• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, March 7, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
March 7, 2026
in Regional Politics
0
Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington

You might also like

Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko u Rwanda rwifuza amahoro arambye mu karere, kandi ko rwiteguye gukuraho ingamba z’ubwirinzi rwashyizeho mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yaba yubahirije inshingano zayo nk’uko ziteganywa mu masezerano ibihugu byombi byashyiriyeho umukono i Washington.

Ibi Perezida Kagame yabigarutseho ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 06/03/2026, ubwo yagiranaga ibiganiro n’abadipolomate bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, aho yagarutse ku bibazo by’umutekano bimaze igihe mu Burasirazuba bwa Congo n’ingamba zafatwa kugira ngo akarere kagere ku mahoro arambye.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yagaragaje ko amahoro arambye ari yo ntego nyamukuru y’u Rwanda, ariko ko ayo mahoro agomba gushingira ku bwubahane bw’ibihugu no kubahiriza inshingano buri ruhande rufite.

Yagize ati:

“U Rwanda rushaka amahoro, ariko dushaka amahoro arambye twakubakiraho ejo hazaza heza. Turashaka gusiga inyuma politiki mbi yakunze guteza umutekano muke mu karere. U Rwanda rwiteguye gukuraho ingamba zarwo z’ubwirinzi mu gihe RDC yujuje inshingano zayo nk’uko ziteganywa mu masezerano ya Washington.”

Yasobanuye ko buri gihugu gifite uburenganzira n’inshingano byo kurinda ubusugire bwacyo n’umutekano w’abaturage bacyo, ari yo mpamvu u Rwanda rwagiye rufata ingamba zo kwicungira umutekano igihe cyose rubona hari ibiwuhungabanya.

Perezida Kagame yagaragaje ko ikibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC atari gishya, ahubwo ari ikibazo kimaze imyaka myinshi gisa n’icyirengagizwa n’ibihugu bikomeye byakabaye bifasha mu kugishakira umuti urambye.

Yibukije ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, bamwe mu bayigizemo uruhare bahungiye muri Congo bagashinga umutwe witwaje intwaro wa FDLR, umaze imyaka myinshi ugaragara nk’uhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Yavuze ko uwo mutwe wakomeje guhabwa ubufasha n’inzego zimwe z’ubutegetsi bwa RDC, harimo kuwushyira mu ngabo z’igihugu no kuworohereza kubona ibikoresho bya gisirikare, ibintu u Rwanda rufata nk’iterabwoba rikomeye ku mutekano warwo.

Perezida Kagame yasobanuye ko amasezerano yashyiriweho umukono i Washington mu kwezi kwa cumi na kabiri 2025 areba impande eshatu zirimo u Rwanda, RDC ndetse na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kandi ko gushyira mu bikorwa ayo masezerano bisaba ko buri ruhande rukora inshingano zarwo.

Yavuze ko bidashoboka ko igikorwa cyo kubahiriza ayo masezerano cyikorezwa uruhande rumwe gusa.

Ati:

“Iyo ufite impande eshatu mu masezerano, hanyuma ugatekereza ko uruhande rumwe ari rwo rugomba kubahiriza inshingano zarwo zose, ntabwo byatanga igisubizo. Aya masezerano agomba gushyirwa mu bikorwa n’impande zose.”

Amasezerano ya Washington arimo ingingo nyamukuru zigamije kugarura umutekano n’ubufatanye mu karere, zirimo:

Kubahiriza ubusugire bw’ibihugu byombi

Kurandura imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR

Gushyiraho uburyo bw’imikoranire mu by’umutekano hagati y’ibihugu byombi

Gufasha mu gucyura impunzi no gushyigikira ibikorwa by’ubutabazi

Uruhare rw’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri muri Congo, MONUSCO

Guteza imbere ubufatanye bw’akarere mu by’ubukungu

Aya masezerano anashingira ku mugambi wa gisirikare uzwi nka CONOPS, wemejwe mu biganiro byabereye i Luanda tariki ya 31/10/2024, ugamije gusenya burundu umutwe wa FDLR no gukuraho ingamba z’ubwirinzi zafashwe n’impande zitandukanye.

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda ari umufatanyabikorwa wizewe ku rwego mpuzamahanga, kuko rukora ibyo ruvuga kandi rukavuga ibyo rushoboye gukora.

Yanongeye kwibutsa ko igihugu cyiyemeje kutazongera gusubira mu bihe bibi by’amateka cyanyuzemo, ashimangira ko u Rwanda ruzakomeza kwikorera umutwaro warwo mu kurinda umutekano warwo.

Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda akaba n’Umuyobozi w’abadipolomate bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, Charity Manyeruke, yashimye uruhare rw’u Rwanda mu guteza imbere ubufatanye n’ibindi bihugu.

Yanashimangiye ko u Rwanda rukomeje kugaragaza ubushobozi mu kwakira no gutegura ibikorwa mpuzamahanga bikomeye, anagaragaza urugero rw’uko rwabashije kwakira neza UCI Road World Championships 2025, irushanwa rya mbere rya shampiyona y’isi y’amagare ryabereye ku mugabane wa Afurika.

Yavuze ko ibyo byose bigaragaza ko u Rwanda rukomeje kuba igihugu gifite uruhare rukomeye mu guteza imbere ubufatanye, amahoro n’iterambere mu karere no ku rwego mpuzamahanga.

Tags: KagameRdcWashington DC
Share24Tweet15Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze

by Bahanda Bruce
March 6, 2026
0
Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze

Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze Mu gihe ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari bikomeje...

Read moreDetails

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza Mu gihe ibibazo by’umutekano bikomeje kwiyongera mu bice bitandukanye by’umugabane wa Afurika, Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje...

Read moreDetails

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

by Bahanda Bruce
March 4, 2026
0
Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi Mu gihe umwuka w’intambara ukomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Read moreDetails

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

U Rwanda rwasubije abayobozi ba RDC bishimiye ibihano byafatiwe bamwe mu basirikare barwo na Amerika Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko ibihano bifatirwa uruhande rumwe...

Read moreDetails

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona Amakuru Minembwe Capital News dukesha inyandiko ya Pacifique Ninanahazwe, uhagarariye ishyirahamwe FECODE ritabariza Abarundi bari mu kaga, agaragaza...

Read moreDetails

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?