Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Museveni wa Uganda, yarangiye RDC aho yavana igisubizo kirambye ku ntambara ihanganyemo na M23.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
November 21, 2024
in Regional Politics
0
Museveni wa Uganda, yarangiye RDC aho yavana igisubizo kirambye ku ntambara ihanganyemo na M23.
96
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Museveni wa Uganda, yarangiye RDC aho yavana igisubizo kirambye ku ntambara ihanganyemo na M23.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Umukuru w’igihugu cya Uganda, Yoweli Kaguta Museveni, yagendeye inama ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi ko bukwiye kujya mu mishyikirano n’umutwe wa M23, mu rwego rwo guhoshya umwuka mubi umaze igihe kirekire hagati y’impande zombi.

Yoweli, ibi yabibwiye abadepite 10 ba Leta ya Kinshasa bari mu ruzinduko mu gihugu cya Uganda.
Ku wa mbere tariki ya 18/11/2024 ni bwo aba badepite bayobowe na Lambert Mende Omalanga wigeze kuba umuvugizi wa Leta ya Kinshasa bakiriwe muri perezidansi ya Uganda na perezida Museveni.

Ni uruzinduko bagiriye muri iki gihugu, mu gihe kandi na perezida Félix Tshisekedi wa RDC yari aheruka i Kampala kuganira na mugenzi we, Yoweli Kaguta Museveni.

Ibyerekeye intambara ingabo z’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC), zimazemo iminsi zihanganyemo n’umutwe wa M23, iri mubyo aba badepite baganiriyeho na Museveni.

Binavugwa ko perezida Kaguta Museveni yamenyesheje aba badepite ba Kinshasa ko “igisubizo ku kibazo cya RDC na M23 kiri muri EAC aho kuba muri Angola, bityo ni ingombwa kuganira n’umutwe wa M23.”

Nubwo perezida wa Uganda yatanze iki gisubizo, ariko ibiganiro by’i Luanda birakomeje, hagati ya Kigali na Kinshasa. Ibi biganiro bigamije gushakira u Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo bumaze igihe kirekire mu ntambara.

Icyakoze kugeza ubu ibyo biganiro nta musaruro biratanga, kandi Kinshasa iracyinangiye kujya mu mishyikirano n’umutwe wa M23.

Ikindi kandi, bivugwa ko perezida Yoweli Kaguta Museveni yihanangirije iz’intumwa za RDC kudakomeza guta muri yombi bya hato na hato abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwayo, anagaragariza iki gihugu ko ari ngombwa gushyira iherezo ku bihe bidasanzwe bya gisirikare bimaze igihe byarashyizweho mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Ituri.

Biteganijwe ko iz’intumwa za RDC mbere y’uko zijya guha perezida Félix Tshisekedi raporo zirabanza kuyiha Vital Kamerhe uyoboye inteko ishinga mategeko, nyuma zibone kwerekeza kwa Tshilombo.

Tags: IgisubizoImishyikiranoM23MuseveniRdc
Share38Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Nyuma ya muka Sositeni, hafunzwe abandi Banyamulenge mu Minembwe.

Nyuma ya muka Sositeni, hafunzwe abandi Banyamulenge mu Minembwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?