Hashizweho komisiyo yo gukemura amakimbirane amaze imyaka ari hagati y’aba Teke na Yaka.
Ni byatangajwe n’ibiro ntara makuru bya RDC, L’agance Congolese de presse(ACP), byatangaje ko “bivuye ku itegeko ry’umukuru w’igihugu Félix Tshisekedi hashizweho komisiyo izakurikirana ikibazo kimaze imyaka hagati y’aba Teke na Yaka, muri teritware ya Kwamouth i Mai-Ndombe, mu majyepfo ya Kinshasa.”
Ibi biro ntara makuru bya RDC, bivuga ko iyi komisiyo yashizweho ku wa Gatandatu w’i Cyumweru gishize ikaba iyobowe na minisitiri w’u butegetsi bw’i gihugu bwana Peter Kazadi.
Mu nkuru ibi biro byashize hanze ku munsi w’ejo ivuga iti: “Umukuru w’igihugu yahaye ubu butumwa minisitiri Peter Kazadi, bugamije gukemura by’imbitse amakimbirane amaze imyaka ari hagati y’aba Teke na Yaka.”
Ikomeza ivuga ko “iyi komisiyo kandi ngwizaba irimo abatware bayoboye imiryango y’aba Teke na Yaka ndetse n’abandi banyacyubahiro bazava muri perezidansi ya Repubulika ya demokarasi ya Congo.”
Minisitiri Peter Kazadi ubwe yabwiye ibi biro ntara makuru bya RDC, L’agance Congolese de presse ko bategetswe na perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, gukora ibishoboka bakagarura amahoro muri ibyo bice.
Ati: “Abantu benshi bamaze gupfira muri ayo makimbirane ya Teke na Yaka. Kuri ubwo turakora Kugira amahoro agaruke. “
Yakomeje agira ati: “Impande zishyamiranye zamaze gutanga ubusobanuro ku mvo y’ibibazo bamaranye imyaka myinshi. Hari nibyo bagiye basaba ko byo kemuka mu maguru mashya, nka ba Yaka basaba ko ababo bafunzwe borekurwa, basaba kandi ko mu gace kabo ko hozanwa abasirikare abapolisi bahari bakahavanwa.”
“Ibikorwa remezo byagiye byangirika igihe cy’intambara, basaba leta ku bisana. Mu gihe Teke bo basaba ko hashirwaho iperereza ry’imbitse ku moko yombi bafashijwe na leta abakoze amabi bakabiryozwa. Basaba kandi ko abahohotewe bagomba guhabwa indishyi za kababaro.”
Bizwi ko amakimbirane y’aba Teke na Yaka yongeye gukaza umurego ahagana mu mwaka w’ 2017 ni mu gihe yatangiye mu myaka ibarirwa mu icumi irenga ishize.
MCN.