MWENGA: Radio Community de Mwenga Yatewe, Ibikoresho Birasahurwa n’Ibiganiro Birahagarara
MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)
Radio Community de Mwenga (RCM), imwe muri radiyo zikorera mu mujyi wa Mwenga, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, yahagaritse ibiganiro byayo kuva ku itariki ya 09/09/2026, nyuma y’uko ibiro byayo byinjiriwemo n’abagizi ba nabi mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki ya 08/09/2026 kugeza ku wa Gatatu tariki ya 09/09/2026.
Radio Community de Mwenga iherereye hagati mu mujyi wa Mwenga, ku birometero bigera kuri 120 uvuye mu mujyi wa Bukavu, akaba ari na ho hari icyicaro cya Teritware ya Mwenga.
Nubwo abagabye icyo gitero bataramenyekana ku mugaragaro, hari amakuru agaragaza ko bishobora kuba byarakozwe n’abarwanyi ba Wazalendo, cyane cyane bitewe n’umutekano muke umaze igihe uvugwa muri tumwe mu duce two muri Mwenga no mu bindi bice bya Kivu y’Amajyepfo bigenzurwa n’ingabo za FARDC zifatanyije na Wazalendo.
Ibyangijwe n’ibyasahuwe
Yves Kitoga, Umuyobozi wa Radio Community de Mwenga, yavuze ko abantu bataramenyekana binjiye muri sitasiyo ya radiyo, bagaca urugi rw’ubwinjiriro, nyuma bakerekeza mu cyumba cy’ikoranabuhanga.
Abo bantu batwaye mudasobwa zakoreshwaga mu gutunganya amajwi, gutangaza ibiganiro no mu bikorwa bya tekiniki bya radiyo.
Bakoresheje kandi ibikoresho birimo isuka n’agafuni mu kumena idirishya ry’ibiro by’ubuyobozi bwa radiyo.
Muri ibyo biro, hibwe mudasobwa igendanwa yo mu bwoko bwa HP yari ibitsemo ububiko bw’amakuru ya radiyo, archives z’amajwi ndetse n’inyandiko z’ubuyobozi.
Hibwe kandi amafaranga, telefoni nyinshi za Android zakoreshwaga mu gutara amakuru, power banks ndetse n’ibindi bikoresho.
Ibiro by’ubuyobozi bwa radiyo byasenywe kandi birangizwa bikomeye.
Kubera ubwinshi bw’ibyangijwe, ubuyobozi bwa RCM bwatangaje ko radiyo yahagaritse ibikorwa byayo kugeza igihe kitazwi, mu gihe hategerejwe ko ibikorwa byo gusana no gusubiza radiyo ku murongo biboneka.
Umuntu umwe yafashwe
Nyuma y’iki gikorwa, umuntu umwe ukekwa yafashwe nyuma yo gutangwa n’abaturage.
Uyu ukekwaho icyaha ari mu maboko y’inzego z’umutekano, afungiye muri kasho ya Teritware ya Mwenga, mu gihe iperereza rikomeje.
Ishyirahamwe Journaliste en Danger (JED) risaba abayobozi ba Teritware ya Mwenga gukora iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane abateye iyi radiyo, impamvu babikoze ndetse n’ababiri inyuma.
Umutekano muke ukomeje kuvugwa muri Mwenga no mu bindi bice
Iki gitero kibaye mu gihe hari impungenge zikomeye z’umutekano mu bice bimwe na bimwe bya Kivu y’Amajyepfo, cyane cyane ahakunze gukorera cyangwa kugenzurwa n’imitwe ya Wazalendo ifatanya na FARDC, ndetse no mu bice bivugwamo ibikorwa by’ingabo z’u Burundi.
Mu bice bimwe, abaturage bakomeje gutangaza ibibazo birimo gushimutwa, ubwicanyi, ubusahuzi n’ihohoterwa, aho bamwe mu baturage bavuga ko hari ibikorwa bibi bikorwa n’abantu bitwaje intwaro.
Ku rundi ruhande, amateka y’iyi radiyo agaragaza ko yagiye igabwaho ibitero by’abantu bitwaje intwaro, ndetse bamwe mu banyamakuru bayo bakaba baragiye bahura n’ibitero n’iterabwoba mu kazi kabo.
Ubuyobozi bwa Radio Community de Mwenga burasaba inzego za politiki n’ubuyobozi, inzego z’umutekano ndetse n’abafatanyabikorwa batandukanye gutanga ubufasha mu gusana ibyangijwe, kugarura ibikoresho no gutuma ibiganiro by’iyi radiyo bisubukurwa vuba, ariko kandi umutekano w’abanyamakuru n’abakozi bayo ukitabwaho.
Iki gikorwa cyongeye kuzamura impungenge ku mutekano w’ibitangazamakuru n’abanyamakuru bakorera mu bice by’intambara n’umutekano muke mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Minembwe Capital News (MCN)





