• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, July 30, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mu Burasizuba bwa RDC havutse undi mutwe witwara gisirikare ukomeye.

minebwenews by minebwenews
April 1, 2025
in Regional Politics
0
Mu Burasizuba bwa RDC havutse undi mutwe witwara gisirikare ukomeye.
137
SHARES
3.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu Burasizuba bwa RDC havutse undi mutwe witwara gisirikare ukomeye.

You might also like

RDC Yemeje Ibiganiro by’Abanyekongo, Ifata Umwanzuro Ukomeye Kuri AFC/M23; Inagaragaza Aho Imyiteguro Igeze

RDC : Le C64 Met en Place une Nouvelle Stratégie pour Contraindre Félix Tshisekedi à Démissionner alors que le Débat sur la Révision de la Constitution s’Intensifie

RDC: Leta ya Kinshasa Yanze Ultimatum ya C64 ku Biganiro by’Igihugu, Ivuga ko Gahunda za Perezida Zidategekwa n’Igitutu cya Politiki

Colonel Innocent Kaina wari umusirikare wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yitandukanyije na Leta ya Congo ashinga umutwe wa gisirikare ugamije gushyiraho iherezo ryanyuma ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi.

Col.Kaina washinze uyu mutwe yigezeho kuba mubasirikare bakuru b’umutwe wa m23, ubwo uwo mutwe wigaruriraga ibice byinshi byo mu Burasizuba bwa RDC birimo n’umujyi wa Goma mu mwaka wa 2012.

Mu 2013 ubwo m23 yirukanwaga i Goma n’ingabo zirimo iza SADC na Monusco, uyu musirikare yahise ahungira muri Uganda ndetse mu kwezi kwa cumi nabiri umwaka wa 2021 ubwo uriya mutwe wuburaga imirwano ari mubasirikare banze kuwiyungaho.

Kaina icyakora yavuze ko n’ubwo atakiri kumwe na m23 hari abana be bari kurwana muri uyu mutwe.

Mu gihe m23 kuri ubu ugenzura ibice byinshi byo mu Burasizuba bwa Congo birimo imijyi ya Goma na Bukavu, Col.Innocent Kaina na we yamaze gushinga umutwe na wo ufite intego yo kuvanaho ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi.

Uyu mutwe, Kaina yawise “Coalition National Pour la Liberation du Congo (CNLC),” mu gihe igisirikare cyawo cyitwa Forces National Pour la Liberation du Congo (FNLC).

Itangazo uyu mutwe wasohoye ku wa 30/03/2025, ryerekana ko Col.Kaina ari we mugaba mukuru w’Ingabo wazo, mu gihe umuvugizi wazo yitwa Major Kasereka Andre.

Muri iryo tangazo, uyu mutwe wagaragaje ko ufite icyicaro ahitwa mu ntara ya Ituri, ba nyirawo bavuga ko mu byatumye bahitamo kuwurema harimo “imyitwarire y’ubutegetsi bwa Congo irangwa n’imibabaro Abanye-Congo baterwa n’imiyoberere mibi idashingiye ku ndangagaciro.

Mu byo Kaina n’umutwe we banenga Leta y’i Kinshasa, harimo ruswa, icyenewabo, guta muri yombi abana muburyo bunyuranyije n’amategeko, itoteza ndetse n’amacakubiri.

Uvuga kandi ko Abanye-Congo hakenewe ko bahabwa serivisi mu cyubahiro kandi biciye mu miyoborere myiza; ikindi akaba ari ngombwa ko RDC ivanwa mu bibazo irimo biterwa no kwikunda kw’abayiyobora.

Kaina yashinze muri Ituri umutwe ugamije gukuraho ubutegetsi bw’i Kinshasa, nyuma y’iminsi mike Thomas Lubanga usanzwe ari inshuti ye na we ashinze muri iyi ntara ya Ituri umutwe nawo ufite intego nk’iyo.

