Nigeria: Igisasu Cyaturikiye mu Musigiti Gihitana Abantu Benshi, Abandi Barakomereka
Abantu batanu baguye mu gitero cy’igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Nigeria, mu gihe abandi 35 bakomeretse bikomeye.
Iki gisasu cyaturitse ku mugoroba wo ku wa Gatatu ahagana saa kumi n’ebyiri, mu gihe abayisilamu bari bateraniye mu masengesho ya nimugoroba. Abatangabuhamya bavuze ko iryo turika ryabereye mu gace ka Gamboru Market, ahari hateraniye abantu benshi, bigatuma ingaruka zacyo zirushaho gukara.
Polisi ya Leta ya Borno yatangaje ko iperereza ry’ibanze ryerekana ko iki gitero gishobora kuba cyakozwe n’umwiyahuzi. Umuvugizi wa polisi, Nahum Daso, yavuze ko habonetse ibisigazwa byerekana uburyo bwakoreshejwe n’abiyahuzi, ashimangira ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane ukuri ku byabaye.
Inzego z’umutekano zahise zitangira gusaka no kugenzura ako gace ka Maiduguri, mu rwego rwo gukumira ibindi bisasu cyangwa ibindi bikorwa by’iterabwoba byashoboraga gukurikiraho.
Kugeza ubu, nta mutwe urigamba iki gitero. Gusa Maiduguri imaze igihe kinini ari indiri y’ibitero by’imitwe yitwaje intwaro irimo Boko Haram n’ishami ryayo rya Islamic State West Africa Province (ISWAP).
Ukwigomeka muri aka karere kumaze imyaka irenga 15, kwahitanye abantu barenga ibihumbi 40 bisiga kandi abarenga miliyoni ebyiri bavuye mu byabo, nk’uko bitangazwa n’Umuryango w’Abibumbye (Loni).






