
Kuri uyu wa Mbere tariki 25/09/2023, hongeye kuvugwa ibitero shuma byagabwe aha herereye ingabo z’Isarambwe arizo M23 n’ i bitero byakozwe n’imitwe ishigikiwe na Leta ya Kinshasa. Aya makuru yanemejwe na Soseyete sivile yo muri teritware ya Masisi, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, mugihugu ca RDC. Iyi Soseyete sivile ivuga ko ibi bitero byabereye mugace ka Munyaruguru. Gusa ko ibi bitero bitari bikaze.

Hagati aho minisitiri w’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Jean Pierre Bemba, yatangaje ko Ingabo za RDC nta mbaraga zigaragaza zo guhangana n’umutwe wa M23.
Bemba yabitangaje muriki Cyumweru gishize ubwo aba minisitiri ba RDC bahuriraga mu nama igira iya 114.
Bebamba yagize ati: “Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo nta ngufu zishyira mu kurengera igihugu binyuze mu guhasha M23 no gukomeza kuyikurikirana no gusenya imitwe yitwaje intwaro.”
Bemba yavuze ibi mu gihe mu burasirazuba bwa Republika ya Demokarasi ya Congo hakomeje kuvugwa umwuka w’intambara ishobora kongera kurota hagati ya FARDC na M23.
Ni nyuma y’amezi abarirwa muri atandatu(6) y’agahenge hagati y’impande zombi. Kimweho hagiye haba guhangana hagati ya M23 na Wazalendo.
Amakuru Minembwe Capital News imaze kwakira nuko kuri uyu wa Kabiri tariki ya 26/09, Guverinoma ya RDC ishobora kongera gutangiza ibitero kuri M23. Ariko kugeza ubu baracarebana ayingwe gusa uyu munsi wari ntarengwa nimugihe leta ya Kinshasa yari yaburiye ingabo za M23 kuba zarambika imbunda hasi bitarenze tariki 24/09/2023 cangwa bakava mubice bagenzura ngo batabyubahiriza bakagabwaho ibitero bigamije ku bamaraho.
By Bruce Bahanda.
Tariki 25/09/2023.