• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 12, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

U Bubiligi nka nyiribayazana w’ibibazo u Rwanda rwanyuzemo, ni mu magambo akomye yavuzwe na Perezida Kagame.

minebwenews by minebwenews
March 16, 2025
in World News
0
U Bubiligi nka nyiribayazana w’ibibazo u Rwanda rwanyuzemo, ni mu magambo akomye yavuzwe na Perezida Kagame.
94
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Bubiligi nka nyiribayazana w’ibibazo u Rwanda rwanyuzemo, ni mu magambo akomye yavuzwe na Perezida Kagame.

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame, yihangirije Leta y’u Bubiligi muri iyi minsi ikomeje gutera igihugu cye ibibazo, ayibwira ko Abanyarwanda badashaka na rimwe kuba Ababiligi.

READ ALSO

Perezida Trump yatangaje igihe yizeye ko intambara ya Amerika na Iran izarangirira

OpenAI ivuga ko AI yakemuye ikibazo cy’imibare cyari kimaze imyaka 90 kibera abahanga urujijo

Hari mu kiganiro uyu mukuru w’igihugu yagiranye n’abaturage muri Bk Arena uyu munsi ku cyumweru tariki ya 16/03/2025.

Paul Kagame yatangaje ko amateka mabi u Rwanda rwanyuzemo yagizwemo uruhare n’amahanga, kandi ko n’ubu akomeje kuzonga iki gihugu, ndetse ko u Rwanda ibyago rwagize ari uko rwakolonijwe n’u Bubiligi, ngo kuko rwagize uruhare mukurema ibice mu Banyarwanda.

Yagize ati: “U Bubiligi bwishe u Rwanda mu mateka arenze imyaka 30, rukajya rutugarukaho abasigaye rukabica, twarabihanangirije kuva kera, ariko turaza kubihanagiriza.”

Muri iki kiganiro yihanangirije u Bubiligi bwafashe umukingi wo wo gushishikariza amahanga guhana u Rwanda, rushingiye ku ntambara ikomeje guhanganisha ubutegetsi bwa Congo n’umutwe wa m23.

Yavuze ko u Rwanda ruza guhangana n’u Bubiligi bukareka kubwiruka inyuma no kurukoronga, ko aho bigeze u Bubiligi bugomba gutanga amahoro.

Ati: “Iyi myaka yose turi muri uru rugamba rwo kubaka igihugu, turashaka kuba Abanyarwanda, ntabwo dushaka kuba Ababiligi.”

Avuga ko Abanyarwanda bagomba kuba bo ubwabo, badakwiye gushaka kuba nk’abakolonije u Rwanda, ahubwo bakwiye kubiyuhagira.

Yagize ati: “Muribuka abacu twatakaje, ababigizemo uruhare batari Abanyarwanda, kandi bagize uruhare runini ndetse ruruta urw’Abanyarwanda ni bo abo ngabo n’uyu munsi bakidukurikirana, bakatubuza amahwemo, ndetse banakuziza ko uva ha handi, udapfuye ntukire. Ibyo bakabikuziza kuko wavuye muri wa mwanya bagushyizemo wo kudapfa ntukire, ibyo ukagomba kubyishyura ndetse bagashaka kukwereka ko bagomba kugusubiza aho ngaho.”

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, yavuze ko Ababiligi bagize igihe batesha umutwe u Rwanda, rukabiyama ariko bakavunira ibiti mu matwi.

Kagame ati: “Abanyarwanda ko mwemera Imana, Imana koko yashinze u Rwanda aba bantu?

Mu mwaka wa 2023, nibwo hagati y’u Rwanda n’u Bubiligi hatangiye kuvuka impaka, nyuma y’aho u Bubiligi bwanze ambasaderi wagenwe n’u Rwanda kuruhagararira i Brussel, bwana Vincent Karega.

Nyuma kandi, ubwo m23 yafataga i Bukavu, nyuma yo gufata i Goma, u Bubiligi bwafashe iya mbere mu gushishikariza ibihugu byo mu Burayi gufatira u Rwanda ibihano.

Ibi byatumye u Rwanda mu kwezi kwa kabiri rusohora itangazo rivuga ko ruhagaritse ubufatanye mu iterambere rwagiranaga n’u Bubiligi, rusobanura ko bwahisemo kubogamira kuri Leta y’i Kinshasa.

Tags: ImpakaU BubiligiU Rwanda

Related Posts

Perezida Trump yatangaje igihe yizeye ko intambara ya Amerika na Iran izarangirira
World News

Perezida Trump yatangaje igihe yizeye ko intambara ya Amerika na Iran izarangirira

September 10, 2026
OpenAI ivuga ko AI yakemuye ikibazo cy’imibare cyari kimaze imyaka 90 kibera abahanga urujijo
World News

OpenAI ivuga ko AI yakemuye ikibazo cy’imibare cyari kimaze imyaka 90 kibera abahanga urujijo

September 10, 2026
Abanyamahanga bakora ubucuruzi buciriritse muri Kenya bajyanye Leta mu nkiko
World News

Abanyamahanga bakora ubucuruzi buciriritse muri Kenya bajyanye Leta mu nkiko

September 9, 2026
U Bwongereza na Israel mu ntambara ikomeye ya dipolomasi: Londoni yafashe ingamba kuri West Bank, Yeruzalemu isubiza ifunga Konsila y’u Bwongereza
World News

U Bwongereza na Israel mu ntambara ikomeye ya dipolomasi: Londoni yafashe ingamba kuri West Bank, Yeruzalemu isubiza ifunga Konsila y’u Bwongereza

September 9, 2026
Intambara hagati ya Washington na Tehran yinjiye mu kindi cyiciro gikomeye
World News

Intambara hagati ya Washington na Tehran yinjiye mu kindi cyiciro gikomeye

September 6, 2026
RDC–Israel: Perezida Herzog yasezeranyije gufasha Tshisekedi, mu Burasirazuba abaturage basaba ko ubufasha butazongera intambara
World News

RDC : Une décision majeure, l’ambassade en Israël sera transférée à Jérusalem

September 4, 2026
Next Post
Inama y’ibihugu bihuriye muri G7, yafatiwemo imyanzuro ikakaye kuri m23.

Inama y'ibihugu bihuriye muri G7, yafatiwemo imyanzuro ikakaye kuri m23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • C64 Igiye Kugaragariza Kinshasa Imbaraga mu Myigaragambyo yo Kurengera Itegeko Nshinga
  • MWENGA: Radio Community de Mwenga Yatewe, Ibikoresho Birasahurwa n’Ibiganiro Birahagarara
  • Abantu 26 Bahitanywe n’Inkongi i Bukavu: AFC/M23 Itangaje Iminsi 3 y’Icyunamo
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?