• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Menya ibyimbitse ku biganiro biheruka byo guhindura itegeko nshinga rya RDC.

minebwenews by minebwenews
November 27, 2024
in Regional Politics
0
Menya ibyimbitse ku biganiro biheruka byo guhindura itegeko nshinga rya RDC.
81
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Menya ibyimbitse ku biganiro biheruka byo guhindura itegeko nshinga rya RDC.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Amashyaka ahuriye mu ihuriro rya Union Sacrée ibarizwamo na UDPS ya perezida Félix Tshisekedi, aheruka mu biganiro bigamije kumenya niba yashyigikira umushinga wa Tshisekedi wo kuvugurura itegeko nshinga.

Iri huriro rya Union Sacrée ryashyinzwe mu mwaka w’2020, rishyingwa na perezida Félix Tshisekedi nyuma yo gusesa amasezerano yo gusaranganya imyanya y’ubuyobozi ihuriro CACH ryari ryaragiranye na FCC yo kwa Joseph Kabila.

Abadepite n’abasenateri bahagarariye ishyaka rya UDPS rya perezida Félix Tshisekedi mu nteko ishinga amategeko ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, baherutse guhurira mu nama tariki ya 23/11/2024, bafata umwanzuro wo gushyigikira uyu mushinga.

Itangazo ry’iki cyemezo ryasomwe na depite Patrick Matata Makalamba, rigira riti: “Dushingiye ku nenge ziri mu itegeko nshinga, turisanishije n’ubusugire bw’ubutaka bwacu ndetse n’imikorere y’inzego zacu, twese dufashe icyemezo cyo gushyigikira umukuru w’igihugu.”

Byanatangajwe ko ishyaka rya UNC rya perezida w’inteko ishinga mategeko, Vital Kamerhe, ryirinze gufata umwanzuro wo gushyigikira uyu mushinga, abayoboke baryo babanza kuganira kugira ngo bemeranye ku ruhande bagomba guhagararaho ariko ntibarafata umwanzuro.

Ishyaka rya MLC rya minisitiri w’ubwikorezi, Jean Pierre Bemba, na ryo ryirinze gufata icyemezo cyo gushyigikira uyu mushinga, ritegura ibiganiro bihuza abayoboke baryo.

Bemba yanasabye abayoboke b’ishyaka rye, gutekereza byimbitse kuri uyu mushinga, hanyuma bagashyikiriza ubuyobozi bw’iri shyaka ibitekerezo by’uko bawumva.

Mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa, barimo Martin Fayulu w’ishyaka rya ECIDE, Moïse Katumbi wa Ensemble na Delly Sesanga wa Nouvel Elan, biyemeje guhuza imbaraga, bakarwanya uyu mushinga.

Aba barwanya uyu mushinga, banagaragaza ko ugamije kongera manda z’umukuru w’igihugu, ku buryo ushobora gutuma perezida Félix Tshisekedi akomeza kuyobora RDC nyuma yo kurangiza manda ya gatatu, kandi bahamya ko yananiwe kuyobora iki gihugu.

Kuva mu kwezi kwa Cumi uyu mwaka, perezida Félix Tshisekedi yakomeje kuzenguruka mu Ntara zitandukanye zigize iki gihugu, asobanura ibyiza byo kuvugurura itegeko nshinga agahamya ko ryandikiwe mu mahanga, ryandikwa n’abanyamahanga, bityo ko rikwiye guhindurwa.

Tags: IbyimbitseItegeko nshingaRdcUnion Sacrée
Share32Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post

U Burusiya bwarahiriye kwihorera kuri Ukraine yongeye kuyirasisha ibibunda bikaze.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?