• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Maj.Gen.Makenga yagize icyavuga ku mahanga, ku kibuga cy’indege cya Goma, ndetse n’uburyo m23 yubakitse.

minebwenews by minebwenews
March 16, 2025
in Regional Politics
0
Maj.Gen.Makenga yagize icyavuga ku mahanga, ku kibuga cy’indege cya Goma, ndetse n’uburyo m23 yubakitse.
152
SHARES
3.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Maj.Gen.Makenga yagize icyavuga ku mahanga, ku kibuga cy’indege cya Goma, ndetse n’uburyo m23 yubakitse.

You might also like

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Umugaba mukuru w’ingabo z’umutwe wa m23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa, jenerali majoro Sultan Makenga, mukiganiro yagiranye n’Umubiligi cyagarutse ku ngingo zinyuranye z’ibiri kubera mu Burasizuba bwa Congo.

Ni mu kiganiro giheruka kuba muri iki cyumweru, aho Makenga yagikoranye n’uwahoze ari umudepite mu Bubiligi, Alain Destexhe.

Uyu mu Biligi ari mubafashe iya mbere kuva intambara ibera mu Burasizuba bw’iki gihugu yaduka hagati ya m23 n’ingabo z’iki gihugu, aho yagiye agaragaza ko uyu mutwe urwanira impamvu zumvikana ariko ko amahanga atawitaho.

Muri iki kiganiro, Maj.Gen.Makenga yasubije Alain Destexhe ku kibazo yari amubajije niba bifuza ko Monusco yava muri Congo, cyane ko yanagize n’uruhare mu bitero bibarwanya.

Nawe asubiza ati: “Oya, ariko Monusco yahinduye ubutumwa bwayo bwo kubungabunga umutekano, buyisaba kutagira uruhare mu makimbirane. Niba Monusco yaraturasheho, ntabwo dufite umutima wo kwihorera. Intambara n’irangira nta rwango tuzaba dufitiye abaturwanyije.”

Yamubajije icyo bakora kugira ngo bafungure ikibuga cy’indege cya Goma, ngo kuko umuryango w’ubumwe bw’u Burayi wabisabye, undi nawe ati: “Ndabishigikiye ariko FARDC yaracyangije, inatwara ibikoresho byo mu munara wifashishwa mu kugenzura indege, inasiga Imodoka zimwe na zimwe ahantu dukeka ko zitezemo ibisasu. Ubundi kandi inkengero z’iki kibuga cy’indege dukeka ko zitezemo ibisasu. Mujye kwirebera namwe. Ntabwo twagifungura vuba.”

Alain Destexhe yamubajije kandi icyo avuga kubabashinja gufashwa n’u Rwanda.

Nawe ati: “Ubutegetsi bw’i Kinshasa bushaka urwitwazo rw’ibibazo bwateje cyangwa se ibibazo butakemuye. Abanyarwanda baratwumva kandi bagerageza gusobanurira amahanga ikibazo cyacu.”

Yakomeje agira ati: “Ni abavandimwe bacu kandi nabo bamaze igihe bafite umwanzi imbere yabo. Ikindi dufite ibihumbi by’impunzi mu nkambi mu Rwanda zifuza gutaha zigasubira mu gihugu cyazo.”

Yamubajije kandi niba atekereza ko Tshisekedi yatera u Rwanda, maze agira ati: “Yarabyivugiye we ubwe. Icyiyongereyeho, ingabo n’intwaro yari yarashyize i Goma hamwe n’ihuriro ry’ingabo zo mu karere by’umwihariko u Burundi na FDLR, ku bwanjye bigaragaza umugambi we.”

Yamubajije kandi niba FDLR igiteje ikibazo.

Avuga ko uyu mutwe wa FDLR ukorana byahafi n’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo. Kandi ko bagiye bashyirwa hamwe bongererwa n’ubushobozi. Akomeza avuga ko batarwana ngo babatsinde, ariko bashobora kongera kugirira nabi abasivili bari mu bice bitandukanye.

Makenga yanavuze ko hashyize iminsi itatu, bariya barwanyi ba FDLR bishe abaturage 40 mu gace ka Kirumba. Ikindi, Fardc hamwe na FDLR bangiza Pariki y’igihugu ya virunga mu gihe twifuza kuyirinda.

Yamubajije kandi kubijanye n’ibihano bashyiriweho hamwe n’u Rwanda.

Makenga avuga ko biriya ari ukubogama.
Yagize ati: “Ni ukubogama. Ukuri kuzagera aho kwigaragaze. Iyo bishe benewacu, ntawe bihangayikisha, kandi nta bihano bitangwa. Iyo tugize icyo dukora, badufatira ibihano.”

Yamubajije kandi kubijanye n’uko politiki yabo ihagaze n’ibyagisirikare.

Asubiza ko Bertrand Bisimwa ari perezida w’uyu mutwe wa m23 nawe akaba visi perezida, kandi ko ahagarariye n’igisirikare. Yavuze kandi ko bari no mu muryango wagutse wa Alliance Fleuve Congo, kandi ko Nangaa ari we uwuhagarariye.

Yamubajije kandi niba m23 irimo amoko menshi.

Agira ati: “Perezida wacu ni Umushi, umuvugizi wacu ni Umu-Luba, ubwo ko bumwe na Tshisekedi, umuvugizi wacu wungirije ni Umunye-Kongo wo muri Bas-Congo, ariko twifuza kubaka igihugu, ubuyobozi butagendera ku moko cyane ko yangije igihugu cyacu.”

Yamusabye kandi kugira ubutumwa yaha umuryango mpuzamahanga.

Nawe ati: “Urugamba rwacu ni urugamije ukubaho kwacu. Tugamije ko habaho Congo ishyize hamwe, yita ku bibazo by’iterambere n’imiyoberere. Mwabonye uko Abanye-Congo babayeho ntacyo yabagejejeho nakimwe.”

Tags: AmahangaGomaM23Makenga
Share61Tweet38Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana Mu gihe u Burundi bwitegura imyaka ikomeye ya politiki irimo amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2027,...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
AFC/M23 Yashimangiye Ko Itazatezuka ku Rugamba, Ubutumwa Bukomeye Bwerekeza ku Baturage n’Isi Yose

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23 Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Madamu Mathilde Mukantabana, yagaragaje ku mugaragaro aho u Rwanda ruhurira n’ihuriro rya...

Read moreDetails

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yakiriwe na mugenzi we w’u...

Read moreDetails

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yashyize ahagaragara, ku wa Kane tariki...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye ko izakomeza gushyira mu bikorwa ingamba z’ubwirinzi n’umutekano mu gihe umutwe w’iterabwoba wa FDLR utarasenywa...

Read moreDetails
Next Post
U Bubiligi nka nyiribayazana w’ibibazo u Rwanda rwanyuzemo, ni mu magambo akomye yavuzwe na Perezida Kagame.

U Bubiligi nka nyiribayazana w'ibibazo u Rwanda rwanyuzemo, ni mu magambo akomye yavuzwe na Perezida Kagame.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?