• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ndayishimiye yavuze ibyo maneko z’u Rwanda zamubwiye.

minebwenews by minebwenews
March 26, 2025
in Regional Politics
0
Perezida w’u Burundi yavuze ibyo gutera u Rwanda, avuga n’impamvu abantu batamenya imbaraga igisirikare cye gifite.
94
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ndayishimiye yavuze ibyo maneko z’u Rwanda zamubwiye.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yongeye kuvuga amagambo gashoza ntambara ku Rwanda, ubwo yumvikanaga avuga ko afite amakuru yavanye muri ba maneko b’u Rwanda, kandi ko bamubwiye ko umutwe wa Red-Tabara ukorera mu Burasizuba bwa Congo urwanya ubutegetsi bwe, akaba kandi awushinja gufashwa n’u Rwanda, ushaka gutera i Bujumbura, avuga ko muri icyo gihe nawe ingabo ze zizahita zitera i Kigali mu Rwanda.

Hari mu kiganiro perezida w’u Burundi aheruka kugirana n’igitangaza makuru cya BBC, aho yumvikanye akivugamo ko azi neza ko u Rwanda rushaka gukoresha inyeshyamba za Red-Tabara mu gutera igihugu cye.

Yagize ati: “Turabizi ko bashaka gukoresha Red-Tabara mu gutera u Burundi, nka kuriya bari kubikora muri Congo bakoresheje m23. Abarundi turi teguye.”

Yongeyeho kandi ati: “Barashaka kudutera baturutse i Congo, ariko natwe i Kigali sikure duciye mu Kirundo.”

Ndayishimiye yagaragaje ko ibyo yabivanye mu makuru y’ubutasi, nyamara kandi nko m’ukwezi kwa cumi n’umwe umwaka ushize ubwo uyu mutwe wari umaze iminsi ugaba ibitero muri zone ya Gatumba i Bujumbura, nabwo yabyegetse k’u Rwanda ndetse birangira afunze imipaka yose yo kubutaka ihuza ibihugu byombi.

Ubundi kandi mu mwaka ushize wa 2024 ubwo uyu mukuru w’iki gihugu cy’u Burundi yarimo aganira n’urubyiruko rw’Abanye-Kongo i Kinshasa mu ruzinduko yari yagiriye yo, yumvikanye avuga ko azafasha urubyiruko rw’Abanyarwanda gukuraho ubutegetsi bwabo.

Bigaragaza ko amagambo ya perezida Ndayishimiye ku Rwanda atari mashya, kuko n’ubushize kandi ubwo yari muri komine Bugabira mu ntara ya Kirundo, hafi y’umupaka w’u Rwanda, yavuze ko Abarundi biteguye guhangana n’Abanyarwanda.

Ati: “Mwebwe mwitegure, ntimugire ubwoba, bariya turaziranye. Mu bugesera muraziranye, kuva kungoma ya cyami ntibigeze batunesha, ubu ni bwo badushobora? Mubibutse muti muzi mu Kirundo aho byavuye?”

Uyu mutegetsi asanzwe ashinja u Rwanda gukorana n’umutwe wa Red-Tabara, ibintu u Rwanda rwahakanye, rugasobanura ko ntaho ruhuriye n’u mutwe uwari wo wose urwanya ubutegetsi bw’i Bujumbura.

Ndayishimiye akomeje kuvuga ibi mu gihe hari icyizere cy’uko umubano w’ibihugu byombi (u Rwanda n’u Burundi) uri kugaruka.

Ni mu gihe minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yari aherutse gutangaza ko abayobozi bo mu Rwanda n’abo mu Burundi bakomeje ibiganiro, biri mu nzira yo guhagarika ubushamirane.

Akoresheje x, yagize ati: “U Rwanda n’u Burundi biri mu nzira nziza yo guhagarika ubushamirane no kumvikana, mu gihe ibiganiro bikomeje hagati y’abayobozi bo mu bihugu byombi.”

Ibi kandi byari biheruka gutangazwa na perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, aho yavuze ko bari mu nzira zo kumvikana hagati y’igihugu cye n’u Burundi.

Tags: Gashoza ntambara ku RwandaNdayishimiyeU Rwanda
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Red-Tabara yahishuye ukuri kwayo gutandukanye n’ibimaze iminsi biyivugwaho.

Red-Tabara yahishuye ukuri kwayo gutandukanye n'ibimaze iminsi biyivugwaho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?