• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mibunda: Imirwano itaravuzwe hagati ya Red-Tabara n’ingabo z’u Burundi.

minebwenews by minebwenews
January 28, 2025
in Regional Politics
0
Mibunda: Imirwano itaravuzwe hagati ya Red-Tabara n’ingabo z’u Burundi.
123
SHARES
3.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mibunda: Imirwano itaravuzwe hagati ya Red-Tabara n’ingabo z’u Burundi.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Umutwe witwaje intwaro urwanya Leta ya Gitega wa Red-Tabara, uheruka kugaba igitero gikomeye mu birindiro by’ingabo z’u Burundi zo mu mutwe wa TAFOC n’ibya Maï-Maï iyobowe na Gen Hamuri Yakutumba biherereye i Tabunde mu Mibunda muri teritware ya Mwenga mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Ni mu mpera z’i cyumweru gishize ni bwo Red-Tabara yagabye kiriya gitero ikigaba ahitwa i Tabunde hazwi nko mu Mibunda muri Secteur ya Itombwe, aha hakaba hari ikambi y’igisikare cy’u Burundi na Wazalendo iyobowe na Jenerali Hamuri Yakutumba.

Nk’uko abaturiye ibyo bice babibwiye Minembwe.com, iki gitero cyaguyemo abo ku ruhande rw’u Burundi na Maï-Maï babarirwa 18 harimo n’abandi imirongo bakomeretse.

Bavuga ko abakomeretse bahise bajanwa ku bitaro bikuru bya Mikenke biherereye hafi n’umuhana munini w’Ababembe uba muri aka gace.

Ikindi kandi nuko ibyo birindiro by’ingabo z’u Burundi na Maï-Maï byari i Tabunde nyuma y’aho bigabweho igitero zikabihunga, abarwanyi b’uyu mutwe wa Red-Tabara bahise babiha inkongi y’umuriro, ubundi birashya birakongoka, nk’uko aya makuru akomeza abivuga.

Abaturage baturiye utwo duce, byavuzwe ko amatungo yabo arimo ihene, inkoko n’intama yahise anyagwa, kandi bikavugwa ko yanyazwe n’abarwanyi ba General Hamuri Yakutumba.
Gusa nta mubare wayo wavuzwe.

Iki gitero cya Red-Tabara muri Mibunda kibaye ku nshuro igira gatanu mu gihe kitarenze igihe cy’amezi atatu gusa.

Ni mu gihe mu kwezi kwa Cumi n’abiri ku mwaka ushize wa 2024, uyu mutwe wa Red-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi wakugabyemo ibitero byikurikiranyije inshuro zitatu. Ibyo bitero nabyo wagiye ubigaba ku nyeshamba z’uyu mutwe wa Maï-Maï ubundi ukabigaba aha herereye ingabo z’u Burundi zo mu itsinda rya TAFOC zisanzwe zikorana byahafi n’i nyeshamba za Maï-Maï na FDLR ndetse na FARDC.

Ni ibitero byahitanye ubuzima bw’ingabo z’u Burundi nyinshi, harimo ko byaguyemo n’abafite amapeti ya Colonel, nk’uko uyu mutwe wa Red-Tabara wabyigabye umwaka ushize.

Mu kwezi kwa Cumi n’umwe naho, Red-Tabara yakugabyemo ibitero bikomeye. Ariko igaba ibyo bitero yamara kwirukana Maï-Maï n’ingabo z’u Burundi ikongera igasubira mu ishyamba.

Tags: Maï MaïMibundaRed-TabaraTabunde
Share49Tweet31Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Haravugwa icyatumye Tshisekedi yanga kwitaba inama ya EAC iyo bita idasanzwe.

Haravugwa icyatumye Tshisekedi yanga kwitaba inama ya EAC iyo bita idasanzwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?