Ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo bwisubiyeho ku cyemezo bwari bwarafashye cyo gusenya umutwe wa FDLR.
Ni cyemezo Guverinoma ya Congo n’iya Kigali zari zemezanije ko ari bwo buryo zizarangiza amakimbirane ari mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Ni mu gihe intumwa za Kigali n’iza Kinshasa zari zahuriye i Luanda mu gihugu cya Angola, hakaba hari ku itariki ya 21/03/2024; impande zombi zumvikana ko zigomba kurangiza amakimbirane ari mu Ntara ya Kivu Yaruguru, zikoresheje ugusenya FDLR.
Imyanzuro y’iyi nama y’i Luanda yashizweho umukono na ba minisitiri b’ubanye n’amahanga b’ibihugu byombi ndetse n’uwa Angola.
Muri icyo gihe intumwa za leta ya Kinshasa zavuze ko ibikorwa byo gusenya FDLR bizagaragarira mu nama yagombaga kubera i Luanda mu kwezi kwa kane ari nayo yaje kwigizwa inyuma mu kwezi kwa Gatanu, uyu mwaka.
Uko kwerekana iyo gahunda y’uko Kinshasa izasenya FDLR byari kugaragazwa mbere y’uko perezida w’u Rwanda Paul Kagame na Félix Tshisekedi wa RDC bahura.
Ibyo rero nibyo leta ya Congo yateye utwatsi ku itariki ya 09/05/2024, igaragaza ko nta mwanya na muto ifite wo gusenya FDLR cyangwa kuganira n’u Rwanda.
Minisitiri w’ubanye n’amahanga wa RDC, Christophe Lutundula, yavuze ko gahunda yo gusenya FDLR igihugu cye ngo cyari cyarayigejeje kuri perezida wa Angola, João Lourenço mu byumweru bibiri bishize.
Lutundula avuga ko RDC n’u Rwanda bagombaga kuganira ku itariki ya 10/05/2024 ariko bakaba barasanze nta mpamvu yo kuganira n’Abanyarwanda.
Yagize ati: “Mu byumweru bibiri bishize, twashyikirije perezida wa Angola, João Lourenço gahunda yo gusenya FDLR kandi twagombaga kuganira ku itariki ya 10/05/2024, ariko hamwe n’ibyo bakoze, nti dushobora kujya kuganira hamwe n’Abanyarwanda.”
Lutundula asobanura ko kutaganira ku isenywa rya FDLR biterwa n’uko ngo u Rwanda rwaranze guhagarika intambara mu Burasirazuba bwa RDC.
Ati: “Nta gihugu na kimwe ku Isi gishobora kwemera ko ingabo za mahanga zifata ubutaka bwacyo noneho ngo abayobozi bacyo banjye gushyikirana.”
Yanashimangiye ko intambara M23 irimo ari yu bucuruzi bwa mabuye y’agaciro no kwica Abanyekongo.
Ati: “Niba perezida w’u Rwanda ashaka gukora ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro hano, nta kibazo ariko ntidukwiye kwica abantu.”
Yasabye perezida João Lourenço gutegeka u Rwanda kuvana Ingabo zabwo ku butaka bwa RDC.
Ibyatangajwe na minisitiri w’u banye n’amahanga wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, bisa nibitesha agaciro inzira y’amahoro ya Luanda na Nairobi.
Kandi bikaba bigamije ku kuyobya uburari kugira ngo ikibazo nyamakuru ku birebana na FDLR bitaja ahabona.
U Rwanda rwo rwagiye rushigikira amasezerano yose agamije kugarura amahoro, kugira ngo imvururu ziranduranwe n’imizi mu Burasirazuba bwa Congo Kinshasa.
MCN.