Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Leta ya Iran iheruka kugaba igitero kitaziguye kuri Israel, igiye gufatirwa ibindi bihano bikarishye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 18, 2024
in Regional Politics
0
Leta ya Iran iheruka kugaba igitero kitaziguye kuri Israel, igiye gufatirwa ibindi bihano bikarishye.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ubumwe bw’i bihugu by’u Burayi bwafashye icyemezo cyo gufatira ibindi ibihano leta ya Iran iheruka kugaba igitero gikaze kuri Israel.

You might also like

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Ni byatangajwe na perezida uyoboye aka Nama k’i bihugu by’u Burayi, Charles Michel, aho yagize ati: “Ni ingenzi gukora igishoboka cyose cyo gushira Iran mu kato.”

Ubumwe bw’i bihugu by’u Burayi bisanzwe byarafatiye Iran ibihano byinshi, birimo n’ibyo bwayifatiye kubera ko yagurishije za drone ku Burusiya bukoresha mu ntambara burwana na Ukraine.

Umuryango w’u bumwe bw’ibihugu by’u Burayi ukaba wemeranije kongera ibihano wafatiye kompanyi za Iran zikora indege nto z’intambara zitagira abapilote nizikora ibisasu bya Misile, nyuma y’igitero cya Iran kuri Israel kitari cyari geze kubaho mbere.

Ibi bikaba byaremeranijwe mu Nama yabereye i Bruxelles mu Bubiligi, yabaye i Nama ya mbere umuryango w’u bumwe bw’ibihugu by’u Burayi yitabiriwe n’a bategetsi 27 bo mu bihugu bigize uwo muryango kuva Iran yagaba igitero kitaziguye kuri Israel ku wa Gatandatu, tariki ya 12/04/2024.

Iran yagabye kiriya gitero ikoresheje za drone na Misile byose hamwe birenga 300, byarashwe biva muri iki gihugu cya Iran, Iraq, Siliya na Yamen, byinshi muri byo byahanuwe n’igisirikare cya Israel zifashijwe na leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’ibindi bihugu.

Kuva mbere Iran yakomeje ivuga ko yagabye iki gitero igamije kwihorera ku gitero ivuga ko Israel yagabye kuri Ambasade yayo iri muri Siriya, cyo ku itariki 1/04/2024, cyasize gihitanye abantu babo 13.

Israel yavuze ko izihorera. Ariko abategetsi ba komeye ku Isi bakomeje gusaba ko habaho kwifata, mu rwego rwo kwirinda ko hakwaduka intambara ya karere k’u Burasirazuba bwo hagati.

Nyuma y’i Nama y’u muryango w’ibihugu by’u Burayi yo ku wa Gatatu, tariki ya 16/04/2024, umutegetsi w’u Budage Olaf Scholz yagize ati: “Kuri twe, ni ingenzi ko aka kanya ubu kanakoreshwa mu kurushaho guhosha ubushyamirane ndetse Israel nayo igakora mu kongera imbaraga mu kubaka igihugu cyabo aho gusubiza nayo igaba ibitero kuri Iran.

Israel yasabye Amerika n’u Burayi gufatira ibihano Iran ndetse isaba ko umutwe wa Islamic Revolutionary Guard Corps ushirwa ku rutonde rw’i mitwe y’iterabwoba. Ibyo Amerika yarabikoze ariko ubumwe bw’i bihugu by’u Burayi biracari munzira zo kubikora.

Gusa ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi busanzwe bufitiye ingamba zitandukanye zigambiriye guhana Iran kubera ihonyora ry’u burenganzira bwa muntu, kongera cyane ibikorwa bya Nikleyeli no kubera ubufasha bwa gisirikare Iran iha u Burusiya.

Ku wa Kabiri Amerika yavuze ko ishobora gufatira Iran ibindi bihano, byavuzwe na minisitiri w’imari w’Amerika Janet Yallen aho yavuze ati: “Amahitamo yose yo guhungabanya gutera inkunga iterabwoba kwa Iran akomeje kuba ku meza.”

Yallen yanaciye amarenga ko ibitoro Iran yohereza mu mahanga, ariho hantu hashoboka Amerika igambiriye.

Ati: “Biragaragara, Iran ikomeje kohereza ibitoro bimwe na bimwe mu mahanga. Hari ibindi dushobora gukora.”

Amerika ikaba iheruka no gusohora itangazo ibinyuranyije kuri Jake Sullivan, umunjyanama w’Amerika mu by’u mutekano rivuga ko gahunda ya Iran yaza Misile na drone, hamwe n’umutwe wa IRGC, na byo bizafatirwa ibindi bihano.

                MCN.
Tags: AmerikaIgiye gufatirwa ibindi bihano bikarishyeIranU Burayi
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails
Next Post
Umugaba mukuru w’ingabo z’igihugu cya Repubulika ya Kenya, yitabye Imana.

Umugaba mukuru w'ingabo z'igihugu cya Repubulika ya Kenya, yitabye Imana.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?