• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, December 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Muyaya yagize icyo avuga kw’ifatwa rya Goma.

minebwenews by minebwenews
January 27, 2025
in Regional Politics
0
Muyaya yagize icyo avuga kw’ifatwa rya Goma.
228
SHARES
5.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Muyaya yagize icyo avuga kw’ifatwa rya Goma.

You might also like

Perezida Ndayishimiye Yigeze Gutangaza ko “Uvira Nifatwa” Azatera u Rwanda, Ese U Burundi Bwinjiye mu Gice Gishya cy’Akaduruvayo ka Politiki n’Umutekano?

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda

Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, binyuze mu muvugizi wayo akaba na minisitiri w’itumanaho, Patrick Muyaya, yavuze ko umujyi wa Goma wafashwe, avuga ko wigaruriwe nabo yise ingabo z’u Rwanda, anasaba abaturage ba Goma kuguma mu mago yabo.

Ni mu butumwa uyu muvugizi wa Leta ya Kinshasa yatangaje akoresheje urubuga rwe rwa x, aho yavuze ko umujyi wa M23 urimo abo yise ingabo z’u Rwanda.

Muri ubu butumwa bwa Muyaya yasabye kandi abaturage kuguma mu mago; yagize ati: “Mugume mu mago , kugira ngo mwirinde ibikorwa byabasahura.”

Yavuze kandi ko Leta y’iki gihugu cye, irimo gukora mu kwirinda ko habaho ubwicyanyi no gupfa kw’abantu, avuga ko Kinshasa igira inama abaturage ba Goma kwitwara neza muri ibi bihe bigoye bari gucyamo.

Nyamara kandi, hari amashusho yerekanywe abaturage bamwe bo mu bice by’umujyi wa Goma bari ku mihanda bereka ibyishimo abarwanyi ba M23 batambukaga ku mihanda nyuma y’aho bari bamaze gufata uwo mujyi.

Uyu mutwe mu ijoro ryaraye rikeye wasohoye itangazo uvuga ko wafashe umujyi wa Goma, ko ibikorwa ku kiyaga cya Kivu ubihagaritse, kandi usaba abaturage ba Goma gutuza.

Habonetse n’amashusho yerekana abarwanyi b’uyu mutwe bari kwinjira muri uyu mujyi, kandi ubona barimo batambuka neza.

Ikindi nuko bamwe mu basirikare ba FARDC bambutse umupaka bahungira mu Rwanda, ndetse bagezeyo bakirwa n’ingabo z’u Rwanda, nk’uko bivugwa n’ikigo cya Leta y’u Rwanda cy’itangazamakuru(RBA).

Abandi basirikare benshi babarirwa mu bihumbi bitanu, bahungiye i Bukavu muri Kivu y’Amajy’epfo.

Abaturage baturiye uyu mujyi wa Goma bavuganye na minembwe.com bayibwiye ko uyu mujyi wa Goma hafi ya wose kuva igihe c’isaha zitanu z’igitondo cyo kuri uyu wa mbere, uri kugenzurwa n’umutwe wa M23.

Usibye ko ahagana mu masaha y’igicamunsi, ibice bizwi ko byari birinzwe cyane n’igisirikare cya RDC, nka hitwa Katindo, umusozi wa Goma(Mon Goma) no ku mupaka uzwi nka Grande Barrière wo ku ruhande rwa Goma, byumvikaniyemo urusaku rw’amasasu y’imbunda nini n’into, ariko amakuru yizewe twahawe n’abaturiye ibyo bice ahamya ko abarwanyi b’uyu mutwe ari bo bari kugenzura ibyo bice nyuma yo kubyigarurira.

Ikindi kandi nuko uyu mutwe uri kugenzura neza ikibuga cy’indege cya Goma.

Nubwo uyu mutwe wari utarafata ikibuga cy’indege, ku Cyumweru ni mu goroba watangaje ko iki kibuga cy’indege gifunze, kuko uyu mutwe wari hafi wageze mu bice byo hafi aho washoboraga kurasa indege iyo ari yo yose yakigwaho cyangwa yagihagurukaho.

Andi mashusho yerekanye abarwanyi ba M23 bakirwa n’abaturage mu gace ka Majengo kari hafi y’iki kibuga cy’indege.

Andi makuru avuga ko imfungwa zari zifungiye muri gereza ya Goma nyinshi zasohotse.

Gusa, kugeza ubu muri aya masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa mbere, mu bice bimwe na bimwe bya Goma biracyumvikanamo amasasu, cyane cyane mu burasirazuba bw’uyu mujyi wa Goma.

Kurundi ruhande, i Kinshasa ku murwa mukuru w’i ki gihugu habaye imyigaragambyo yamagana ifatwa rya Goma, ndetse kandi iyi myigaragaragambyo, yabereye ni i Bukavu muri Kivu y’Amajy’epfo.

Tags: FardcGomaM23Muyaya
Share91Tweet57Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Perezida Ndayishimiye Yigeze Gutangaza ko “Uvira Nifatwa” Azatera u Rwanda, Ese U Burundi Bwinjiye mu Gice Gishya cy’Akaduruvayo ka Politiki n’Umutekano?

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
Amahoro nyayo ntashoboka FDLR igihari- Léonard Okitundu w’umunye-Kongo

Perezida Ndayishimiye Yigeze Gutangaza ko “Uvira Nifatwa” Azatera u Rwanda, Ese U Burundi Bwinjiye mu Gice Gishya cy’Akaduruvayo ka Politiki n’Umutekano? Perezida Évariste Ndayishimiye yagaragaje amagambo akomeye igihe...

Read moreDetails

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe Intambara ikomeje mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kugira ingaruka zikomeye...

Read moreDetails

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
Perezida w’u Burundi agiye gufatanya na Kigali na Kinshasa mu rugendo rw’amahoro i Washington

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda Leta y’u Burundi yatangaje ko u Rwanda rukomeje ibikorwa busobanura nk’iby’urugomo no guhungabanya umutekano” ku mupaka...

Read moreDetails

Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri

by Bahanda Bruce
December 6, 2025
0
Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri

Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri Amakuru mashya aturuka mu Burundi akomeje kugaragaza urugendo rutavugwaho rumwe rw’imodoka...

Read moreDetails

Ubusesenguzi ku Bitekerezo bya Girinka Kabare ku Mibanire ya Perezida w’u Burundi n’Abanyamurenge

by Bahanda Bruce
December 6, 2025
0
Perezida w’u Burundi agiye gufatanya na Kigali na Kinshasa mu rugendo rw’amahoro i Washington

Ubusesenguzi ku Bitekerezo bya Girinka Kabare ku Mibanire ya Perezida w’u Burundi n’Abanyamurenge Umusesenguzi w’Umunye-Congo wo mu bwoko bw’Abanyamulenge, William Girinka Kabare, mu kiganiro yagiranye na Minembwe Capital...

Read moreDetails
Next Post
Mibunda: Imirwano itaravuzwe hagati ya Red-Tabara n’ingabo z’u Burundi.

Mibunda: Imirwano itaravuzwe hagati ya Red-Tabara n'ingabo z'u Burundi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?