Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

MONUSCO, haribazwa icyo yaba imaze muri RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 5, 2025
in Regional Politics
0
Abasirikare ba MONUSCO bakomerekeye mu mirwano, M23 kandi yafashe utundi duce turi mu mwinjiro wa Goma.
91
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

MONUSCO, haribazwa icyo yaba imaze muri RDC.

You might also like

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Ingabo z’u muryango w’Abibumbye zizwi nka MONUSCO zimaze imyaka 26 mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Abanye-kongo, bo by’umwihariko baribaza icyo zimaze.

Mu 1999 niwo mwaka ingabo za LONI zageze muri RDC, zitwa MONUC.

Bigeze mu 2010 zihindura izina rya MONUC zitwa MONUSCO. Iz’i ngabo zikaba zifite abakozi 24,983, abasirikare n’abapolisi mpuzamahanga 20,586, abasivile b’Abanye-kongo 2,783, n’abakorera bushake ba ONU ni ukuvuga mpuzamahanga 641.

Kugeza mu kwezi kwa cumi nabiri umwaka ushize, MONUSCO yari igifite abakozi 13,971. Abenshi ni abasirikare mpuzamahanga ni 10,183.

Iz’i ngabo zifite ingengo y’imari ya buri mwaka irenga amadolari miliyoni imwe na miliyoni 123. Muri make byibura amadolari miliyari imwe ni yo ONU ikoresha mu butumwa bwayo bw’amahoro muri RDC.

Muri iyi myaka 26 ingabo za ONU zimaze muri RDC, zakoresheje rero amadolari arenga miliyari 26. Zapfushije abantu 445, abasirikare, abapolisi, n’abasivili bose hamwe, nk’uko biri mu byegeranyo by’izi ngabo.

Hagataho, Abanye-kongo bari baza niba iz’i ngabo zidakwiye gutaha. Uwitwa Prof Kizito Sabala, yigisha ibya dipolomasi n’umubano mpuzamahanga muri kaminuza y’i Nairobi, aheruka guha itangaza makuru ikiganiro kubyerekeye ingabo za MONUSCO muri RDC, agira ati: “Ndibwira ko abantu bagiye gusaba ko MONUSCO ikwiye gutaha bazagenda biyongera. Buri wese azageraho yumva ko yarengeje igihe, ko ikwiye kuva ku butaka bwa RDC.”

Naho Philippe Undji, ni umwe mubagize inteko ishinga mategeko y’intara ya Kivu y’Amajy’epfo, akaba ari umuyoboke w’ishyaka AFDC(Alliance des Forces Democratiques du Congo, rimwe mu yagize ihuriro ry’imitwe ya politiki rifatanyije ubutegetsi na perezida Félix Tshisekedi.

Yagize ati: “Sinshidikanya ko ingabo z’amahoro za ONU zagize uruhare mu bikorwa by’umutekano w’abasivili. Ariko ntibihagije. Dutegereje kureba icyo ONU izakora. Ni cyo kizatwereka niba bakunda Afrika na Repubulika ya demokarasi ya Congo. Turakurikira ibyabo.!”

Leta y’iki gihugu cya RDC nayo mu myaka ibiri ishize yariyasabye ko MONUSCO itaha. Manda ya nyuma ONU yayihaye ni itariki ya 20/12/2025. Ariko umuyobozi mukuru wungirije wa MONUSCO, yavuze ko igikenewe , ibyo akaba yarabivugiye mu nteko ishinga amategeko ya ONU ishinzwe umutekano ku Isi.

Ati: “MONUSCO iracyahura n’ingorane zikomeye. Nyamara iracyafite uruhare runini mu ntambara zo mu Burasirazuba bwa RDC, cyane cyane mukurengera abatagira kivugira.”

Kurundi ruhande, Abanye-kongo basanga kuba kwa MONUSCO muri RDC bitaratumye intambara zihagarara, kuko hubwo zigenda zirushaho kwiyongera. Ndetse kandi abasivile baricwa umunsi ku wundi ahanini bo mu bwoko bw’Abanyamulenge, bazira ubwoko bwabo. MONUSCO ntacyo ibihinduraho.

Tags: MonucMonuscoRdc
Share36Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Leta y'u Rwanda yatangaje ko yishimiye isinywa ry'inyandiko y'amahame y'ibanze ngenderwaho aganisha...

Read moreDetails
Next Post
Afrika y’Epfo impaka zikomeye ku ngabo zayo zoherejwe mu Burasirazuba bwa RDC.

Afrika y'Epfo impaka zikomeye ku ngabo zayo zoherejwe mu Burasirazuba bwa RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?