• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mu gihe FARDC yigambye ubutsinzi, M23 yo, yatangaje ibindi bikaze.

minebwenews by minebwenews
September 17, 2024
in Regional Politics
0
Mu gihe FARDC yigambye ubutsinzi, M23 yo, yatangaje ibindi bikaze.
63
SHARES
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu gihe FARDC yigambye ubutsinzi, M23 yo, yatangaje ibindi bikaze.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17/09/2024, hazindukiye imirwano ikaze mu duce twinshi two muri Kivu Yaruguru, hagati y’ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa n’umutwe wa M23 ugize igihe warazengereje ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Impande zombi zongeye ku rwana mu gihe n’ejo hashize hari habaye imirwano ikaze, aho yabereye mu duce two muri Grupema ya Bambo ho muri Rutshuru.

Impande zombi zaherukaga ku rwana ku wa Kane w’iki Cyumweru dusoje.

Akoresheje urubuga rwa x, umuvugizi wa M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka yatangaje ko ahagana isaha ya saa sita zamanywa zo kuri uyu wa Kabiri, ihuriro ry’Ingabo za RDC zagabye ibitero mu bice bituwe n’abaturage benshi kandi avuga ko ibi bitero byagabwe mu duce twinshi.

Yagize ati: “Mu masaha ya saa sita zamanywa, ibitero by’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, byibasiye uturere dutuwe cyane, nk’ahitwa i Lokopfu, Gisuma, Bufaransa na Zunguruka.”

Yakomeje agira ati: “Ibi bitero byatumye abaturage benshi babura ubuzima, abandi nabo bagana iyu buhungiro, ndetse ibi n’ibikorwa byiterabwoba bikorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa.”

Kanyuka yanavuze ko ingabo zabo zikomeje ibikorwa byo kurengera abaturage nk’uko biri mu nshingano zabo.

Ati: “Ingabo z’impundura matwara za ARC, zikomeje gukora inshingano zabo zo kurinda abaturage.”

Ibyo bibaye mu gihe ingabo za FARDC kuri uyu wa mbere tariki ya 16/09/2024, zigambye kwambura M23 uduce two muri teritware ya Rutshuru, nubwo ntacyo M23 irabivugaho.

Mu butumwa FARDC yanyujije ku rubuga rwayo rwa x ku munsi w’ejo hashize, yavuze ko mu mirwano yabashamiranije na M23 yasize iz’ingabo zigaruriye tumwe mu duce twagenzurwa n’umutwe wa M23.

Iti: “FARDC yashoboye kwigarurira, inabohora ibice byinshi by’ingenzi muri teritware ya Rutshuru. Iyi ntsinzi ikomeye ni igihamya cyo gushikama ku ntego twihaye yo kugarura amahoro, umutekano n’ubusugire bw’igihugu cyacu.”

Yakomeje ivuga ko ‘izakomeza kurwana kugira ngo yisubize ibice byose byafashwe na m23.’

Kugeza ubu ntacyo umutwe wa M23 uratangaza ku byavuzwe n’ingabo za RDC.

Ariko kandi igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, cyakunze kwigamba ibinyoma, aho cyagiye gitangaza kenshi ko hari uduce cyambuye umutwe wa M23 bikarangira bibaye ibinyoma.

Hagati aho, hari ubwoba ko hashobora kubura imirwano ikaze kurushyaho ndetse ikaba yagera no mu mujyi wa Goma, nyuma y’uko uyu mutwe wagiye ugaragaza ko ubabajwe n’ubwicanyi bukorerwa abasivile i Goma no mu nkengero zayo.

Ndetse kandi uyu mutwe wa M23 uheruka gutangaza ko impande zombi zishobora kwisanga mu mirwano ikomeye, ni mu gihe washinjaga iri huriro ry’ingabo za Guverinoma ya Kinshasa ku wugabaho ibitero no mu bice bisanzwe bituwe n’abaturage benshi.

              MCN.
Tags: FardcM23 itangaza bindiYigambye ubutsinzi
Share25Tweet16Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Inkongi y’umuriro idasanzwe yatwitse amazu ku Ndondo mu misozi y’Imulenge.

Inkongi y'umuriro idasanzwe yatwitse amazu ku Ndondo mu misozi y'Imulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?