• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mu mirwano ikomeye irimo kubera hafi ya Centre ya Sake, M23 yigaruriye ibirindiro bikomeye by’ihuriro ry’ingabo za leta ya Kinshasa.

minebwenews by minebwenews
February 7, 2024
in Regional Politics
0
Mu mirwano ikomeye irimo kubera  hafi ya Centre ya Sake, M23 yigaruriye ibirindiro bikomeye by’ihuriro ry’ingabo za leta ya Kinshasa.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Imirwaro yongeye gukomera mu nkengero za Centre ya Sake, iherereye ku ntera y’ibirometre 27 mu Burengerazuba bw’u Mujyi wa Goma, uzwi nk’u murwa mukuru w’i Ntara ya Kivu Yaruguru.

You might also like

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Iy’imirwano yongeye gutuma abaturage ba barirwa mu bihumbi bava mu byabo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 07/02/2024. Mu makuru MCN imaze kwakira n’uko imbunda ziremereye n’izito yarimo y’umvikana ku musozi wa Nturo ya mbere n’iyakabiri, ndetse no mutundi duce dukikije Sake, urwo rusaku rw’imbunda rwatumye abaturage bagira ubwoba bwinshi barahunga nk’uko byemejwe na Sosiyete sivile ya Grupema ya Kamuronza, muri teritware ya Masisi.

Uwitwa Justin utuye mu duce twa Masisi yabwiye MCN ko abaturage benshi bahungiye muri Quartier ya Mugunga iherereye muri Goma ko kandi abenshi mu bahunze batangiye kuhagera igihe c’isaha za satatu z’igitondo.

Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa yemeje ko ingabo zabo zafashe ibirindiro by’ingabo za RDC byo ku musozi wa Nturo ya mbere n’iyakabiri, n’ahitwa Chez Madimba, hejuru ya Sake.

Gusa ku mugoroba w’ejo hashize, tariki ya 06/02/2024, umuvugizi w’ingabo za FARDC yatangaje ko igisirikare cya leta cyigaruriye Centre ya Kirotshe iri k’u muhanda wa Sake-Minova, avuga kandi ko barimo kugerageza ngo bafungure inzira zose zigana mu Mujyi wa Goma, imihanda igenzurwa na M23.

Mu mirwano irimo gusatira gufata centre ya Sake ntacyo ubuyobozi bw’ihuriro ry’ingabo zirwana k’u ruhande rwa leta ya Kinshasa barabivugaho kandi bikaba bizwi ko Sake ariyo Centre yo muri teritware ya Masisi yegereye u Mujyi wa Goma.

Mu gihe M23 yafata Centre ya Sake inzira zose z’u butaka zihuza Masisi na Goma ziba zifunzwe, muricyo gihe hazaba hasigaye inzira yo gukoresha ikiyaga cya Kivu.

Kimweho mu itangazo M23 imaze gusohora ku gicamunsi cyokuri uyu wa Gatatu, rivugako badafite Gahunda yo gufata u Mujyi wa Goma ariko ko ihuriro ry’ingabo zirwana k’uruhande rwa Guverinema ya Kinshasa zikomeje kubagabaho ibitero biremereye no kurasa mu basevile.

Muri iryo tangazo rya M23 rivuga ko bo biteguye igisubizo mu mahoro kandi yiteguye kurekura ibice iheruka gufata mu gihe hakumvikanwa ku gahenge ka ngenzurwa n’urwo rw’u bungenzuzi bwizewe. M23 ikaba iri gusaba ibiganiro na leta.

Umukuru w’igihugu cya RDC Félix Tshisekedi yavuze ko atazigera aganira na M23, u mutwe avuga ko ufashwa n’u Rwanda n’ubwo bagiye ba bitera utwatsi hubwo bagashinja ubutegetsi bwa Kinshasa gukorana by’ahafi na FDLR irimo abasize bakoze Genocide mu Rwanda.

Bruce Bahanda.

Tags: Hafi ya CentreImirwanoM23 yigaruriye Nturo ya mbere n'iyakabiriSake
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

by Bahanda Bruce
September 10, 2025
0
U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo Guverinoma y'u Rwanda yamaganiye kure imvugo bamwe mu bagize guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo bashinje...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails
Next Post
Umuvugizi wa leta ya RDC, yahaye igisubizo Abanyekongo bakomeje kwishuza Tshisekedi gushora intambara k’u Rwanda.

Umuvugizi wa leta ya RDC, yahaye igisubizo Abanyekongo bakomeje kwishuza Tshisekedi gushora intambara k'u Rwanda.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?