M23 yavugutiye umuti ihuriro ry’Ingabo za RDC muri kamwe mu duce two muri Masisi
Imirwano hagati y’umutwe wa M23 n’ i huriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo mu gace ka Ndete, ko muri teritware ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, yasize uyu mutwe ukigaruriye.
Iyi mirwano yabaye ku munsi w’ejo ku wa kane, itariki ya 30/10/2025, aho byarangiye uruhande rwa Leta ruyabangiye ingata ruhungira mu bindi bice.
Amakuru aturuka ahaberaga imirwano agaragaza ko uyu mutwe wa M23 wabohoje kariya gace nyuma yo kugaba igitero gitunguranye kuri ririya huriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta rya kagenzuraga.
Aya makuru akomeza avuga ko “usibye kuba M23 yarafashe Ndeta, iyi mirwano yo kuyifata yanasize abarwana ku ruhande rwa Leta babarirwa mu icumi bahitanwe na yo.
Ndeta ni agace gahuriramo inzira zihuza ibice byinshi, gahuza uduce nka Banyungu na Ufahamu ya 2 muri teritware ya Masisi, ni mu gihe kandi gahuza Yungu na Waloa muri teritware Walikale n’utundi duce dutandukanye two muri izo teritware.
M23 gufata aka gace biyiha amahirwe yo gukomeza ikaba yafata n’utundi duce nka Kimua, Ntoto, na Busurungi uduce dusanzwe ari ngenzi muri teritware ya Walikale.






