Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

M23 yafashe akandi gace k’i ngenzi ko muri Walungu.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 25, 2025
in Conflict & Security
0
AFC/M23 yatangije operasiyo idasanzwe ku ihuriro ry’ingabo za Congo.
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

M23 yafashe akandi gace k’i ngenzi ko muri Walungu.

You might also like

RDC: Amakuru y’iki gitondo i Mulenge.

Uduce tubiri two muri Kivu y’Epfo twabereyemo imirwano ikomeye.

Ingabo za Congo za teye mu ijoro mu bice by’i Mulenge zakubiswe ahababaza.

Umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa wongeye gufata akandi gace k’i ngenzi ko muri teritware ya Walungu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ni nyuma yuko ejo bundi ku wa gatatu muri iki cyumweru yafashe utundi duce tune two muri ibyo bice.

Agace kandi M23 yafashe ko muri teritware ya Walungu ni akitwa Ngali, ko gaherereye muri cheferi ya Ngweshi.

Mu busanzwe teritware ya Walungu igizwe n’amacheferi abiri, iya Ngweshi n’iya Kaziba.

Icyo Minembwe Capital News yamenye nuko imirwano yabereye muri aka gace ka Ngali hagati ya M23 n’ihuriro ry’ingabo zirwanirira ubutegetsi bw’i Kinshasa, yatangiye igihe c’isaha ya saa kumi nebyiri n’iminota 45 zo kuri uyu wa gatanu tariki ya 25/04/2025.

Ni mirwano yasize uyu mutwe wa M23 ufashe aka gace kazwiho kuba ari ingenzi, ahanini ku buhinzi, kuko amakuru agaragaza ko kazwiho kwera ku bihingwa bitandukanye birimo ibigori n’ibishyimbo ndetse n”imyumbati n’ibindi.

Amakuru kandi agaragaza ko ahagana isaha ya saa tanu zo kuri uyu wa gatanu, ni bwo uyu mutwe wari umaze ku kabohoza kose.

Imirwano y’uyu munsi, ije ikurikira indi iheruka kubera muri icyo gice, aho kandi uyu mutwe wa M23 wigaruriye uduce twaho tune turimo aka Luciga, Katope n’umusozi wa Nangando na Munya.

Kimwecyo, aha’rejo ku wa kane muri ibyo bice hiriwe ituze ku mpande zombi, nubwo habaye ukurebana ayingwe.

Ntibizwi neza uruhande rwa ba rwatangije urundi, ariko bivugwa ko Wazalendo barwana ku ruhande rwa Leta kwari bo bateye uyu mutwe wa M23, abandi n’abo barabasubiza.

Ni mu gihe kandi mu biganiro by’imishikirano hagati ya Leta y’i Kinshasa n’uyu mutwe wa M23 biheruka kubera i Doha muri Qatar, impande zombi zemezanyije guhagarika ibitero, nk’uko itangazo ry’uyu mutwe wa M23 ryashyizwe hanze ku mugoroba wo ku wa gatatu ribivuga. Iri tangazo kandi ryanasomwe no kuri televisiyo y’igihugu izwi nka RTNC iherereye i Kinshasa ku murwa mukuru w’iki gihugu cya RDC.

Impande zombi zemezanyije guhagarika imirwano, mu gihe uyu mutwe wa M23 umaze kwigarurira ibice byinshi byo muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru, aho ndetse unagenzura imijyi ikomeye yo muri izo ntara uwa Goma n’uwa Bukavu.

Tags: ImirwanoM23Walungu
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

RDC: Amakuru y’iki gitondo i Mulenge.

by Bruce Bahanda
June 15, 2025
0
RDC: Amakuru y’iki gitondo i Mulenge.

Amakuru y'iki gitondo i Mulenge. Amakuru ava i Mulenge iwabo w'Abanyamulenge muri Kivu y'Amajyepfo mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, ahakunze kugabwa ibitero by'ihuriro ry'Ingabo za...

Read moreDetails

Uduce tubiri two muri Kivu y’Epfo twabereyemo imirwano ikomeye.

by Bruce Bahanda
June 15, 2025
0
Uduce tubiri two muri Kivu y’Epfo twabereyemo imirwano ikomeye.

Uduce tubiri two muri Kivu y'Epfo twabereyemo imirwano ikomeye. Ingabo za Congo(FARDC) n'abafatanyabikorwa bazo, bongeye kugaba ibitero bikomeye mu duce tubiri tugenzurwa n'ihuriro rya AFC/M23 two muri teriyaki...

Read moreDetails

Ingabo za Congo za teye mu ijoro mu bice by’i Mulenge zakubiswe ahababaza.

by Bruce Bahanda
June 14, 2025
0
Havuzwe amakuru yateye icyikango abatuye i Kaziba.

Ingabo za Congo za teye mu ijoro mu bice by'i Mulenge zakubiswe ahababaza. Ihuriro ry'Ingabo za Congo zaraye zigabye igitero mu biraro by'inka z'Abanyamulenge zikinyagamo n'Inka zibarirwa mu...

Read moreDetails

Goma: Bintou Keita yahuye n’abayobozi ba AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Goma: Bintou Keita yahuye n’abayobozi ba AFC/M23.

Goma: Bintou Keita yahuye n'abayobozi ba AFC/M23. Intumwa y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye muri Congo, akaba n'umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita yahuye n'abayobozi ba kuru bihuriro rya Alliance Fleuve...

Read moreDetails

Ingabo za RDC zizindutse zikora igikorwa kigaragaza ko zishaka gutera mu duce tw’i Mulenge.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Havuzwe amakuru yateye icyikango abatuye i Kaziba.

Ingabo za RDC zizindutse zikora igikorwa kigaragaza ko zishaka gutera mu duce tw'i Mulenge. Ihuriro ry'Ingabo zirwanirira ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, za zindutse zitera ibisasu...

Read moreDetails
Next Post
Ihuriro ry’ingabo za Congo ryagabye igitero i Kavumu.

I Luvungi naho rwambikanye ivumbi riratumuka.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?