M23 yamaganye ingabo z’u Burundi n’iza RDC ziri kwica Abanyamulenge, yongeraho ko ziri kwisuganya kubagabaho ibitero.
Umutwe urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa wa m23 watangaje ko ihuriro ry’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo riri kwisuganya, ngo ribagabeho ibitero kandi ko ribangamiye Abanyamulenge mu Minembwe n’ahandi.
Ni bikubiye mu itangazo umuvugizi w’umutwe wa m23, Lawrence Kanyuka yashyeze hanze ku wa kabiri tariki ya 25/02/2025.
Uyu mutwe wa m23 wavuze ko ufite ibimenyetso simusiga byuko iri huriro ririmo kwisuganya kugira ngo ribagabeho ibitero bikomeye.
Muri iryo tangazo, m23 yagize ati: “Ubutegetsi bw’i Kinshasa n’ihuriro ry’ingabo zabwo ririmo FARDC, FDLR, Wazalendo n’ingabo z’u Burundi, bakomeje gutegura intambara ikomeye. Ibihamya nuko ririmo kongera ingabo by’umwihariko kohereza izo gutanga umusaada, no kohereza ibikoresho n’imitwe y’ingabo byagaragaye mu Kibaya cya Rusizi, Walikale, Masisi na Lubero.”
Muri iryo tangazo kandi, m23 ishinja ihuriro ry’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo kwibasira abasivili rikoresheje drones n’indege z’intambara.
Ivuga ko nko ku wa kabiri ingabo za Leta zarashe mu mihana itandukanye yo mu Minembwe; ibyaciye igikuba mu Baturage. Ivuga kandi ko no mu mujyi wa Uvira ingabo za Leta ya Kinshasa zikomeje kwibasira Abanyamulenge, aho bamwe bari gutabwa muri yombi mu buryo butemewe n’amategeko abandi bakaburirwa irengero ku buryo hari n’abahohoterwa.
M23 yamaganye biriya byaha bihonyora uburenganzira bwa muntu ndetse n’umuryango mpuzamahanga ukomeje kuruca ukarumira ahubwo ugahitamo kubogamira ku ruhande rwa Leta ya Congo.
Uyu mutwe wa m23 wasabye kandi n’abayobozi b’akarere bakomeje gukora iyo bwabaga ngo imirwano ihagarare ndetse hanabeho ibiganiro by’impande zose zirebwa n’ikibazo kiryoza Kinshasa ibikorwa byayo by’ubushotoranyi.
Uyu mutwe wasoje uvuga ko mu gihe umutekano wo muri RDC wakomeza kuzamba, bizaryozwa Leta y’iki gihugu n’ihuriro ry’ingabo zayo.