• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, September 5, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Muri Katanga barashinja Tshisekedi n’umuryango we kubasahura.

minebwenews by minebwenews
March 7, 2025
in Regional Politics
0
Muri Katanga barashinja Tshisekedi n’umuryango we kubasahura.
92
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Muri Katanga barashinja Tshisekedi n’umuryango we kubasahura.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ihuriro ry’amashyirahamwe y’abacukuzi b’amabuye y’agaciro n’amahuriro y’abacuruzi ndetse na za sosiyete sivili birashinja abo mu muryango wa perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo gusahura umutungo kamere muri Grand-Katanga.

Bikubiye mubyo batangarije ku kinyamakuru cya La libre cyo mu Bubiligi, aba Banye-Congo bagaragaje ko ikibazo cyo gusahura amabuye y’agaciro muri Grand-Katanga cyatangiye mu 2015, gifata intera ikomeye kuva mu 2019 ubwo Tshisekedi yageraga ku ngoma.

Aba banya-katanga bagaragaje ko abasirikare n’abo mu zindi nzego zishinzwe umutekano birirwa bahiga abantu bagerageza kugaragaza iki kibazo, mu buryo bushimangira ko abantu bakomeye bafite inyungu bwite mu birombe byo mu ntera zigize Grand-Katanga.

Bagize bati: “Abasirikare n’abo mu nzego z’umutekano, cyane cyane muri Kansai, bahiga abagaragaza ikibazo. Bigomba kuvugwa ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko bwinjiriza amafaranga menshi umuryango wa perezida Felix Tshisekedi n’abashoramari batari inyangamugayo.”

Umuyobozi w’ishirahamwe ry’ubucukuzi y’amabuye y’agaciro ryo mu ntara ya Lualaba, yatangaje ko yambuwe ikirombe cye n’umuvandimwe wa Tshisekedi witwa Christian Tshisekedi.

Ati: “Kuva mu 2019, ibintu byabaye bibi cyane . Katanga yabaye isanduku y’amafaranga y’umuryango wa perezida Felix Tshisekedi, ukura umutungo muri izi ntara, cyane cyane muri Lualaba, nyamara ntacyo ushorayo.”

Yasobanuye ko itegeko rishya rigenga ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro, risaba ko amafaranga menshi ava mu mutungo ukurwa mu ntara, aba agomba gukoreshwa mu bikorwa byaho by’ishoramari kugira ngo biyigeze imbere.

Ariko ibyo bikaba bidakorwa, ngo kuko umuryango wa perezida Felix Tshisekedi wohereza abantu benshi mu birombe barimo abanyamahanga baturutse muri Azia, bakahakura miliyoni z’amadolari buri mwaka, bakayohereza i Kinshasa.

Repubulika ya demokarasi ya Congo ni igihugu gikungahaye ku bwoko bwinshi bw’amabuye y’agaciro, gusa iterambere ry’ubukungu bwayo ryakomeje kudindira bitewe no kuba abayobozi baho bo mu nzego zitandukanye basahura umutungo kamere wayo. Grand-Katanga ni yo ifatwa nk’ikigega kinini cy’amabuye y’agaciro y’iki gihugu, yiganjyemo Cuivre, Cobalt, Gasegereti na Diamant.

Ingabo ziri mu mutwe urinda perezida Felix Tshisekedi ni zo zisigaye zirinda ibirombe byinshi byo muri Grand-Katanga.

Ariko nubwo ari uko abanyamuryango bo mu mashyirahamwe y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ndetse na za sosiyete sivili bo muri iki gice beregereye umunyamategeko w’umubiligi, Me Bernard Maingain, kugira ngo abafashe kurega abafite uruhare mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro yo muri Grand-Katanga bunyuranyije n’amategeko.

Tags: Amabuye y'AgaciroGrand KatangaGusahuraTshisekedi
Share37Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
FARDC irashinja Lubanga kurema umutwe urwanya ubutegetsi bwa RDC.

FARDC irashinja Lubanga kurema umutwe urwanya ubutegetsi bwa RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?