Tags: IturiKainaUmutwe
Share55Tweet34Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

RDC Yemeje Ibiganiro by’Abanyekongo, Ifata Umwanzuro Ukomeye Kuri AFC/M23; Inagaragaza Aho Imyiteguro Igeze

by Bahanda Bruce
July 30, 2026
0
RDC Yemeje Ibiganiro by’Abanyekongo, Ifata Umwanzuro Ukomeye Kuri AFC/M23; Inagaragaza Aho Imyiteguro Igeze

RDC Yemeje Ibiganiro by'Abanyekongo, Ifata Umwanzuro Ukomeye Kuri AFC/M23; Inagaragaza Aho Imyiteguro Igeze MINEMBWE CAPITAL NEWS Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yongeye gushimangira ko ibiganiro...

Read moreDetails

RDC : Le C64 Met en Place une Nouvelle Stratégie pour Contraindre Félix Tshisekedi à Démissionner alors que le Débat sur la Révision de la Constitution s’Intensifie

by Bahanda Bruce
July 30, 2026
0
RDC : Le C64 Met en Place une Nouvelle Stratégie pour Contraindre Félix Tshisekedi à Démissionner alors que le Débat sur la Révision de la Constitution s’Intensifie

RDC : Le C64 Met en Place une Nouvelle Stratégie pour Contraindre Félix Tshisekedi à Démissionner alors que le Débat sur la Révision de la Constitution s’Intensifie MINEMBWE...

Read moreDetails

RDC: Leta ya Kinshasa Yanze Ultimatum ya C64 ku Biganiro by’Igihugu, Ivuga ko Gahunda za Perezida Zidategekwa n’Igitutu cya Politiki

by Bahanda Bruce
July 29, 2026
0
RDC: Leta ya Kinshasa Yanze Ultimatum ya C64 ku Biganiro by’Igihugu, Ivuga ko Gahunda za Perezida Zidategekwa n’Igitutu cya Politiki

RDC: Leta ya Kinshasa Yanze Ultimatum ya C64 ku Biganiro by'Igihugu, Ivuga ko Gahunda za Perezida Zidategekwa n'Igitutu cya Politiki MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Impaka ku hazaza h'ibiganiro...

Read moreDetails

RDC : Le débat sur un troisième mandat du président Félix Tshisekedi s’intensifie, tandis qu’une nouvelle analyse met en garde contre les risques potentiels

by Bahanda Bruce
July 29, 2026
0
La RDC entre dans une phase politique décisive : la décision de la Cour constitutionnelle relance le débat. Le pouvoir de Félix Tshisekedi est-il menacé ? Analyse approfondie

RDC : Le débat sur un troisième mandat du président Félix Tshisekedi s’intensifie, tandis qu’une nouvelle analyse met en garde contre les risques potentiels MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)...

Read moreDetails

Perezida Kagame Yasabye Urubyiruko Kurangwa n’Imyitwarire Myiza no Kurinda Agaciro k’Igihugu: Amagambo Ye Yongeye Gukurara Impaka ku Mateka, Ubwenegihugu n’Uburenganzira bw’Abanyekongo Bose

by Bahanda Bruce
July 28, 2026
0
Perezida Kagame Yasabye Urubyiruko Kurangwa n’Imyitwarire Myiza no Kurinda Agaciro k’Igihugu: Amagambo Ye Yongeye Gukurara Impaka ku Mateka, Ubwenegihugu n’Uburenganzira bw’Abanyekongo Bose

Perezida Kagame Yasabye Urubyiruko Kurangwa n’Imyitwarire Myiza no Kurinda Agaciro k’Igihugu: Amagambo Ye Yongeye Gukurara Impaka ku Mateka, Ubwenegihugu n’Uburenganzira bw’Abanyekongo Bose MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Perezida wa...

Read moreDetails
Next Post
U Rwanda rwasubije Tshisekedi warushije kugira uruhare mu mfu z’abaturage be.

U Rwanda rwasubije Tshisekedi warushije kugira uruhare mu mfu z'abaturage be.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 amahoro America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?