• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 21, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 21, 2025
in Regional Politics
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda
90
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda

You might also like

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n’abagabo, bavuye mu gice kizwi nk’i Rukombe binjira igisirikare cy’umutwe wa FDL warwanyaga ubutegetsi bwa perezida Mobutu, wanaje no kumuhirika ku butegetsi. Muri bo harimo n’abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda yo mu mwaka wa 1990.

Rukombe nk’uko bizwi n’igice giherereye mu majy’Epfo ya Minembwe, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, kigizwe n’uduce tubiri, aka Nyabibuye na Bereshi.

Utu duce twombi twahoze dutuwe cyane n’Abanyamulenge kuva mu mwaka wa 1960 na mbere yaho, ariko tuza gusenywa n’ibitero bya Mai Mai ahagana mu mwaka wa 1997.

Ubwo umutwe witwaje intwaro wa AFDL warushigikiwe n’u Rwanda wuburaga imirwano yo guhirika ubutegetsi bwa Mobutu mu mwaka wa 1996, abo muri icyo gice cya Rukombe bafashe iya mbere mu ku wushyigikira, kugeza ubwo bawiyuzenzeho. Abasore n’abagabo binjira igisirikare cyawo barwanya ubutegetsi bwariho icyo gihe baranabuhirika.

Umwe mu binjiye igisirikare icyo gihe, Notable Ntaremerwa yaduhaye ubuhamya avuga ko “Abanya-Rukombe binjiye igisirikare mu byiciro bitandukanye.”

Ni mu gihe icyiciro cya mbere kigizwe n’abinjiye igisirikare cy’inkotanyi, ubwo zavaga Uganda zigatera u Rwanda.

Avuga ko cyarimo uwitwa Berekiya Bakuru na Colonel Byinshi Gakunzi. Anahamya ko binjiriye i Nakivale muri Uganda, mu mwaka wa 1991.

Mu binjiriye i Rwanda yavuzemo Bukuru Ruhaguruka, Ndori Ntaremerwa, Kanyange Nkomezi, Gaherezi Mupenda, Musore Bakuru na Mukiza Kalinga. Muri aba avuga ko bamwe bakoreye ikosi i Gako, mu gihe abandi bayikoreye i Gabiro mu mwaka wa 1994.

Naho icyiciro cyabarimo Semahoro Buhoko, Rugaza Rukimura, Gerezavazi Kababu na Nshizirungu Bahungu, avuga ko bo bakoreye imyitozo ya gisirikare ahitwa mu Marungu mu mwaka wa 1996.

Hakaba kandi abigiye mu Muzinda hagati mu mwaka wa 196, barimo Notable Ntaremerwa ari na we waduhaye aya mateka, Rukumbuzi Muyehe, Kimararungu Nyundo, Mafeza Rukamirwa, Mutabazi Ribakare na Rumenge Nkongi.

Mu gihe abakoreye ikosi mu Kidoti bo barimo Kadoni Kagurumoya, Gikwerere Gatema, Basenga Musabwa, Muhabwantebe Juju, Byiringiro Rwigina na Mutware Ribakare.

Naho abigiye kuri Nyabibuye bakaba na bo barimo Muheto Bahanda, Munyurwe Musafiri, Mugaza Rwigina, Gakunzi Bijanda, Rukema Mberege, Kabereshi Muhizi, Nsabigaba Bahungu, Nsabumukiza, Mahungo, Mbingu Rubaza, Mucyo Yoheri na Mugiraneza Kanogerezo.

Yakomeje agaragaza ko muri aba harimo n’abatabarukiye ku rugamba barimo rwo kubohora igihugu. Avugamo Muheto, Kadoni na Rukumbuzi baguye i Lumbushi mu mwaka wa 1998, Mutabazi watabarukiye i Baraka, Mutware na we waguye i Kisangani hamwe na Gikwerere ndetse na Byiringiro.
Avugamo kandi na Kimararungu waguye Muturambo mu mwaka wa 2002.

Yanavuze kandi ko nyuma y’intambara ya AFDL n’iya RCD abenshi muri aba bakivuyemo, abo barimo Notable, Kabereshi, Rukema, Nshizirungu, Semahoro, Mafeza, Muhabwantebe, Gerevazi, Basenga. Musore, Kanyange, Mugiraneza, Mugaza n’abandi.

Kuva Nyabibuye na Bereshi bisenywe mu mwaka wa 1997, kugeza ubu ntibirongera kubakwa.

Bikaba bizwi ko byari bituwe n’abantu benshi, kuko nk’umuhana wa Nyabibuye wari umwe mu mihana minini izwi i Mulenge hose.

Ku rundi ruhande, abaho bagira isezerano ko bazongera kuhubaka, bakahatura kandi. Reka tubiharire Imana.

Tags: AbanyamulengeAbinjiye igisirikareRukombe
Share36Tweet23Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi avuga ko perezida w'iki gihugu Evariste Ndayishimiye, yategetse imbonerakure...

Read moreDetails

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho Leta Zunze ubumwe z'Amerika zashimye umwanzuro wafatiwe mu biganiro by'i Doha muri Qatar wo guhagarika imirwano hagati y'Ingabo...

Read moreDetails
Next Post
Iby’ifoto ya Tshisekedi yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

Iby'ifoto ya Tshisekedi yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?