• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, August 21, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Muri Gaza abana babarirwa mu bihumbi baguye mu bitero byahagabwe.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 21, 2025
in World News
0
Muri Gaza abana babarirwa mu bihumbi baguye mu bitero byahagabwe.
66
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Muri Gaza abana babarirwa mu bihumbi baguye mu bitero byahagabwe.

You might also like

Perezida Zelenskyy yatanze umucyo kubyo guhura kwe na Putin.

Ukraine yashyizweho igitutu cyo kurangiza intambara.

Russia Sees Victory as Trump Leans Toward Putin’s Path to Ending the War

Abana babarirwa mu bihumbi 19 biciwe mu ntambara ihanganishije Israel na Hamas mu ntara ya Gaza mu Burasirazuba bw’isi.

Ni amakuru yashyizwe hanze n’itangazamakuru ryo muri Gaza, ni nyuma y’aho ishami rya Loni rishinzwe kwita ku mpunzi zo muri Palestine, tariki ya 19/08/2025, ryatangaje ko nta hantu harindiwe umutekano abana bahungishirizwa.

Ibigo by’amashuri agenzurwa na Loni ubu ni byo byashyizwemo abaturage batakigira aho kuba kubera ibitero simusiga Israel imaze hafi imyaka ibiri igaba ku mutwe wa Hamas.

Loni igaragaza ko n’aho hantu yacumbikiye aba baturage na ho ibitero bya Israel byahagaze bihitana ubuzima bw’abantu byabarimo n’abana.

Mu itangazo ishami rya Loni rishinzwe kwita ku mpunzi zo muri Palestine yashyize hanze yagize iti: “Nta hantu na hamwe muri Gaza hatekanye hahungishirizwa abana. Hakenewe agahenge byihutirwa.”

Ishami rya Loni ryita ku bana, UNICEF rigaragaza ko mu mezi atanu ashize nyuma y’aho Israel yongeye kugaba ibitero, ubwo agahenge kashyizweho kari karangiye. Bivugwa ko abana 540 bicwa buri kwezi.

Imibare igaragaza ko hagati mu mwaka wa 2024 honyine hishwe Abanya-Palestine 51 baguye mu bitero bya Israel, umunani muri bo bagerageza kujya ahagenewe gufata ibiribwa. Kuva mu kwezi kwa gatanu 2025 abana 2000 bishwe bajya gushaka icyo barya.

Israel yari inaherutse gutangaza ko igiye gukaza ibitero mu mujyi wa Gaza kugira ngo iwugenzure wose , ndetse ivuga ko abatuye muri ibyo bice n’ibindi batangira kwimurirwa mu majy’Epfo y’iyo ntara.

Abaturage 56 bo muri Gaza bishwe n’ibitero bya Israel mu masaha 24 gusa. Batatu muri bo bishwe n’inzara.

Nubwo Israel ikomeje gukaza ibitero mu mujyi wa Gaza abo mu miryango ikomokamo abashimuswe na Hamas bakomeje kugaragaza ko icyo gikorwa kizagira ingaruka zikomeye kuri bene wabo bari basigaye ari bazima.

Uretse abarenga ibihumbi 62 bamaze kwicwa muri Gaza abarenga ibihumbi 150 ni bo bamaze kubikomerekeramo.

Iyi ntambara hagati ya Israel na Hamas yatangiye tariki ya 07/10/2023. Hari nyuma y’aho uyu mutwe wa Hamas ugabye ibitero kuri Israel bigahitana abagera ku 1200 abandi n’abo barenga 250 barashimutwa.

Tags: Abana ibihumbi 19GazaIsrael
Share26Tweet17Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Zelenskyy yatanze umucyo kubyo guhura kwe na Putin.

by Bruce Bahanda
August 19, 2025
0
Perezida Zelenskyy yatanze umucyo kubyo guhura kwe na Putin.

Perezida Zelenskyy yatanze umucyo kubyo guhura kwe na Putin. Perezida Zelenskyy Volodymyr wa Ukraine yavuze ko afite ubushake bwo kuzahurira mu biganiro bizamuhuza na perezida wa Leta Zunze...

Read moreDetails

Ukraine yashyizweho igitutu cyo kurangiza intambara.

by Bruce Bahanda
August 19, 2025
0
Ukraine yashyizweho igitutu cyo kurangiza intambara.

Ukraine yashyizweho igitutu cyo kurangiza intambara. Leta Zunze ubumwe z'Amerika yo keje igitutu Ukraine, iyisaba guhagarike intambara vuba na bwangu, kandi ikemera ibyumvikanyweho mu biganiro biheruka guhuriramo perezida...

Read moreDetails

Russia Sees Victory as Trump Leans Toward Putin’s Path to Ending the War

by minebwenews
August 16, 2025
0
Russia Sees Victory as Trump Leans Toward Putin’s Path to Ending the War

Russia is hailing the outcome of the high profile summit between U.S. President Donald Trump and Russian President Vladimir Putin in Alaska, even though no formal agreement was...

Read moreDetails

Ibyavuye mu nama ya yahuje perezida Trump na mugenzi we Putin.

by Bruce Bahanda
August 16, 2025
0
Perezida Trump yahuye na mugenzi we w’u Burusiya Putin.

Ibyavuye mu nama yahuje perezida Trump na mugenzi we Putin. Umukuru w'igihugu cya Leta Zunze ubumwe z'Amerika Donald Trump yahuye na mugenzi we w'u Burusiya Vladimir Putin, umubonano...

Read moreDetails

Amerika yanenze uburyo agahenge katubahirijwe muri RDC.

by Bruce Bahanda
August 16, 2025
0
Amerika yanenze uburyo agahenge katubahirijwe muri RDC.

Amerika yanenze uburyo agahenge katubahirijwe muri RDC. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zamaganye kuba hatarabaye kubahiriza agahenge hagati y'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo n'izo mu ihuriro rya...

Read moreDetails

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?