M23 yafashe ibindi bice byingenzi muri Kivu y’Epfo nyuma y’aho ifashe gurupema ya Luciga.
Amagrupema arenga atatu aherereye muri cheferi ya Luhwinja izwiho kuba yibitseho ubutunzi bukomeye bwa mabuye y’agaciro yigaruriwe n’umutwe wa M23 nyuma y’aho ifashe iya Luciga.
Mu rukerera rwo ku itariki ya 06/05/2025, ni bwo abarwanyi b’uyu mutwe wa M23 bafashe grupema ya Luciga, nyuma y’imirwano itari kanganye cyane yabahuzaga n’ingabo z’u ruhande ru rwanirira ubutegetsi bw’i Kinshasa.
Luciga ikaba izwi nk’umutima wa cheferi ya Luhwinja yibitseho ubutunzi kamere ahanini bwa mabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa or n’andi.
Uyu mutwe wafashe iki gice nyuma yuko wari uheruka kubohoza isantire ya Kaziba, iyo amakuru agaragaza ko uyu mutwe kugira ngo uyifate hari nyuma y’imirwano ikomeye yamaze iminsi ibiri iwuhanganishije bikomeye na ririya huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta.
Nyuma y’aho rero ufashe iyi ya Luciga yongeye kwigarurira n’andi magrupema arimo iya Kabalole, Luduha na Idudwe n’utundi duce duherereye muri ibyo bice.
Kuri ubu ho, biravugwa kandi ko aba barwanyi ba AFC/M23 bamaze kugota Localite za Ngando, Chihumba na Kashanga, kuburyo isaha n’isaha bazigarurira, na zo zikaba ari Localite zikungahaye ku mabuye y’agaciro ya zahabu.
Sibyo gusa kuko kandi amakuru akomeza agaragaza ko uyu mutwe ukomeje kuja imbere werekeza mu gice gicukurwamo amabuye y’agaciro na sosiyete y’Abanya-Kanada ya Twangiza Ming, mu birometero bike uvuye muri centre ya grupema ya Luciga.
Tubibutsa ko ibyo bice bimaze kuvugwa haruguru uyu mutwe wa M23 umaze kubohoza, biherereye ku rubibi rwa za teritware ya Walungu, Mwenga na Uvira. Ariko byo biri muri Walungu.