Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ndayishimiye yavuze ibyo maneko z’u Rwanda zamubwiye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 26, 2025
in Regional Politics
0
Perezida w’u Burundi yavuze ibyo gutera u Rwanda, avuga n’impamvu abantu batamenya imbaraga igisirikare cye gifite.
94
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ndayishimiye yavuze ibyo maneko z’u Rwanda zamubwiye.

You might also like

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yongeye kuvuga amagambo gashoza ntambara ku Rwanda, ubwo yumvikanaga avuga ko afite amakuru yavanye muri ba maneko b’u Rwanda, kandi ko bamubwiye ko umutwe wa Red-Tabara ukorera mu Burasizuba bwa Congo urwanya ubutegetsi bwe, akaba kandi awushinja gufashwa n’u Rwanda, ushaka gutera i Bujumbura, avuga ko muri icyo gihe nawe ingabo ze zizahita zitera i Kigali mu Rwanda.

Hari mu kiganiro perezida w’u Burundi aheruka kugirana n’igitangaza makuru cya BBC, aho yumvikanye akivugamo ko azi neza ko u Rwanda rushaka gukoresha inyeshyamba za Red-Tabara mu gutera igihugu cye.

Yagize ati: “Turabizi ko bashaka gukoresha Red-Tabara mu gutera u Burundi, nka kuriya bari kubikora muri Congo bakoresheje m23. Abarundi turi teguye.”

Yongeyeho kandi ati: “Barashaka kudutera baturutse i Congo, ariko natwe i Kigali sikure duciye mu Kirundo.”

Ndayishimiye yagaragaje ko ibyo yabivanye mu makuru y’ubutasi, nyamara kandi nko m’ukwezi kwa cumi n’umwe umwaka ushize ubwo uyu mutwe wari umaze iminsi ugaba ibitero muri zone ya Gatumba i Bujumbura, nabwo yabyegetse k’u Rwanda ndetse birangira afunze imipaka yose yo kubutaka ihuza ibihugu byombi.

Ubundi kandi mu mwaka ushize wa 2024 ubwo uyu mukuru w’iki gihugu cy’u Burundi yarimo aganira n’urubyiruko rw’Abanye-Kongo i Kinshasa mu ruzinduko yari yagiriye yo, yumvikanye avuga ko azafasha urubyiruko rw’Abanyarwanda gukuraho ubutegetsi bwabo.

Bigaragaza ko amagambo ya perezida Ndayishimiye ku Rwanda atari mashya, kuko n’ubushize kandi ubwo yari muri komine Bugabira mu ntara ya Kirundo, hafi y’umupaka w’u Rwanda, yavuze ko Abarundi biteguye guhangana n’Abanyarwanda.

Ati: “Mwebwe mwitegure, ntimugire ubwoba, bariya turaziranye. Mu bugesera muraziranye, kuva kungoma ya cyami ntibigeze batunesha, ubu ni bwo badushobora? Mubibutse muti muzi mu Kirundo aho byavuye?”

Uyu mutegetsi asanzwe ashinja u Rwanda gukorana n’umutwe wa Red-Tabara, ibintu u Rwanda rwahakanye, rugasobanura ko ntaho ruhuriye n’u mutwe uwari wo wose urwanya ubutegetsi bw’i Bujumbura.

Ndayishimiye akomeje kuvuga ibi mu gihe hari icyizere cy’uko umubano w’ibihugu byombi (u Rwanda n’u Burundi) uri kugaruka.

Ni mu gihe minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yari aherutse gutangaza ko abayobozi bo mu Rwanda n’abo mu Burundi bakomeje ibiganiro, biri mu nzira yo guhagarika ubushamirane.

Akoresheje x, yagize ati: “U Rwanda n’u Burundi biri mu nzira nziza yo guhagarika ubushamirane no kumvikana, mu gihe ibiganiro bikomeje hagati y’abayobozi bo mu bihugu byombi.”

Ibi kandi byari biheruka gutangazwa na perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, aho yavuze ko bari mu nzira zo kumvikana hagati y’igihugu cye n’u Burundi.

Tags: Gashoza ntambara ku RwandaNdayishimiyeU Rwanda
Share38Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Leta y'u Rwanda yatangaje ko yishimiye isinywa ry'inyandiko y'amahame y'ibanze ngenderwaho aganisha...

Read moreDetails

AFC/M23 yatanze umucyo kubyo Leta yavuze ko bemeranyije kuvana Ingabo mu duce igenzura.

by Bruce Bahanda
July 19, 2025
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

AFC/M23 yatanze umucyo kubyo Leta yavuze ko bemeranyije kuvana ingabo mu duce igenzura. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryabeshyuje Leta y'i Kinshasa yatangaje ko iri huriro rigomba...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku masezerano RDC na AFC/M23 bagiranye.

by Bruce Bahanda
July 19, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Ibyimbitse ku masezerano RDC na AFC/M23 bagiranye. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya AFC/M23 kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19/07/2025, byashyize umukono ku mahame...

Read moreDetails
Next Post
Red-Tabara yahishuye ukuri kwayo gutandukanye n’ibimaze iminsi biyivugwaho.

Red-Tabara yahishuye ukuri kwayo gutandukanye n'ibimaze iminsi biyivugwaho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?