Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

M23 ikomeje gukora amateka nyuma y’uko ifashe utundi duce muri Kivu y’Epfo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 31, 2025
in Regional Politics
0
M23 ikomeje gukora amateka nyuma y’uko ifashe utundi duce muri Kivu y’Epfo.
151
SHARES
3.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

M23 ikomeje gukora amateka nyuma y’uko ifashe utundi duce muri Kivu y’Epfo.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Umutwe wa M23 uheruka gufata umujyi wa Goma ufatwa nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, wigaruriye ibindi bice byinshi muri teritware ya Kalehe muri Kivu y’Amajy’epfo.

M23 yigaruriye umujyi wa Goma tariki ya 27/01/2025, nyuma y’imirwano ikomeye yamaze iminsi ibiri ibera muri uwo mujyi no mu nkengero zawo.

Iyi mirwano umutwe wa M23 wari uyihanganyemo n’abasirikare babarirwa mu bihumbi birenga amagana byo ku ruhande rwa Leta, barimo abo mu mutwe w’ingabo zidasanzwe za RDC (Hiboux), n’abo mu mutwe urinda perezida Félix Tshisekedi (Garde Rèpublicaine) n’abandi barimo imitwe yitwaje intwaro ifasha iki gihugu kurwanya uyu mutwe wa M23.

Kuri ubu uyu mutwe ukaba ukomeje kwerekeza i Bukavu muri Kivu y’Amajy’epfo, aho amakuru Minembwe.com imaze kwakira yizewe yemeza ko wabohoje ibindi bice mu buryo budasanzwe byo muri teritware ya Kalehe.

Ahar’ejo uyu mutwe wigaruriye uduce turimo Mukwindja, Kinyenzire n’utundi turi mu nkengero ya centre ya Kalehe.

Imirwano uyu mutwe wakoze yokwigarurira utu duce yaje ikurikira iyabaye ku wa gatatu aho naho wigaruriye Localité yose ya Nyabibwe.

Andi makuru avuga ko uyu mutwe wafashe ibikoresho byagisirikare byinshi ingabo zo ku ruhande rwa leta zifashishaga mu ntambara ihanganishije impande zombi. Ibyo bikoresho bikaba birimo n’indege yo mu bwoko bwa Sukhoï -25.

Mu gihe imbunda zo wafashe zirimo izo mu bwoko bwa BM-21 n’izindi z’imisaada. Ibyo bikoresho byose bikaba byafatiwe ku kibuga cy’indege cya Goma aho zari zishinze, nk’uko amakuru abivuga.

Urwego rw’igihugu cy’u Rwanda rw’itangazamakuru (RBA), rwashyize amashusho hanze agaragaza indege ya Sukhoï-25 ya FARDC, kajugujugu za gisirikare n’ibibunda bikaze byari kuri iki kibuga cy’indege cya Goma kuri ubu kigenzurwa na M23.

Hagataho, imirwano irakomeje muri teritware ya Kalehe, aho uyu mutwe wenda kuyigarurira yose, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Tags: FardcM23Sukhoï -25
Share60Tweet38Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
RDC yavuze icyo m23 yakoze kugira ngo ifate Goma.

RDC yavuze icyo m23 yakoze kugira ngo ifate Goma.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?