Major Gen. Sylvain Ekenge Yarezwe mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha
Imiryango ihagarariye Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi yagejeje ikirego ku Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, isaba ko uwahoze ari Umuvugizi w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), Major General Sylvain Ekenge, akurikiranwa ku byaha bikekwa ko bifitanye isano no gukwirakwiza imvugo zibasira abo mu bwoko bw’Abatutsi.
Iki kirego cyashyikirijwe Ubushinjacyaha bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rufite icyicaro i La Haye mu Buholandi, tariki ya 17/02/2026, n’umunyamategeko wunganira aba Banye-Congo, Bernard Maingain. Uyu munyamategeko agaragaza ko amagambo yatangajwe na Gen Maj Ekenge ashobora kuba yaragize uruhare mu gukurura urwango rushingiye ku bwoko, bityo akagira ingaruka zikomeye ku mutekano n’uburenganzira bw’Abatutsi batuye muri RDC.
Mu kwezi kwa cumi nabiri 2025, Gen Maj Ekenge yagaragaye kuri televiziyo ya Leta ya RDC, Radiotélévision nationale congolaise (RTNC), aho yatangaje amagambo asaba Abanye-Congo kwirinda gushakana n’Abatutsikazi, avuga ko badakwiye kubyara n’abo badahuje ubwoko. Aya magambo yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru bitandukanye, maze atera impaka n’amagambo akomeye yo kuyamagana haba imbere mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga.
Nyuma y’iyo mvugo, Gen Maj Ekenge yahagaritswe by’agateganyo ku mwanya w’Umuvugizi wa FARDC, mu gihe iperereza ry’imbere mu gihugu ryari rikomeje.
Imiryango yatanze ikirego ivuga ko amagambo nk’aya atari aya mbere, ahubwo asanga ari mu murongo w’imvugo zimaze igihe zigaragara muri RDC zibasira Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi, cyane cyane mu bihe by’umutekano muke mu burasirazuba bw’igihugu.
Uyu munyamategeko Maingain agaragaza ko bamwe mu bavuga imvugo zibiba urwango bashobora kuba bashyigikiwe n’abari mu buyobozi bukuru bw’igihugu, harimo n’Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya, ndetse bamwe muri bo bakaba baranakiriwe n’Umukuru w’Igihugu, Félix Tshisekedi.
Avuga ko ibi bituma bigorana ko ubutabera bwo muri RDC bwigenga bukurikirana bene ibi birego, nubwo amategeko y’imbere mu gihugu ateganya guhana imvugo zibiba urwango n’ibikorwa ry’ivangura, ariko ntibyubahirizwa.
Maingain yibukije ko mu mwaka wa 2020, hari haratanzwe ikindi kirego imbere mu nzego z’ubutabera za RDC kigaragaza ukwiyongera kw’imvugo zibiba urwango zibasira Abatutsi. Icyo gihe, nk’uko abivuga, hatanzwe ibimenyetso bifatika, ariko dosiye ntiyigeze ikurikiranwa mu buryo bufatika.
Mu ibaruwa yagejeje ku Bushinjacyaha bwa ICC, yagaragaje ko kuba inzego z’igihugu zitarakurikiranye icyo kirego ari kimwe mu byatumye hitabazwa ubutabera mpuzamahanga, hashingiwe ku ihame ry’“ubusumbane bw’ubutabera” (complementarity), aho ICC ishobora gukurikirana dosiye mu gihe bigaragaye ko igihugu bireba kitayikurikiranye uko bikwiye.
Iyo Ubushinjacyaha bwa ICC bwakiriye ikirego, bubanza gusuzuma niba gifite ishingiro hashingiwe ku bimenyetso byatanzwe, bukareba niba icyaha kivugwa kiri mu bubasha bw’urwo rukiko, kandi niba igihugu cyabereyemo icyaha kitagaragaza ubushake cyangwa ubushobozi bwo kugikurikirana.
Nibwo bushobora gutangiza iperereza ryimbitse, hanyuma hagategurwa dosiye ishobora kugezwa imbere y’abacamanza ba ICC kugira ngo hafatwe icyemezo ku ikurikiranwa ry’uregwa.
Iyi dosiye ishobora kugira ingaruka zikomeye ku mubano w’amoko n’umutekano muri RDC, cyane cyane mu gihe igihugu gikomeje guhura n’ibibazo by’umutekano muke mu burasirazuba. Abasesenguzi bavuga ko gukurikirana cyangwa kudakurikirana iki kirego bishobora kuba ikimenyetso gikomeye ku rwego rw’ubushake bwa Leta ya RDC mu kurwanya imvugo zibiba urwango no kubungabunga ubumwe bw’igihugu.
Ku rundi ruhande, abafite aho bahuriye n’uregwa bashimangira ko hakwiye kubaho iperereza ryimbitse kandi riboneye, ridashingira ku gitutu cya politiki, kugira ngo ukuri kugaragare kandi ubutabera bukorwe mu mucyo.
Mu gihe Ubushinjacyaha bwa ICC butaratangaza niba bwatangiye iperereza ryimbitse kuri iki kirego, amaso y’abatari bake akomeje kureba i La Haye, aho hazafatirwa icyemezo gishobora kugira ingaruka zikomeye ku mateka ya politiki n’ubutabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.





