugu by’u Burayi yo ku wa Gatatu, tariki ya 16/04/2024, umutegetsi w’u Budage Olaf Scholz yagize ati: “Kuri twe, ni ingenzi ko aka kanya ubu kanakoreshwa mu kurushaho guhosha ubushyamirane ndetse Israel nayo igakora mu kongera imbaraga mu kubaka igihugu cyabo aho gusubiza nayo igaba ibitero kuri Iran.

Israel yasabye Amerika n’u Burayi gufatira ibihano Iran ndetse isaba ko umutwe wa Islamic Revolutionary Guard Corps ushirwa ku rutonde rw’i mitwe y’iterabwoba. Ibyo Amerika yarabikoze ariko ubumwe bw’i bihugu by’u Burayi biracari munzira zo kubikora.

Gusa ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi busanzwe bufitiye ingamba zitandukanye zigambiriye guhana Iran kubera ihonyora ry’u burenganzira bwa muntu, kongera cyane ibikorwa bya Nikleyeli no kubera ubufasha bwa gisirikare Iran iha u Burusiya.

Ku wa Kabiri Amerika yavuze ko ishobora gufatira Iran ibindi bihano, byavuzwe na minisitiri w’imari w’Amerika Janet Yallen aho yavuze ati: “Amahitamo yose yo guhungabanya gutera inkunga iterabwoba kwa Iran akomeje kuba ku meza.”

Yallen yanaciye amarenga ko ibitoro Iran yohereza mu mahanga, ariho hantu hashoboka Amerika igambiriye.

Ati: “Biragaragara, Iran ikomeje kohereza ibitoro bimwe na bimwe mu mahanga. Hari ibindi dushobora gukora.”

Amerika ikaba iheruka no gusohora itangazo ibinyuranyije kuri Jake Sullivan, umunjyanama w’Amerika mu by’u mutekano rivuga ko gahunda ya Iran yaza Misile na drone, hamwe n’umutwe wa IRGC, na byo bizafatirwa ibindi bihano.

                MCN.
Tags: AmerikaIgiye gufatirwa ibindi bihano bikarishyeIranU Burayi
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Umugaba mukuru w’ingabo z’igihugu cya Repubulika ya Kenya, yitabye Imana.

Umugaba mukuru w'ingabo z'igihugu cya Repubulika ya Kenya, yitabye Imana.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?