Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Nyuma yuko intambara ihinduye isura muri Ukraine, ingabo z’iki Gihugu zahaye isomo rikomeye u Burusiya.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 9, 2024
in Regional Politics
0
Nyuma yuko intambara ihinduye isura muri Ukraine, ingabo z’iki Gihugu zahaye isomo rikomeye u Burusiya.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Nyuma yuko intambara ihinduye isura muri Ukraine, ingabo z’iki Gihugu zahaye isomo rikomeye u Burusiya.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni kuri uyu wa Gatanu tariki ya 09/08/2024, ingabo za Ukraine zafashe agace ka Kursk ko mu Burusiya, nk’uko byatangajwe n’ibiro ntara makuru bya Bongereza, Reuters.

U Burusiya bwatangaje ko kuri uyu wa Gatanu bwohereje izindi ngabo nyinshi n’amasasu mu bice biherereye ku mupaka, aho Ingabo za Ukraine zagabye igitero gikomeye cyo ku butaka kikaba cyasize izi ngabo za zigaruriye Kursk agace ko mu Burusiya.

Amakuru avuga ko guhera ku wa Kabiri ingabo za Ukraine zatangiye kuzenguruka muri aka karere ka Kursk ko mu Burengerazuba bw’u Burusiya. Binavugwa kandi ko iki kwaricyo gitero cyakomereye ingabo z’u Burusiya kuva iy’i ntambara yaduka hagati y’iz’i mpande zombi mu 2022.

Minisitiri y’ingabo z’u Burusiya yatangaje ko yohereje ibikoresho by’agisirikare bikomeye, birimo ibyo gukoresha mu gutera za roketi, ibisasu bya rutura, amatanki na za burende hamwe n’amakamyo aremereye kugira ngo bikaze ubwirinzi mu karere.

Ingabo za Ukraine zigera ku gihumbi hamwe n’imodoka za burende zirenga 20 n’amatanki, byagize uruhare mu gitero kw’ikubitiro, hakurikijwe ikigereranyo cy’u Burusiya, n’ubwo iki Gihugu cyigambye kuva icyo gihe ko cyashwanyaguje byinshi muri ibyo bikoresho.

Ukraine ntiyemeye ku mugaragaro uruhare rwayo, cyakora perezida Volodymyr Zelensky, mu ijambo rye ejo ku wa Kane, yavuze ko u Burusiya bugomba ‘kumva’ ingaruka zo kuvogera igihugu cyabo.

Kuri uyu wa Gatanu, impande zombi zakajije umurego n’ibitero byo mu kirere mu kwunganira abasirikare barwanira ku butaka.

Ikigo cy’ubutabazi bwihutirwa cya leta muri Ukraine, cyatangaje ko igitero cya misile cy’u Burusiya cyagabwe ku manywa y’ihangu ku iduka ry’ibiribwa, mu mujyi wa Kostyantynivka mu Burasirazuba bwa Ukraine, cyahitanye abantu byibura 11 kigakomeretsa 44.

Nk’uko byavuzwe uwo mujyi uri mu birometro nka 13 uvuye aho ingabo z’u Burusiya zifite ibirindiro.

                MCN.
Tags: KurskUkraine
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Abaperezida bazitabira umuhango wo kurahira kwa perezida Paul Kagame bamenyekanye.

Abaperezida bazitabira umuhango wo kurahira kwa perezida Paul Kagame bamenyekanye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?