Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

M23 yahawe ubutumire bwo kuja i Luanda muri Angola.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 16, 2025
in Regional Politics
0
M23 yahawe ubutumire bwo kuja i Luanda muri Angola.
99
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

M23 yahawe ubutumire bwo kuja i Luanda muri Angola.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Leta ya Angola yahaye umutwe wa m23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa ubutumire bwo kwitabira imishyikirano bazahuriramo n’iyi Leta barwanya ya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ni bikubiye mu ibaruwa minisitiri w’ubanye n’amahanga wa Angola, Tete Antonio yandikiye perezida w’u mutwe wa m23, Bertrand Bisimwa.

Iyi baruwa irimo ubutumwa bugira buti: “Nyakubahwa nyuma y’amabwiriza ya Joao Lourenco, perezida wa Repubulika ya Angola ndetse na nyuma y’intambwe aheruka gutera mu bubasha bwe nk’umuhuza washyizweho n’umuryango wa Afrika Yunze ubumwe mu rwego rwo kugarura amahoro mu Burasizuba bwa Congo, guverinoma ya Repubulika ya Angola inejejwe no kubatumira ngo muzitabire imishyikirano na Repubulika ya demokarasi ya Congo izabera i Luanda, tariki ya 18/03/2025.”

Iyi mishyikirano uyu mutwe watumiwemo yemejwe nyuma y’aho perezida Felix Tshisekedi agiriye uruzinduko ruto i Luanda, aho yaganiriye na perezida wa Angola bemezanya ko igomba kuba.

Tshisekedi azwiho kuba yari yararahiye arirenza inshuro nyinshi avuga ko atazigera narimwe yicarana kumeza imwe y’ibiganiro n’umutwe wa m23 uwo bahanganye mu Burasizuba bw’iki gihugu cye, ukaba umaze kwigarurira ibice byinshi harimo ko wafashe umujyi wa Goma n’uwa Bukavu muri Kivu zombi, ndetse ukaba ukomeje kwagura ibirindiro byawo muri izi ntara zombi.

Uyu mutwe ku ruhande rwawo, wakunze gutangaza ko wifuza kuganira na Leta y’i Kinshasa, ndetse umuyobozi w’igisirikare cy’uyu mutwe, General Major Sultan Makenga aheruka kubishimangira mu kiganiro yagiranye na Alain Destexhe wabaye senateri mu Bubiligi mu 1995 kugeza mu 2011, ndetse akaba yarabaye n’umunyamabanga w’umuryango w’abaganga batagira umupaka (MSF).

Tags: AngolaImishyikiranoM23Ubutumire
Share40Tweet25Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Maj.Gen.Makenga yagize icyavuga ku mahanga, ku kibuga cy’indege cya Goma, ndetse n’uburyo m23 yubakitse.

Maj.Gen.Makenga yagize icyavuga ku mahanga, ku kibuga cy'indege cya Goma, ndetse n'uburyo m23 yubakitse.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?