Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Operasiyo itaravuzwe iyo M23 iheruka gukorera i Sake.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 2, 2025
in Conflict & Security
0
Hamenyekanye umubare udasanzwe w’Amadubu arangije ikosi ya gisirikare muri Kivu y’Epfo.
87
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Operasiyo itaravuzwe iyo M23 iheruka gukorera i Sake.

You might also like

Mutamba yabwiye Tshisekedi ibyo kumushyikiriza ubutabera aho byacuriwe.

Umusirikare wahoze ari inkoramutima ya Tshisekedi ararira ayo kwarika.

RDC: Tshisekedi yasabwe kwegura mu maguru mashya.

Umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, uheruka gukora operasiyo idasanzwe i Sake iyiciramo abarwanyi benshi ba FDLR abandi ibafata mpiri barimo n’abakomanda babiri bafite amapeti yo hejuru.

Iyi operasiyo abarwanyi b’uyu mutwe wa M23 bayikoze hagati muri iki cyumweru turimo.

Bivugwa ko yakorewe mu gace kitwa Mukimoka, gaherereye i Sake mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ho mu Burasizuba bwa RDC.

Hari nyuma y’aho abarwanyi b’uyu mutwe wa M23 bari bamenye ko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, ahanini zigwiriyemo umutwe wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda bateguye igitero kuri uyu mutwe.

Niho wahise ubagabaho igitero gikaze. Amakuru yizewe Minembwe Capital News yahawe n’umwe wo muri uyu mutwe wa M23 avuga ko iyo operasiyo yafatiwemo abarwanyi bo muri FDLR bagera kuri 83, barimo Colonel umwe, n’umujenerali nawe umwe.

Mu gihe ibikoresho bya gisirikare byo, ibirimo imbunda n’amasasu n’ibindi birimo iby’itumanaho byari byinshi, nk’uko aya makuru akomeza abivuga.

Aha i Sake hakorewemo iriya operasiyo, uyu mutwe wa M23 wa higaruriye mu mpera z’umwaka ushize, mbere yuko ufata umujyi wa Goma ku itariki ya 27/01/2025.

Iyi Sake rero iherereye mu ntera y’i birometero bibarirwa muri 27, uvuye mu mujyi wa Goma ufatwa nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Nyuma y’aho M23 ibohoje ibice byinshi byo muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, harimo n’umujyi wa Sake, ririya huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zakunze kubigabamo ibitero mu rwego rwo kugira ngo zibyisubize, ni muri ubwo buryo uyu mutwe uzikorera ama-operasiyo adasanzwe yo kuzihiga bukware.

Ibyo kandi M23 yabikoze nyuma y’ibitero iri huriro ry’ingabo za Congo zakoze i Goma ku itariki ya 11/04/2025. Kuko icyo gihe nabwo yakoze operasiyo idasanzwe, maze umutekano n’ituze byongera kuganza mu mujyi wa Goma no mu nkengero zawo.

Tags: KimokaM23OperasiyoSake
Share35Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Mutamba yabwiye Tshisekedi ibyo kumushyikiriza ubutabera aho byacuriwe.

by Bruce Bahanda
June 19, 2025
0
Mutamba yabwiye Tshisekedi ibyo kumushyikiriza ubutabera aho byacuriwe.

Mutamba yabwiye Tshisekedi ibyo kumushyikiriza ubutabera aho byacuriwe. Uwahoze ari minisitiri w'ubutabera muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Constant Mutamba, yamenyesheje perezida w'iki gihugu, Felix Tshisekedi ko umugambi...

Read moreDetails

Umusirikare wahoze ari inkoramutima ya Tshisekedi ararira ayo kwarika.

by Bruce Bahanda
June 18, 2025
0
Umusirikare wahoze ari inkoramutima ya Tshisekedi ararira ayo kwarika.

Umusirikare wahoze ari inkoramutima ya Tshisekedi ararira ayo kwarika. Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo cyataye muri yombi Lieutenant General Jean Claude Yav Kabeya, wabaye inkoramutima ya...

Read moreDetails

RDC: Tshisekedi yasabwe kwegura mu maguru mashya.

by Bruce Bahanda
June 18, 2025
0
RDC: Tshisekedi yasabwe kwegura mu maguru mashya.

RDC: Tshisekedi yasabwe kwegura mu maguru mashya. Colonel Innocent Kaina uheruka gutangaza ko yashinze umutwe wa gisirikare ugamije gushyiraho akadomo kanyuma ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo,...

Read moreDetails

Abasirikare b’u Burundi bongeye guhemukira Abanyamulenge bari baherekeje.

by Bruce Bahanda
June 18, 2025
0
Abasirikare b’u Burundi bongeye guhemukira Abanyamulenge bari baherekeje.

Abasirikare b'u Burundi bongeye guhemukira Abanyamulenge bari baherekeje. Amakuru aturuka i Uvira muri Kivu y'Amajyepfo, avuga ko hari Abanyamulenge bahagiriye ikibazo ni mu gihe bafashwe na Wazalendo babakorera...

Read moreDetails

AFC/M23 yabohoje akandi gace muri Kivu y’Epfo.

by Bruce Bahanda
June 18, 2025
0
AFC/M23 yabohoje akandi gace muri Kivu y’Epfo.

AFC/M23 yabohoje akandi gace muri Kivu y'Epfo. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho, abarwanyi baryo babohoje akandi gace ko muri teritware ya Walungu...

Read moreDetails
Next Post
Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, yategujwe kogoshwa nk’uko byakorewe Eddie Mutwe.

Bobi Wine utavuga rumwe n'ubutegetsi muri Uganda, yategujwe kogoshwa nk'uko byakorewe Eddie Mutwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?