• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Cyirl Ramaphosa, yasezeranije kohereza abandi basirikare benshi muri RDC nyuma y’uko M23 yigaruriye ibice byingenzi.

minebwenews by minebwenews
February 13, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Cyirl Ramaphosa, yasezeranije kohereza abandi basirikare benshi muri RDC nyuma y’uko M23 yigaruriye ibice byingenzi.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida wa Afrika y’Epfo, Cyirl Ramaphosa yasezeranije kohereza inzindi ngabo z’igihugu cye 3000, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ku rwanya M23.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni k’umunsi w’ejo hashize, tariki ya 12/02/2024, umukuru w’igihugu cya Afrika y’Epfo, yongeye gushimangira ko agiye gufasha igisirikare cy’igihugu cya RDC ku rwanya M23. Aba basirikare ya vuze ko n’ubundi bazoherezwa mu buryo bwa SADC, bakazasanga abandi bariyo ba barirwa muri magana abiri arenga.

Ibi akaba yarabivuze ubwo yari mukiganiro n’abanyamakuru bo mu gihugu cye nk’uko bya tangajwe na RFI.

Yagize ati: “Tugomba gufasha leta ya Congo kurwanya M23, kugeza itsinze urugamba. Igihugu cyanjye kigiye kohereza abandi basirikare 3000 bazafasha abariyo.”

Umukuru w’igihugu cya Afrika y’Epfo, afashe uyu mwanzuro mu gihe M23 k’u mugoroba w’ejo hashize, yigaruriye igice kinini cy’u Mujyi wa Sake, uri mu ntera y’ibirometre 27 n’u Mujyi wa Goma.

Inyandiko umuvugizi wa M23 yaraye ashize hanze mu ijoro ryakeye yavuze ko ingabo ze zitazakomeza kwihanganira ibibi bikorwa n’ihuriro ry’Ingabo zirwana k’uruhande rwa Guverinoma ya Kinshasa, yemeza ko M23 igiye gukora ibishoboka byose maze yirukane izo ngabo ivuga ko zibangamiye abasivile mu Burasirazuba bwa RDC.

Yagize ati: “Nta bwo tuza komeza kwihanganira ibibi bikorerwa abasivile, kandi bikozwe n’ihuriro ry’ingabo za RDC, SADC, FDLR, FARDC, ingabo z’u Burundi, Wazalendo na Wagner. Tugiye gukora ibishoboka byose izi nkozi zikibi tuzivane kuri ubu butaka.”

Imirwano ishamiranije M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana k’uruhande rwa leta, ku munsi w’ejo hashize yabereye mubice byinshi harimo iya bereye mu bice biri hafi na Goma, byo muri teritware ya Nyiragongo, indi ibera muri teritware ya Masisi, aho bivugwa ko Centre ya Sake, kugeza ubu M23 imaze gufata igice kinini cy’iyo Centre ikindi gice gifitwe n’ihuriro ry’Ingabo za RDC. Harandi makuru avuga ko Sake yamaze kwigarurirwa yose na M23 ariko sibyo nk’uko iy’inkuru tuyikesha bamwe mu barwanyi ba M23.

Biravugwa ko Sake network yacitse bivuye kw’i tegeko rya leta umwabo wo gutinya ko itumanaho rifasha M23 gufata iyo centre ya Sake.

Ahandi biravugwa ko u Mujyi wa Goma wamaze kwinjira mu bwoba bwinshi ko ndetse imirwano yo kuri uyu wa Mbere, yasize M23 y’igaruriye uduce turimo Kanyabuki, Kanyamahoro, ibice biri mu nkengero z’u Mujyi wa Goma, mu birometre 12.

Bruce Bahanda.

Tags: 3000Afrika y'EpfoCyirl RamaphosaPerezidaRdcYasezeranije kohereza abandi basirikare
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Aka Nama gashinzwe umutekano kw’Isi, kasabye RDC kuganira na M23, bongera gushinja M23 gutunga ibikoresho bikaze bya gisirikare.

Aka Nama gashinzwe umutekano kw'Isi, kasabye RDC kuganira na M23, bongera gushinja M23 gutunga ibikoresho bikaze bya gisirikare.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?