MINEMBWE: Abaturage Bahinyuje Amakuru Avuga ku Ifatwa rya Kalingi na Bilalombili
Umwe mu baturage batuye mu misozi ya Minembwe yasabye ikinyamakuru Minembwe Capital News kunyomoza amakuru akomeje gukwirakwizwa n’ibitangazamakuru bivugwaho gukorana bya hafi n’ubutegetsi bwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko ingabo za Leta zirimo FARDC, Wazalendo, ingabo z’u Burundi ndetse n’umutwe wa FDLR zaba zarirukanye umutwe wa MRDP-Twirwaneho mu bice bya Kalingi, Bidegu, Bilalombili na Kalongi.
Uyu muturage, wasabye ko amazina ye agirwa ibanga ku mpamvu z’umutekano, yavuze ko ayo makuru atari ukuri, anasaba itangazamakuru ryigenga kuyanyomoza kugira ngo hatabaho kuyobya rubanda ku myemerere nyayo iri mu bice by’imirwano.
Yagize ati:
“Ndasaba Minembwe Capital News kubeshyuza ibinyamakuru bikomeje kuyobya abantu bivuga ko ingabo za Leta zafashe Bidegu, Kalingi, Kalongi na Bilalombili. Ibyo ni ibinyoma; FARDC n’abafatanyabikorwa bayo ntibafashe ibyo bice.”
Yakomeje asobanura ko ku wa Kane tariki ya 19/02/2026, habaye imirwano ikomeye hagati y’impande zihanganye mu gace ka Mutunda, hakurya y’umugezi wa Rwiko. Iyi mirwano yatumye abaturage batuye mu nkengero za Kalingi na Bidegu bahunga ingo zabo, bitewe n’uko aho imirwano yabereye ari hafi y’utwo duce.
Amakuru atangwa n’abo baturage agaragaza ko ibisasu byarashwe n’ingabo za Leta byaguye mu duce dutuwemo n’abasivili, by’umwihariko mu ngo ziri hafi y’itorero rya 8ème CEPAC riyoborwa na Reverend Mugenza Gatabana. Ibyo bisasu kandi byakomeje kugaragara mu bice bya Bidegu, Bilalombili n’ahandi hatuwe cyane.
Uyu muturage yemeza ko nubwo ingabo za Leta zegereye uduce twa Kalingi, utu duce tugikomeje kugenzurwa n’umutwe wa MRDP-Twirwaneho, ndetse ko na Bidegu, Kalongi na Bilalombili bikiri mu maboko yawo kugeza ubu.
Ibi bibaye mu gihe imirwano ikomeje gufata indi ntera mu bice bitandukanye bya Minembwe na Mikenke, aho uruhande rufasha Leta rushinjwa gukoresha intwaro ziremereye zirimo indege zitagira abapilote (drones), kajugujugu z’intambara ndetse n’indege z’intambara zo mu bwoko bwa Sukhoi-25 mu kugaba ibitero.
Ibi bikorwa bivugwa ko biri kuba mu gihe Leta y’i Kinshasa yari yemeye gahunda y’agahenge mu rwego rwo guha umwanya ibiganiro by’amahoro, ibintu abaturage bavuga ko bitubahirizwa ku rugamba.
Abaturage batuye muri utu duce twibasiwe n’imirwano bakomeje gusaba ubutabazi bwihuse, bagaragaza impungenge z’umutekano muke n’ingaruka z’ibikorwa bya gisirikare bikomeje kubagiraho ingaruka zirimo guhunga, kubura aho bikinga ndetse n’ibyangiritse ku mitungo yabo.





