• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, December 4, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Kagame yavuze kuby’ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa RDC.

minebwenews by minebwenews
August 26, 2025
in Regional Politics
0
Perezida Kagame yavuze kuby’ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa RDC.
116
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Kagame yavuze kuby’ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa RDC.

You might also like

Menya Impamvu Trump Yahisemo Kwakirira Tshisekedi na Kagame mu Nyubako Nshya Yitiriwe We, aho Kubakira muri White House

Amahoro nyayo ntashoboka FDLR igihari- Léonard Okitundu w’umunye-Kongo

Iby’ingenzi ku Masezerano ya Washington hagati y’u Rwanda na RDC

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yagaragaje ko nubwo ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryagerageje kugarura amahoro mu bice ryabohoye, bitanejeje ba mpatsinihugu.

Hari mu muhango wo gusoza amasomo y’abasirikare, abapolisi n’abacungagereza barenga 6000, aho bayasoreje mu kigo cya Gabiro tariki ya 25/08/2025.

Iki kigo cya Gabiro giherereye mu ntara y’i Burasirazuba y’iki gihugu cy’u Rwanda.

Mu kiganiro yabahaye, yagishimiyemo abasirikare, abapolisi n’abacungagereza ku kazi, gakomeye, kangombwa bamaze igihe bakora ndetse bakorera n’igihugu cyabo n’abo batisize.

Avuga ko amateka y’u Rwanda yigishije Abanyarwanda byinshi bagomba kubakiraho, birimo akababaro, ibihe bikomeye ariko agaragaza ko icyangombwa ari uko u Rwanda rutazimira.

Yavuze kandi ko hari abigira nk’aho bo baremye abandi, ariko agaragaza ko atari byo. Yakomeje avuga ko niba hari abaremye abandi, abo ari abandi aho kuba abo mu Rwanda.

Yagize ati: “Bivuze ko twebwe nk’abantu twigenera twibeshyaho, n’iyo ibikubeshaho bitaba byuzuye bikaba bituruka ahandi bigomba kwiyongera ku byawe. Ntabwo biza bisimbura uburenganzira wifiteho, bw’icyo uri cyo . Byiyongera ku byawe ndetse ukaba washimira uwabiguhaye.”

Kagame yababwiye ko uwaha Abanyarwanda icyo ari cyo cyose, bitamuha uburenganzira bwo kwitwara nk’uwabaremye.

Anibutsa abakora mu nzego z’umutekano bose ko bafite inshingano nini, haba ku gihugu n’iyo kurinda abaturage b’u Rwanda bakumira ibirura bihora bishaka gucuza Abanyarwanda ibyabo.

Aha ni naho yageze avuga ku mutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Kagame yavuze ko nubwo umutwe wa M23 wagerageje kugarura amahoro mu bice wafashe bya RDC, bitashimishije ba mpatsibihugu.

Yagize ati: “Ariko si ko buri wese abibona, bitari uko atari byo ahubwo abanyamakuru, ibyo bihugu bya mpatsibihugu, bigashaka kwerekana ko ikibazo ari AFC/M23 n’u Rwanda, RDF.”

Yakomeje ati: “N’iyo RDF iza kuba iriyo ibyo bavuga ntabwo ari byo yakora. Muri buka abacanshuro banyuze hano n’abandi bagaherekezwa. Bagasezererwaho neza mu mahoro. Ni RDF yabikoze . Niba ari abicanyi iba yarabishe. None se ni ko byagenze?”

Uyu mutwe yavuzeho, umaze kubohoza hafi igice cyose cy’u Burasirazuba bwa RDC, kuko mu kwezi kwa mbere uyu mwaka yafashe umujyi wa Goma ufatwa nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu kwa kabiri nabwo ifata uwa Bukavu muri Kivu y’Amajyepfo.

Kuri ubu umaze no kubohoza ibice bitandukanye byo muri izi ntara zombi, urebye nta teritware n’imwe idafitemo agace yigaruriye, ahanini zo muri Kivu y’Amajyepfo yewe n’iyo muri Kivu Yaruguru.

Kandi ibice byose ugenzura wabigaruyemo amahoro, kuko abaturage babirimo barishyira bakizana.

Tags: AFC/m23Paul KagameRdcUmutekano
Share46Tweet29Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Menya Impamvu Trump Yahisemo Kwakirira Tshisekedi na Kagame mu Nyubako Nshya Yitiriwe We, aho Kubakira muri White House

by Bahanda Bruce
December 4, 2025
0
Menya Impamvu Trump Yahisemo Kwakirira Tshisekedi na Kagame mu Nyubako Nshya Yitiriwe We, aho Kubakira muri White House

Menya Impamvu Trump Yahisemo Kwakirira Tshisekedi na Kagame mu Nyubako Nshya Yitiriwe We, aho Kubakira muri White House Itangazo ryasohowe kuri uyu wa kane tariki ya 04/12/2025, na...

Read moreDetails

Amahoro nyayo ntashoboka FDLR igihari- Léonard Okitundu w’umunye-Kongo

by Bahanda Bruce
December 4, 2025
0
Amahoro nyayo ntashoboka FDLR igihari- Léonard Okitundu w’umunye-Kongo

Amahoro nyayo ntashoboka FDLR igihari- Léonard Okitundu w'umunye-Kongo Léonard She Okitundu, wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (2016–2019) akaba ubu ari Umudepite ndetse...

Read moreDetails

Iby’ingenzi ku Masezerano ya Washington hagati y’u Rwanda na RDC

by Bahanda Bruce
December 4, 2025
0
Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye gusinya amasezerano akomeye ashobora guhindura isura y’umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari

Iby’ingenzi ku Masezerano ya Washington hagati y’u Rwanda na RDC Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) na Repubulika y’u Rwanda tariki ya 27/06/2025 zasinye i Washington amasezerano akomeye...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi mu Ihurizo Rikomeye i Washington, amasezerano Ashobora Kwigaranzura Ubutegetsi Bwe

by Bahanda Bruce
December 3, 2025
0
Perezida Tshisekedi mu Ihurizo Rikomeye i Washington, amasezerano Ashobora Kwigaranzura Ubutegetsi Bwe

Perezida Tshisekedi mu Ihurizo Rikomeye i Washington, amasezerano Ashobora Kwigaranzura Ubutegetsi Bwe Perezida Félix Tshisekedi Tshilombo ari mu rugendo rufatwa nk’urugena imiterere y’ahazaza h’ubutegetsi bwe. Nyuma y’igihe kinini...

Read moreDetails

Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye gusinya amasezerano akomeye ashobora guhindura isura y’umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
December 3, 2025
0
Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye gusinya amasezerano akomeye ashobora guhindura isura y’umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari

Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye gusinya amasezerano akomeye ashobora guhindura isura y’umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Perezida Paul...

Read moreDetails
Next Post
Umwe mu barinzi ba komanda secteur yishwe arashwe i Uvira.

Icyo umwe mu baturage bari Uvira avuga kuri Wazalendo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?