Minisitiri w’intebe wa Senegal arashinja ubutegetsi bw’u Bufaransa kuvogera ubusugire bw’igihugu cye.
Ni mu kiganiro minisitiri w’intebe wa Senegal, Ousmane Sonko yakoreye kuri kaminuza y’i Dacar ku murwa mukuru w’i Gihugu cya Senegal. Iki kiganiro cyabaye ku munsi w’ejo hashize tariki ya 17/05/2024.
Ibyo biganiro byari bifite insanganyamatsiko ireba ku migenderanire y’u Bufaransa n’ibihugu byo muri Afrika.
Ibi biganiro byari byitabiriwe n’abantu benshi babarirwa mu magana barimo n’abanyeshuri ndetse n’abategetsi bakomeye bo muri icyo gihugu.
Muri ibyo biganiro minisitiri w’intebe wa Senegal, Ousmane Sonko yanenze u Bufaransa n’ibihugu by’i Buraya atarya umunwa, avuga ko ibi bihugu byakoranye na Macky Sall uheruka kuva ku butegetsi.
Sonko yashinje perezida Emmanuel Macron kuba yaragize uruhare mucyo yise itotezwa Sonko n’abo bari basangiye urugamba bakorewe, yagize ati: “Nta munsi narimwe muzumva leta y’u Bufaransa yamagana ibyabaye. Perezida Macron yakiriye Macky Sall, aranamushimira ku bikorwa byiwe. Ibi byose yabikoze azi neza ko turi guhohoterwa. Mbifata nko gutera intege ihohoterwa no kubangamira Abanyagihugu ba Senegal. Za leta ninshi zo mu Bihugu by’i Burayi byagiye bigaragaza ko bishigikira ibyarimo biba.”
Yavuze ko kandi abantu bakwiye kwibaza ku Bufaransa harimo igituma u Bufaransa bugifite amakambi ya gisirikare mu bihugu bimwe bimwe byo muri Afrika, ingaruka izo nteko zizagira ku bwigenge bw’i bihugu ziba zirimo n’ibindi.”
Ousmane Sonko yanashinje kandi ibihugu by’i Burayi gukoresha ikimenyane, muri politiki yo mu karere ka Sahel cyane cyane muri Mali, Burkina Faso na Nigeri, ibihugu biheruka kubamo za kudeta.
Ati: “Abo mwumva batera utwatsi ibihugu biyobowe n’abategetsi babasirikare bafatwa nk’abayobozi bigitugu, ni nabo basubira mu bihugu bitarangwamo demokarasi, igihe cyose bakeneye inyungu zabo, kugira bagire icyo baronka. Ntabwo tuzahwema kuvugira benewacu bo muri Sahel.”
Iri jambo rya minisiteri w’intebe, Ousmane Sonko niryo ryambere rirerire, kuva agiye kuri uyu mwanya. Abarimo bari kurikirana barimo babanza bagacyishamo bagashima Imana.
Sonko kandi ibyo yavuze yagaragaje ko atabivuze mu izina rya leta ya Senegal ko ahubwo yabivuze mu izina ry’ishyaka rye. Anavuga ko yamaze imyaka itatu ahanganye n’ubutegetsi bwa Macky Sall, yavuze ko afite ishyaka ry’uko imigenderanire hagati y’igihugu cye n’ibihugu by’i Burayi, cyane cyane u Bufaransa irushaho kuba myiza.
Yashimiye Jean -Luc Mélenchon utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Bufaransa avuga ko yashigikiye urugamba rwo kuva mu 2021 kugera mu 2024. Iki gihe Sonko yacyise ko ari igihe cye ahanganye n’ubutegetsi.
MCN.