Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Muri Arabia Saoudite, ahari kubera i nama idasanzwe perezida Paul Kagame, yahavugiye amagambo akomeye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 28, 2024
in Regional Politics
0
Muri Arabia Saoudite, ahari kubera i nama idasanzwe perezida Paul Kagame, yahavugiye amagambo akomeye.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, yasabye ko haba kwamagana uburyarya aho bukoreshwa hose ku Isi.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni ikiganiro perezida w’u Rwanda yatanze kuri iki Cyumweru, tariki ya 28/04/2024, mu nama ya World Economic Forum, irimo kubera mu gihugu cya Arabia Saoudite.

Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Icyerekezo gishya ku bw’iterambere ry’Isi.”

Iy’i nama yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu barimo perezida wa Nigeria Bola Ahmed Tinubu, minisitiri w’intebe wa Malaysia, Anwar Ibrahim n’abandi banyacyubahiro batandukanye barimo kandi n’umuyobozi mukuru w’ikigega IMF, Kristelina Gergieve ndetse na Peter Orszag uyobora Lazard group, ikigo gitanga umujyanama mu by’imari.

Muri iyo nama bareberaga hamwe imwe mu mikorere ikwiye guhinduka kugira ngo bidakomeza kuvugwa ko ibihugu byinshi bitera imbere mu gihe hari umubare utagira ingano w’abaturage bakomeza kujya mu bukene.

Ubwo ikiganiro cyageraga ku musozo, umuyobozi w’umuryango World Economic Forum, Brende yagaragaje ko hari uguhangana gukomeye hagati y’abo mu Burengerazuba bw’isi n’abo mu Burasirazuba, ariko kuri ubu hakaba havutse n’ikibazo cy’u busumbane mu batuye igice cy’amajyaruguru cy’Isi n’abatuye icy’amajyepfo y’Isi.

Igice cy’amajyaruguru y’Isi (Global North) baba bari kuvuga ibihugu byo mu Burayi n’Amerika ya Ruguru, ahari ibihugu byateye imbere, mu gihe igice cy’amajyepfo y’Isi (Global south) gikoreshwa mu kuvuga ibihugu by’Afrika, Amerika y’Epfo na Aziya, byiganjemo ibikiri mu nzira y’iterambere.

Brende yabajije perezida w’u Rwanda Paul Kagame icyo atekereza ku busumbane bukunze kuvugwa muri ibi bice bibiri by’isi.

Undi nawe asubiza ko “Ubusumbane burahari, mureke ntitubice ku ruhande, kandi dukeneye kubukumira, dukeneye ku burwanya. Uregero iyo urebye wenda uhereye ku bibazo byibasira Isi duhora tuvuga hano na hariya, tutitaye aho byavuye ibihugu byose ku Isi bigirwaho ingaruka ariko bimwe na bimwe bigahungabaya kurusha ibindi.”

Yakomeje avuga ko kuba ibihugu bimwe byagirwaho ingaruka kurusha ibindi ntacyo bitwaye, ariko ari ikintu gikwiye kwibutsa abantu kurwanya uburyarya bushobora kubyara ubu busumbane.

Ati: “Ku bw’ibyo dukwiye kuba dufite ubushobozi bwo kwa magana uburyarya aho tububona hose, duhora tuvuga ubusumbane buri hagati y’abatuye igice cy’Isi cy’amajyepfo ariko ntitubona igisubizo mu buryo bworoshye kandi bwihuse, kandi dushobora kukibona, turabizi ko twakibona.”

Kagame yagaragaje ko umugabane wa Afrika by’u mwihariko abantu bakwiye kuba bawubonamo amahirwe kuruta kumva ko ntacyo uvuze mu mibereho y’Isi.

Yagize ati: “Kuri ibi ndavuga by’u mwihariko ku mugabane wacu wa Afrika, ufite izamuka riri hejuru ry’abafite ubukungu buringaniye, mu gihe kitari kure izaba ari ho hantu honyine hafite abaturage bari mu cyiciro kigereranyije cy’u bukungu bakomeze kuzamuka. Ni gute ushobora kwibagirwa ko aha ari hantu h’ingenzi mu Isi yacu.”

Yanavuze ko hari ibintu bibiri byingenzi byakorwa kugira icyo kibazo gikemuke muburyo bwihuse.

Ati: “Hari ibintu bibiri bigomba kubaho; ibindi bice by’isi bikwiye kubona ko aha ari hantu h’ingenzi ho gufatanya naho mu ishora mari cyangwa ho gushora imari. Icya Kabiri kirareba Afrika ubwayo, cyo kwirinda imyumvire yo guhora wigira inzira karengane, tugatangira kwizamura kugera ku rwego dukwiye kuba turiho, ari narwo turiho mu byukuri turi ahantu h’ingenzi ku Isi yacu, dufite umutungo ukomeye, bitari umutungo kamere, ahubwo n’abantu.”

                  MCN.
Tags: Arabia SaouditeIMFPerezida Paul KagameTurwanye uburyaya
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
U Rwanda rwagize icyo ruvuga kuri leta ya Kinshasa iyishinja kwiba amabuye y’agaciro ku butaka bwabo.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga kuri leta ya Kinshasa iyishinja kwiba amabuye y'agaciro ku butaka bwabo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?