• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Menya ibyo perezida Paul Kagame yaganiriye na perezida João Lourenço kuri telefone.

minebwenews by minebwenews
November 29, 2024
in Regional Politics
0
Menya ibyo perezida Paul Kagame yaganiriye na perezida João Lourenço kuri telefone.
91
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Menya ibyo perezida Paul Kagame yaganiriye na perezida João Lourenço kuri telefone.

You might also like

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Umukuru w’igihugu cya Angola João Lourenço, ku wa 28/11/2024, yahamagaye kuri telefone perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, baganira ku bibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ndetse n’umubano w’icyo gihugu n’u Rwanda.

Ikiganiro cyaba bakuru b’ibihugu byombi, Angola n’u Rwanda, cyabaye nyuma yuko ku wa gatanu perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yari yaganiriye na perezida wa Angola.

João Lourenço asanzwe ari umuhuza washyizweho n’umuryango wa Afrika y’unze Ubumwe ku makimbirane ari hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa.

Ibiro bya perezida wa Repubulika ya Angola, byatangaje ko “João Lourenço yahamagaye umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame ku gicamunsi cyo ku wa kane baganira ku bibazo byinshi birimo n’umutekano w’u Burasirazuba bwa RDC,” iyi akaba ari indi ntambwe itewe nyuma yo kwemeza inyandiko y’ibikorwa bya gisirikare yitezweho kugira uruhare rukomeye mu guhashya imitwe y’itwaje imbunda mu Burasirazuba bwa RDC.”

Iyo nyandiko yemejwe na ba minisitiri b’ubanye n’amahanga b’u Rwanda na Congo Kinshasa yateguwe ku bufasha bwa perezida João Lourenço nk’umuhuza, ikubiyemo imbaraga zihujwe zo guhashya umutwe w’iterabwoba wa FDLR ubangamiye umutekano wa RDC n’uw’u Rwanda.

Ni nyandiko kandi igaragaza umushinga ufite ibyiciro bine by’ingenzi, aho icya mbere ari ugusesegura ingaruka za FDLR ku bihugu byombi ndetse no kumenya ibirindiro byazo, naho uwo mutwe ukura ibikoresho n’ubufasha.

Icyiciro cya kabiri kizaba icyo guhashya burundu uwo mutwe wa FDLR n’abambari bawo bose, nubwo hari ibimenyetso byagiye bigaragara ko hari abagiye bivanga mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC).

Icyiciro cya gatatu kizaba icy’isuzuma rihuriweho n’u Rwanda, RDC na Angola ku ntambwe imaze guterwa mu guhashya uyu mutwe.

Icyiciro cya kane kizaba icyo kugarura ituze mu bice byari byarazahajwe na FDLR kizajyana no gusubiza mu buzima busanzwe abari abarwanyi b’uwo mutwe, ari na ho hazakurikiraho kongera gusubukura umubano uzira amakemwa hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa.

U Rwanda ruhamya ko rufite inyungu ihambaye mu kugarura amahoro n’umutekano mu Burasirazuba bwa RDC, ariko rukagaragaza impungenge z’umutwe w’iterabwoba wa FDLR washyinzwe n’abasize bakoze jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Muri iki Cyumweru kandi perezida João Lourenço yari yakiriye intumwa yihariye ya perezida Tshisekedi, Sumbu Sita Mambu, baganira ku rugendo rw’amasezerano ya Luanda.

Nubwo hari imbaraga zikomeje gushyirwa mu rwego rwa dipolomasi, umutekano ukomeje kuzamba muri RDC, by’umwihariko mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajy’epfo, aho Abatutsi bakomeje kwibasirwa n’ibitero bikomeye bagabwaho n’ingabo za RDC zifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo n’interahamwe.

Tags: AngolaRdcRwandaUmutekano
Share36Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana Mu gihe u Burundi bwitegura imyaka ikomeye ya politiki irimo amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2027,...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
AFC/M23 Yashimangiye Ko Itazatezuka ku Rugamba, Ubutumwa Bukomeye Bwerekeza ku Baturage n’Isi Yose

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23 Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Madamu Mathilde Mukantabana, yagaragaje ku mugaragaro aho u Rwanda ruhurira n’ihuriro rya...

Read moreDetails

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yakiriwe na mugenzi we w’u...

Read moreDetails

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yashyize ahagaragara, ku wa Kane tariki...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye ko izakomeza gushyira mu bikorwa ingamba z’ubwirinzi n’umutekano mu gihe umutwe w’iterabwoba wa FDLR utarasenywa...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Putin yategetse igisirikare cye gutegura bya bibunda byorimbura Isi.

Perezida Putin yategetse igisirikare cye gutegura bya bibunda byorimbura Isi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?