• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, September 7, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Menya ibyo perezida Paul Kagame yaganiriye na perezida João Lourenço kuri telefone.

minebwenews by minebwenews
November 29, 2024
in Regional Politics
0
Menya ibyo perezida Paul Kagame yaganiriye na perezida João Lourenço kuri telefone.
91
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Menya ibyo perezida Paul Kagame yaganiriye na perezida João Lourenço kuri telefone.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Umukuru w’igihugu cya Angola João Lourenço, ku wa 28/11/2024, yahamagaye kuri telefone perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, baganira ku bibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ndetse n’umubano w’icyo gihugu n’u Rwanda.

Ikiganiro cyaba bakuru b’ibihugu byombi, Angola n’u Rwanda, cyabaye nyuma yuko ku wa gatanu perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yari yaganiriye na perezida wa Angola.

João Lourenço asanzwe ari umuhuza washyizweho n’umuryango wa Afrika y’unze Ubumwe ku makimbirane ari hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa.

Ibiro bya perezida wa Repubulika ya Angola, byatangaje ko “João Lourenço yahamagaye umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame ku gicamunsi cyo ku wa kane baganira ku bibazo byinshi birimo n’umutekano w’u Burasirazuba bwa RDC,” iyi akaba ari indi ntambwe itewe nyuma yo kwemeza inyandiko y’ibikorwa bya gisirikare yitezweho kugira uruhare rukomeye mu guhashya imitwe y’itwaje imbunda mu Burasirazuba bwa RDC.”

Iyo nyandiko yemejwe na ba minisitiri b’ubanye n’amahanga b’u Rwanda na Congo Kinshasa yateguwe ku bufasha bwa perezida João Lourenço nk’umuhuza, ikubiyemo imbaraga zihujwe zo guhashya umutwe w’iterabwoba wa FDLR ubangamiye umutekano wa RDC n’uw’u Rwanda.

Ni nyandiko kandi igaragaza umushinga ufite ibyiciro bine by’ingenzi, aho icya mbere ari ugusesegura ingaruka za FDLR ku bihugu byombi ndetse no kumenya ibirindiro byazo, naho uwo mutwe ukura ibikoresho n’ubufasha.

Icyiciro cya kabiri kizaba icyo guhashya burundu uwo mutwe wa FDLR n’abambari bawo bose, nubwo hari ibimenyetso byagiye bigaragara ko hari abagiye bivanga mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC).

Icyiciro cya gatatu kizaba icy’isuzuma rihuriweho n’u Rwanda, RDC na Angola ku ntambwe imaze guterwa mu guhashya uyu mutwe.

Icyiciro cya kane kizaba icyo kugarura ituze mu bice byari byarazahajwe na FDLR kizajyana no gusubiza mu buzima busanzwe abari abarwanyi b’uwo mutwe, ari na ho hazakurikiraho kongera gusubukura umubano uzira amakemwa hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa.

U Rwanda ruhamya ko rufite inyungu ihambaye mu kugarura amahoro n’umutekano mu Burasirazuba bwa RDC, ariko rukagaragaza impungenge z’umutwe w’iterabwoba wa FDLR washyinzwe n’abasize bakoze jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Muri iki Cyumweru kandi perezida João Lourenço yari yakiriye intumwa yihariye ya perezida Tshisekedi, Sumbu Sita Mambu, baganira ku rugendo rw’amasezerano ya Luanda.

Nubwo hari imbaraga zikomeje gushyirwa mu rwego rwa dipolomasi, umutekano ukomeje kuzamba muri RDC, by’umwihariko mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajy’epfo, aho Abatutsi bakomeje kwibasirwa n’ibitero bikomeye bagabwaho n’ingabo za RDC zifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo n’interahamwe.

Tags: AngolaRdcRwandaUmutekano
Share36Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Putin yategetse igisirikare cye gutegura bya bibunda byorimbura Isi.

Perezida Putin yategetse igisirikare cye gutegura bya bibunda byorimbura Isi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?