• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Museveni wa Uganda, yarangiye RDC aho yavana igisubizo kirambye ku ntambara ihanganyemo na M23.

minebwenews by minebwenews
November 21, 2024
in Regional Politics
0
Museveni wa Uganda, yarangiye RDC aho yavana igisubizo kirambye ku ntambara ihanganyemo na M23.
96
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Museveni wa Uganda, yarangiye RDC aho yavana igisubizo kirambye ku ntambara ihanganyemo na M23.

You might also like

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Umukuru w’igihugu cya Uganda, Yoweli Kaguta Museveni, yagendeye inama ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi ko bukwiye kujya mu mishyikirano n’umutwe wa M23, mu rwego rwo guhoshya umwuka mubi umaze igihe kirekire hagati y’impande zombi.

Yoweli, ibi yabibwiye abadepite 10 ba Leta ya Kinshasa bari mu ruzinduko mu gihugu cya Uganda.
Ku wa mbere tariki ya 18/11/2024 ni bwo aba badepite bayobowe na Lambert Mende Omalanga wigeze kuba umuvugizi wa Leta ya Kinshasa bakiriwe muri perezidansi ya Uganda na perezida Museveni.

Ni uruzinduko bagiriye muri iki gihugu, mu gihe kandi na perezida Félix Tshisekedi wa RDC yari aheruka i Kampala kuganira na mugenzi we, Yoweli Kaguta Museveni.

Ibyerekeye intambara ingabo z’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC), zimazemo iminsi zihanganyemo n’umutwe wa M23, iri mubyo aba badepite baganiriyeho na Museveni.

Binavugwa ko perezida Kaguta Museveni yamenyesheje aba badepite ba Kinshasa ko “igisubizo ku kibazo cya RDC na M23 kiri muri EAC aho kuba muri Angola, bityo ni ingombwa kuganira n’umutwe wa M23.”

Nubwo perezida wa Uganda yatanze iki gisubizo, ariko ibiganiro by’i Luanda birakomeje, hagati ya Kigali na Kinshasa. Ibi biganiro bigamije gushakira u Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo bumaze igihe kirekire mu ntambara.

Icyakoze kugeza ubu ibyo biganiro nta musaruro biratanga, kandi Kinshasa iracyinangiye kujya mu mishyikirano n’umutwe wa M23.

Ikindi kandi, bivugwa ko perezida Yoweli Kaguta Museveni yihanangirije iz’intumwa za RDC kudakomeza guta muri yombi bya hato na hato abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwayo, anagaragariza iki gihugu ko ari ngombwa gushyira iherezo ku bihe bidasanzwe bya gisirikare bimaze igihe byarashyizweho mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Ituri.

Biteganijwe ko iz’intumwa za RDC mbere y’uko zijya guha perezida Félix Tshisekedi raporo zirabanza kuyiha Vital Kamerhe uyoboye inteko ishinga mategeko, nyuma zibone kwerekeza kwa Tshilombo.

Tags: IgisubizoImishyikiranoM23MuseveniRdc
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika, mu...

Read moreDetails

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails
Next Post
Nyuma ya muka Sositeni, hafunzwe abandi Banyamulenge mu Minembwe.

Nyuma ya muka Sositeni, hafunzwe abandi Banyamulenge mu Minembwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?