Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Menya ibyo EU yatangaje ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 4, 2024
in Regional Politics
0
Menya ibyo EU yatangaje ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Menya ibyo EU yatangaje ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni byatangajwe na Amabasaderi w’umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi, muri RDC, Nikolas Berlanga Martinez, aho yabwiye ubutegetsi bwa Kinshasa ko urufunguzo rwo kurangiza intambara iri hagati y’Ingabo z’iki gihugu n’umutwe wa M23 ruri mu biganza byabo.

Ibi yabitangaje kuri uyu wa 02/09/2024 mu ruzinduko rw’akazi mu mujyi wa Goma, nyuma y’ibiganiro yagiranye na guverineri wa gisirikare w’intara ya Kivu Yaruguru, Major Gen Peter Cirumwami Nkuba.

Mu ijambo rye, Amabasaderi Berlanga yavuze ko “urufunguzo rwo kurangiza intambara hagati ya RDC n’umutwe wa M23, ruri mu biganza by’abayobozi b’iki gihugu n’abaturage bacyo.

Yagize ati: “Si umuryango w’u Burayi ufite urufunguzo rw’umuti w’iki kibazo. Urufunguzo ruri mu biganza byanyu, Abanyekongo, abayobozi banyu.”

Yanavuze kandi ko n’abayobozi bo mu karere bagira uruhare mu guhagarika urusaku rw’imbunda ruri mu gihugu cyanyu.

Avuga ko EU ishigikira ibiganiro byo kugarura amahoro ndetse itanga arenga miliyoni 100 z’amayero buri mwaka mu ntara ya Kivu Yaruguru kugira ngo ifashe abaturage bakuwe mu byabo n’intambara.

Yavuze ko ibi bidahagije kandi ko RDC idakwiye kwiringira ko ubushake bw’umuryango w’ubumwe bw’u Burayi ari bwo buzarangiza intambara ikomeje gutwara ubuzima bw’abaturage no kubakura mu byabo.

Ni mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa budahwema gutera utwatsi ibyo kuganira n’umutwe wa M23, usaba ibiganiro by’amahoro kugira ngo umutekano ugaruke mu Burasirazuba bw’iki gihugu.

Tshisekedi Tshilombo, perezida w’iki gihugu avuga ko icyo M23 ikwiye gukora ari uguhagarika imirwano, kuva mu bice byose igenzura no kujya mu nkambi yagateganyo yateganyijwe mbere y’uko abarwanyi bayo basubira mu buzima busanzwe.

Congo imaze iminsi ishinja u Rwanda gushyigikira M23 nubwo rwo rwagiye rubihakana, rugaragaza ko ari ibibazo by’imbere muri politiki ya Congo, ahubwo rugashinja icyo gihugu gukorana n’umutwe wa FDLR.

U Rwanda ntiruhwema kugaragaza impungenge ku mutekano warwo rushingiye ku ikaze Guverinoma ya Congo yahaye umutwe w’iterabwoba wa FDLR kugeza ubwo winjijwe mu gisirikare cy’igihugu ngo ujye kurwanya M23.

               MCN.
Tags: EURdc
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Havuzwe ibikekwa k’uburozi bwa tahuwe mu biro bya minisitiri w’ubutabera muri RDC.

Havuzwe ibikekwa k'uburozi bwa tahuwe mu biro bya minisitiri w'ubutabera muri RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?