Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Félix Tshisekedi yagize ibindi bibi avuga ku wahoze ari umukuru w’igihugu cya RDC, Joseph Kabila.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 7, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Félix Tshisekedi yagize ibindi bibi avuga ku wahoze ari umukuru w’igihugu cya RDC, Joseph Kabila.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Félix Tshisekedi yagize ibindi bibi avuga ku wahoze ari umukuru w’igihugu cya RDC, Joseph Kabila.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Nibyo Tshisekedi yatangaje nyuma y’uko yari amaze koroherwa ari i Bruxelles mu Bubiligi ubwo yajaga muri ambasade ya Congo iri muri iki gihugu cy’u Bubiligi avuga ko Joseph Kabila ari umwe n’ihuriro ry’imitwe ya politiki n’igisirikare rya AFC.

Muri iki kiganiro Tshisekedi yagize ati: “Ndabizi neza, Joseph Kabila ni umwe na M23 ashigikiye Corneille Nangaa. Simbahisha tuzahangana kandi nzamutsinda.”

Ubwo yarimo akora iki kiganiro, ntiyanahwemye kandi kongera gushimangira ko atazigera narimwe yicarana na M23 ngo baganire nayo.

Ati: “Nta narimwe bizigera biba. Ntabwo nakwicarana na M23 ni abicanyi ndetse kandi ni umutwe w’iterabwoba.”

Yanaboneyeho kandi gushinja ubutegetsi bwa Kigali kwica abaturage ba Repubulika ya demokarasi ya Congo. Nk’uko abyivugira yavuze ko ingabo z’u Rwanda zihisha muri M23 zikicya Abanyekongo.

Iki kiganiro yakoreye muri ambasade ya Congo iri mu Bubiligi, yagikoze mu gihe yari amaze igihe arwariye muri iki gihugu, nk’uko byavuzwe n’umuvugizi we, Tina Salama akoresheje urubuga rwa x yatangaje ko Tshisekedi ameze neza kandi ko yiteguye gusubira mu gihugu.

Tshisekedi yashinje Joseph Kabila gukorana byahafi n’umutwe wa M23 mu gihe bigize igihe bivugwa ko uyu wigezeho kuyobora igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, ko ari gukurikirana ibyamashuri ye mu gihugu cya Afrika y’Epfo.

Ndetse akaba atanaheruka mu gihugu cya RDC.

Ibi akaba atari igishitsi kuko mu magambo amenyerewe ya perezida Félix Tshisekedi akunze kwibasira abo batavuga rumwe ndetse kandi akibasira n’ubutegetsi bwa Kigali cyane, kandi ahanini akunze ku bigarukaho mu gihe M23 iba yagize ibice byinshi yigarurira mu Burasirazuba bwa RDC.

Dore ko anabigarutseho nyuma y’iminsi ibiri gusa M23 yigaruririye agace ka Ishasha agahereyemo umupaka uhuza RDC na Uganda, ndetse kandi ikaba yarafashe Grupema ya Binza yose yo muri teritware ya Rutshuru.

              MCN.
Tags: AFCArashinja KabilaTshisekedi
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Elie Mpojeje wigeze gufatwa matekwa na Maï Maï yavuze uko yarokotse.

Elie Mpojeje wigeze gufatwa matekwa na Maï Maï yavuze uko yarokotse.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?