M23 yafashe akandi gace k’i ngenzi ko muri Walungu.
Umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa wongeye gufata akandi gace k’i ngenzi ko muri teritware ya Walungu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ni nyuma yuko ejo bundi ku wa gatatu muri iki cyumweru yafashe utundi duce tune two muri ibyo bice.
Agace kandi M23 yafashe ko muri teritware ya Walungu ni akitwa Ngali, ko gaherereye muri cheferi ya Ngweshi.
Mu busanzwe teritware ya Walungu igizwe n’amacheferi abiri, iya Ngweshi n’iya Kaziba.
Icyo Minembwe Capital News yamenye nuko imirwano yabereye muri aka gace ka Ngali hagati ya M23 n’ihuriro ry’ingabo zirwanirira ubutegetsi bw’i Kinshasa, yatangiye igihe c’isaha ya saa kumi nebyiri n’iminota 45 zo kuri uyu wa gatanu tariki ya 25/04/2025.
Ni mirwano yasize uyu mutwe wa M23 ufashe aka gace kazwiho kuba ari ingenzi, ahanini ku buhinzi, kuko amakuru agaragaza ko kazwiho kwera ku bihingwa bitandukanye birimo ibigori n’ibishyimbo ndetse n”imyumbati n’ibindi.
Amakuru kandi agaragaza ko ahagana isaha ya saa tanu zo kuri uyu wa gatanu, ni bwo uyu mutwe wari umaze ku kabohoza kose.
Imirwano y’uyu munsi, ije ikurikira indi iheruka kubera muri icyo gice, aho kandi uyu mutwe wa M23 wigaruriye uduce twaho tune turimo aka Luciga, Katope n’umusozi wa Nangando na Munya.
Kimwecyo, aha’rejo ku wa kane muri ibyo bice hiriwe ituze ku mpande zombi, nubwo habaye ukurebana ayingwe.
Ntibizwi neza uruhande rwa ba rwatangije urundi, ariko bivugwa ko Wazalendo barwana ku ruhande rwa Leta kwari bo bateye uyu mutwe wa M23, abandi n’abo barabasubiza.
Ni mu gihe kandi mu biganiro by’imishikirano hagati ya Leta y’i Kinshasa n’uyu mutwe wa M23 biheruka kubera i Doha muri Qatar, impande zombi zemezanyije guhagarika ibitero, nk’uko itangazo ry’uyu mutwe wa M23 ryashyizwe hanze ku mugoroba wo ku wa gatatu ribivuga. Iri tangazo kandi ryanasomwe no kuri televisiyo y’igihugu izwi nka RTNC iherereye i Kinshasa ku murwa mukuru w’iki gihugu cya RDC.
Impande zombi zemezanyije guhagarika imirwano, mu gihe uyu mutwe wa M23 umaze kwigarurira ibice byinshi byo muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru, aho ndetse unagenzura imijyi ikomeye yo muri izo ntara uwa Goma n’uwa Bukavu.