M23 yigaruriye ikindi gice gikomeye cyo muri Kivu y’Amajyepfo.
Umutwe wa m23 urwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, wigaruriye ikigwa cya i Djwi, ikirwa kinini muri iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Aha’rejo tariki ya 12/03/2025, ni bwo abarwanyi b’uyu mutwe wa m23 bafashe iki gice giherereye ku kiyaga cya Kivu, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.
Nyuma y’aho uyu mutwe ufashe iki kirwa, wahise ukoresha ibiganiro mu gitondo cyo kuri uyu wa kane, ugikorana n’abaturage bagituriye.
Amwe mu mashusho yagiye hanze agaragaza abarwanyi bo muri m23 bahagaze imbere y’ibiro bya teritware ya i Djwi, bari gusaba aba baturage gutekana no kwizera ko bagiye kubona umutekano usesuye.
Abarwanyi b’uyu mutwe bafashe iki gice, nyuma y’imirwano ikomeye yabasakiranyije n’ihuriro ry’ingabo za Congo, iyasize iri huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, izirimo iz’u Burundi, FDLR, FARDC na Wazalendo bayabangiye ingata bakizwa n’amaguru, ubundi m23 iracyigarurira cyose.
M23 kwinjira muri teritware ya i Djwi, bije nyuma y’aho imaze gufata izindi teritware zo muri iyi ntara ya Kivu y’Epfo, harimo iya Walungu, Mwenga, Kalehe, Kabale, ndetse bakaba bamaze no kugira ibice bafashe byo muri teritware ya Uvira n’iya Fizi, kuko uyu mutwe wa m23 ukorana byahafi na Twirwaneho igenzura igice kinini cya teritware ya Fizi.
