• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, September 7, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mu Burasizuba bwa RDC havutse undi mutwe witwara gisirikare ukomeye.

minebwenews by minebwenews
April 1, 2025
in Regional Politics
0
Mu Burasizuba bwa RDC havutse undi mutwe witwara gisirikare ukomeye.
136
SHARES
3.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu Burasizuba bwa RDC havutse undi mutwe witwara gisirikare ukomeye.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Colonel Innocent Kaina wari umusirikare wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yitandukanyije na Leta ya Congo ashinga umutwe wa gisirikare ugamije gushyiraho iherezo ryanyuma ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi.

Col.Kaina washinze uyu mutwe yigezeho kuba mubasirikare bakuru b’umutwe wa m23, ubwo uwo mutwe wigaruriraga ibice byinshi byo mu Burasizuba bwa RDC birimo n’umujyi wa Goma mu mwaka wa 2012.

Mu 2013 ubwo m23 yirukanwaga i Goma n’ingabo zirimo iza SADC na Monusco, uyu musirikare yahise ahungira muri Uganda ndetse mu kwezi kwa cumi nabiri umwaka wa 2021 ubwo uriya mutwe wuburaga imirwano ari mubasirikare banze kuwiyungaho.

Kaina icyakora yavuze ko n’ubwo atakiri kumwe na m23 hari abana be bari kurwana muri uyu mutwe.

Mu gihe m23 kuri ubu ugenzura ibice byinshi byo mu Burasizuba bwa Congo birimo imijyi ya Goma na Bukavu, Col.Innocent Kaina na we yamaze gushinga umutwe na wo ufite intego yo kuvanaho ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi.

Uyu mutwe, Kaina yawise “Coalition National Pour la Liberation du Congo (CNLC),” mu gihe igisirikare cyawo cyitwa Forces National Pour la Liberation du Congo (FNLC).

Itangazo uyu mutwe wasohoye ku wa 30/03/2025, ryerekana ko Col.Kaina ari we mugaba mukuru w’Ingabo wazo, mu gihe umuvugizi wazo yitwa Major Kasereka Andre.

Muri iryo tangazo, uyu mutwe wagaragaje ko ufite icyicaro ahitwa mu ntara ya Ituri, ba nyirawo bavuga ko mu byatumye bahitamo kuwurema harimo “imyitwarire y’ubutegetsi bwa Congo irangwa n’imibabaro Abanye-Congo baterwa n’imiyoberere mibi idashingiye ku ndangagaciro.

Mu byo Kaina n’umutwe we banenga Leta y’i Kinshasa, harimo ruswa, icyenewabo, guta muri yombi abana muburyo bunyuranyije n’amategeko, itoteza ndetse n’amacakubiri.

Uvuga kandi ko Abanye-Congo hakenewe ko bahabwa serivisi mu cyubahiro kandi biciye mu miyoborere myiza; ikindi akaba ari ngombwa ko RDC ivanwa mu bibazo irimo biterwa no kwikunda kw’abayiyobora.

Kaina yashinze muri Ituri umutwe ugamije gukuraho ubutegetsi bw’i Kinshasa, nyuma y’iminsi mike Thomas Lubanga usanzwe ari inshuti ye na we ashinze muri iyi ntara ya Ituri umutwe nawo ufite intego nk’iyo.

Tags: IturiKainaUmutwe
Share54Tweet34Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
U Rwanda rwasubije Tshisekedi warushije kugira uruhare mu mfu z’abaturage be.

U Rwanda rwasubije Tshisekedi warushije kugira uruhare mu mfu z'abaturage be.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?