• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, July 27, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Muri Arabia Saoudite, ahari kubera i nama idasanzwe perezida Paul Kagame, yahavugiye amagambo akomeye.

minebwenews by minebwenews
April 28, 2024
in Regional Politics
0
Muri Arabia Saoudite, ahari kubera i nama idasanzwe perezida Paul Kagame, yahavugiye amagambo akomeye.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, yasabye ko haba kwamagana uburyarya aho bukoreshwa hose ku Isi.

You might also like

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

Ni ikiganiro perezida w’u Rwanda yatanze kuri iki Cyumweru, tariki ya 28/04/2024, mu nama ya World Economic Forum, irimo kubera mu gihugu cya Arabia Saoudite.

Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Icyerekezo gishya ku bw’iterambere ry’Isi.”

Iy’i nama yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu barimo perezida wa Nigeria Bola Ahmed Tinubu, minisitiri w’intebe wa Malaysia, Anwar Ibrahim n’abandi banyacyubahiro batandukanye barimo kandi n’umuyobozi mukuru w’ikigega IMF, Kristelina Gergieve ndetse na Peter Orszag uyobora Lazard group, ikigo gitanga umujyanama mu by’imari.

Muri iyo nama bareberaga hamwe imwe mu mikorere ikwiye guhinduka kugira ngo bidakomeza kuvugwa ko ibihugu byinshi bitera imbere mu gihe hari umubare utagira ingano w’abaturage bakomeza kujya mu bukene.

Ubwo ikiganiro cyageraga ku musozo, umuyobozi w’umuryango World Economic Forum, Brende yagaragaje ko hari uguhangana gukomeye hagati y’abo mu Burengerazuba bw’isi n’abo mu Burasirazuba, ariko kuri ubu hakaba havutse n’ikibazo cy’u busumbane mu batuye igice cy’amajyaruguru cy’Isi n’abatuye icy’amajyepfo y’Isi.

Igice cy’amajyaruguru y’Isi (Global North) baba bari kuvuga ibihugu byo mu Burayi n’Amerika ya Ruguru, ahari ibihugu byateye imbere, mu gihe igice cy’amajyepfo y’Isi (Global south) gikoreshwa mu kuvuga ibihugu by’Afrika, Amerika y’Epfo na Aziya, byiganjemo ibikiri mu nzira y’iterambere.

Brende yabajije perezida w’u Rwanda Paul Kagame icyo atekereza ku busumbane bukunze kuvugwa muri ibi bice bibiri by’isi.

Undi nawe asubiza ko “Ubusumbane burahari, mureke ntitubice ku ruhande, kandi dukeneye kubukumira, dukeneye ku burwanya. Uregero iyo urebye wenda uhereye ku bibazo byibasira Isi duhora tuvuga hano na hariya, tutitaye aho byavuye ibihugu byose ku Isi bigirwaho ingaruka ariko bimwe na bimwe bigahungabaya kurusha ibindi.”

Yakomeje avuga ko kuba ibihugu bimwe byagirwaho ingaruka kurusha ibindi ntacyo bitwaye, ariko ari ikintu gikwiye kwibutsa abantu kurwanya uburyarya bushobora kubyara ubu busumbane.

Ati: “Ku bw’ibyo dukwiye kuba dufite ubushobozi bwo kwa magana uburyarya aho tububona hose, duhora tuvuga ubusumbane buri hagati y’abatuye igice cy’Isi cy’amajyepfo ariko ntitubona igisubizo mu buryo bworoshye kandi bwihuse, kandi dushobora kukibona, turabizi ko twakibona.”

Kagame yagaragaje ko umugabane wa Afrika by’u mwihariko abantu bakwiye kuba bawubonamo amahirwe kuruta kumva ko ntacyo uvuze mu mibereho y’Isi.

Yagize ati: “Kuri ibi ndavuga by’u mwihariko ku mugabane wacu wa Afrika, ufite izamuka riri hejuru ry’abafite ubukungu buringaniye, mu gihe kitari kure izaba ari ho hantu honyine hafite abaturage bari mu cyiciro kigereranyije cy’u bukungu bakomeze kuzamuka. Ni gute ushobora kwibagirwa ko aha ari hantu h’ingenzi mu Isi yacu.”

Yanavuze ko hari ibintu bibiri byingenzi byakorwa kugira icyo kibazo gikemuke muburyo bwihuse.

Ati: “Hari ibintu bibiri bigomba kubaho; ibindi bice by’isi bikwiye kubona ko aha ari hantu h’ingenzi ho gufatanya naho mu ishora mari cyangwa ho gushora imari. Icya Kabiri kirareba Afrika ubwayo, cyo kwirinda imyumvire yo guhora wigira inzira karengane, tugatangira kwizamura kugera ku rwego dukwiye kuba turiho, ari narwo turiho mu byukuri turi ahantu h’ingenzi ku Isi yacu, dufite umutungo ukomeye, bitari umutungo kamere, ahubwo n’abantu.”

                  MCN.
Tags: Arabia SaouditeIMFPerezida Paul KagameTurwanye uburyaya
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

by Bahanda Bruce
July 27, 2026
0
Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Irushanwa ryo gushaka Umunyamabanga Mukuru mushya...

Read moreDetails

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mobutu Sese Seko ni umwe mu bategetsi...

Read moreDetails

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y'u Rwanda na Uganda MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)...

Read moreDetails

RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

RDC: Ubumwe bw'u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h'Igihugu MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Ubumwe bw'u Burayi (European Union – EU)...

Read moreDetails

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits MINEMBWE CAPITAL NEWS...

Read moreDetails
Next Post
U Rwanda rwagize icyo ruvuga kuri leta ya Kinshasa iyishinja kwiba amabuye y’agaciro ku butaka bwabo.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga kuri leta ya Kinshasa iyishinja kwiba amabuye y'agaciro ku butaka bwabo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 amahoro America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?