Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

M23 na Angola nk’umuhuza ntibavuga rumwe.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
October 24, 2024
in Regional Politics
0
M23 na Angola nk’umuhuza ntibavuga rumwe.
86
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

M23 na Angola nk’umuhuza ntibavuga rumwe.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Habaye ukutavuga rumwe gukomeye hagati y’umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo n’umuhuza ari we Angola washyizweho n’umuryango w’ubumwe bw’Afrika.

Umutwe wa M23 kuba wafashe umujyi muto wa Kalembe, ubarizwa muri teritware ya Masisi ariko hafi ya teritware ya Walikale nibyo byarakaje umuhuza ari we perezida wa Repubulika ya Angola, João Lourenço.

Ni mu gihe yatangaje ko ingabo ziyobowe na Gen Sultan Makenga zitagomba kugira agace zifata, ngo kuko ziri mu gihe cya gahenge kemerejwe muri Angola.

Ibyo umutwe wa M23 wavuze ko bo batazi ako gahenge, ndetse kandi bavuga ko n’uwo muhuza bamuzi nk’uhuza u Rwanda na RDC, bashimangira ko umuhuza bemera ari Uhuru Kenyatta washyizweho n’amasezerano ya Nairobi ngo abe umuhuza wa Leta n’inyeshamba zose ziri muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ariko kandi Dr Balinda Oscar wungirije uvugira AFC/M23 mu bya politiki, yabwiye itangaza makuru ko Kenyatta na we ibye byatsinzwe biturutse ku kuba Leta ya Kinshasa yaramwanze ndetse n’uwo iyo Leta yari yarohereje muri ibyo biganiro ikaza ku mwirukana mu kazi.

Yanavuze kandi ko kuba M23 yarafashe Kalembe, ngo byavuye kukuba abaturage bari bahatuye baratabaje, kuko barimo bahohoterwa na Wazalendo bazwiho gukorana byahafi n’igisirikare cya RDC.

Yagize ati: “Abaturage baradutabaje kubera ubwicanyi bakorerwa n’uwigize General witwa Guido Shimayi. N’ahandi hose bazadutabaza tuzajyayo dutabare abaturage bacu.”

Balinda yemeza ko bo agahenge(Unilateral cease fire) barimo ari ako bishyiriyeho ubwabo kuva mu 2023.

Nubwo atashimye kuvuga ibyo Angola yababwiye yemeje ko icyo gihugu kubahamagara kinohereza indege yajyanye intumwa zabo(M23) mu biganiro n’icyo gihugu cya Angola ariko ngo “ibyo twavuganye ni we uzabitangaza nabishaka.”

Kariya gahenge kiswe ‘Unilateral cease fire’ gasobanurwa nk’akishyiriweho na rumwe mu mpande ziba zihanganye mu ntambara rwo rukiyemeza guhagarika imirwano mu gihe runaka. Ibyo binasobanura ko M23 ishobora kukajyamo ikanakavamo byose ntawe ibimenyesheje cyangwa ngo ibimugishemo inama.

        MCN.
Tags: AngolaM23Ntibavuga rumweumuhuza
Share34Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Col Lwamba ureba brigade y’ingabo za RDC mu Minembwe yasabwe kuhava vuba.

Col Lwamba ureba brigade y'ingabo za RDC mu Minembwe yasabwe kuhava vuba.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?