• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mu ishyaka rya UDPS muri RDC, habonetse impamvu ituma imvururu zirikomezamo.

minebwenews by minebwenews
August 14, 2024
in Regional Politics
0
Mu ishyaka rya UDPS muri RDC, habonetse impamvu ituma imvururu zirikomezamo.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu ishyaka rya UDPS muri RDC, habonetse impamvu ituma imvururu zirikomezamo.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni mu gihe Austin Kabuya yanze kwemera iyirukanwa rye ku mwanya w’umunyamabanga mukuru mwishyaka rya UDPS.

Hari hashize amasaha make ishyaka rya perezida Félix Tshisekedi Tshilombo (UDPS) rifashe umwanzuro wo kwirukana Augustin Kabuya ku mwanya w’umunyamabanga mukuru w’iri shyaka. Uyu mwanzuro ukaba warafashwe ku Cyumweru tariki ya 11/08/2024.

Mu byo bwana Austin Kabuya yasobanuye nyuma y’uko afatiwe uriya mwanzuro yavuze ko icyo cyemezo kinyuranyije n’ingingo ya 30 y’ishyaka rya UDPS, ndetse avuga ko inama yateranye ku Cyumweru itari yujuje umubare usabwa w’abayitabiriye kugira ngo iterane.

Yagize ati: “Ndi umwe mu banditsi ba sitati ya UDPS. Ingingo ya 30 ya sititi yacu igaragaza ibice bigize inama ya demokarasi. Ntabwo ari ubucanshuro mwabonye. Igice cya mbere kigizwe n’abadepite n’abasenateri batowe ku rutonde rw’ishyaka . Dufite byibuze abadepite ijana na mirongo itanu. Ngomba ku kwereka, ku mugaragaro, uko abavandimwe bacu badukojeje isoni. Hariho na ba minisitiri n’abahagarariye abandi, bari mu gice cya kabiri. Turamutse tubashyize hamwe, bishobora kutugeza ku bantu mirongo icyenda na batanu. Niba kandi dufashe abadepite n’abasenateri n’abahagarariye abandi, biduha magana abiri na makumyabiri n’umunani. Hariho kandi igice cya gatatu, aricyo perezidansi y’ishyaka, ba perezida ba komite nkuru, muri rusange kigizwe n’abantu magana atanu n’amirongo cyenda na batanu. Reka dufate gusa salle ya sainte-Anne, nta n’ubushobozi ifite bwo kwakira abantu magana atanu.”

Augustin Kabuya, yanze icyemezo cyafatiwe muri iriya nama, ndetse avuga ko afite kurega abayitabiriye.

Ati: “Urebye mu masura abitabiriye iriya nama, ntabwo bari serious. Aba bantu hubwo bayitabiriye bari bagiye gukina ikinamico ryabo. Ntabwo byemewe na sitati yacu. Ndasaba ko abantu ba UDPS batemera ibyavuye muri iyo nama. Biteye isoni ku ishyaka.”

Icyababaje cyane Augustin Kabuya, nk’uko yabisobanuye ngo nukubona abantu bashya baheruka kwinjira mu ishyaka biha ububasha bwo kurwanya abarimazemo igihe kirekire. Yicuza kandi kuba abantu bazi neza ibiteganywa na sitati y’ishyaka ari bo bayirengaho kugirango bamurwanye gusa.

Aba bari birukanye Augustin Kabuya bari banahisemo bwana Déogratias Bizuru ngo ariwe umusimbura byagateganyo, ariko Kabuya yavuze ko urukurikirane rw’ibitangazwa nawe no kwibasira ubuyobozi bwaryo , “byashyira UDPS mu bihe by’urujijo.”

                 MCN.
Tags: HabonetseIgitera imvururuMu ishyaka rya UDPS
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Amerika yagaragaje uruhare ifite mu gushigikira igihugu cya Israel mu ntambara yiteguye.

Amerika yagaragaje uruhare ifite mu gushigikira igihugu cya Israel mu ntambara yiteguye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?