• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, November 1, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Ndayishimiye arashinjwa kudobya ibiganiro byari hagati y’u Rwanda n’u Burundi.

minebwenews by minebwenews
July 29, 2025
in Regional Politics
0
Perezida Ndayishimiye arashinjwa kudobya ibiganiro byari hagati y’u Rwanda n’u Burundi.
81
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Ndayishimiye arashinjwa kudobya ibiganiro byari hagati y’u Rwanda n’u Burundi.

You might also like

U Rwanda rwasubije u Bufaransa busaba AFC/M23 gufungura ikibuga cy’indege cya Goma

AFC/M23/MRDP yasubije inama yaberaga mu Bufaransa yayisabye gufungura ikibuga cy’indege cya Goma

Inzara iravuza ubuhuha mu Burundi, aho imiryango imwe yagaragaje uburyo ihangayikishijwe na yo bikomeye

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, ni we nyiribayazana w’ibibazo bitagura iherezo hagati y’igihugu cye n’icy’u Rwanda, nk’uko byagiye bigaragazwa n’abantu batandukanye.

Muri raporo y’impuguke z’umuryango w’Abibumbye yashyizwe ahagaragara mu minsi mike ishize, yavuga ko “ubwo perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yibasiraga cyane u Rwanda mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka, yabiterwaga n’uko AFC/M23 yarikomeje kwigarurira ibice byinshi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, biherereye ku mupaka w’u Burundi.”

Ni mu gihe u Burundi na RDC hamwe na FDLR basanzwe bifatanya mu ku rwanya ihuriro rya Alliance Fleuve AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa. U Burundi bukaba bushinja u Rwanda gufasha AFC/M23 ndetse n’umutwe witwaje intwaro wa Red-Tabara. Ibyo u Rwanda rwabiteye utwatsi kenshi, rusobanura ko ari ibirego bidafite ishingiro.

Ibiganiro by’u Rwanda n’u Burundi byabaye mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka byanatumye Ndayishimiye acururuka, ariko kwihangana biramunanira kuko mumpera z’uko kwezi ubwo AFC/M23 yongeraga gufata ibindi bice muri Kivu y’Amajyepfo nabwo yongeye kwibasira u Rwanda bikomeye.

Yagize ati: “Turabizi ko u Rwanda ruri kugerageza kudutera ruciye ku butaka bwa RDC, rubicishije mu mutwe wa Red-Tabara. Ariko twebwe tubabwira ko niba bashaka gutera Bujumbura baciye muri RDC, na twe Kigali si kure duciye mu Kirundo.”

Impuguke za Loni, zivuga ko kuva Ndayishimiye atangaje ibyo, mu ntangiriro z’ukwezi kwa kane, yohereje abasirikare benshi bari hagati y’ibihumbi 7000 na 9000 muri Kivu y’Amajyepfo, cyane cyane mu Kibaya cya Rusizi kiri ku mupaka w’u Rwanda na RDC no mu misozi miremire y’i Mulenge muri za teritware ya Fizi, Mwenga na Uvira, kugira ngo zikumire AFC/M23/Twirwaneho.

Ingabo z’u Burundi zikorana bihoraho n’iza RDC, n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo ndetse n’uwa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Mu kwezi kwa gatatu kandi, intumwa z’u Rwanda n’iz’u Burundi zikorera mu nzego z’umutekano n’ubutasi zahuye inshuro 2, ziganira ku buryo zakwifatanya mu gukumira ibyahungabanya umutekano w’ibihugu byombi.

Icyo gihe minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko hari guterwa intambwe nziza ishobora gutuma u Rwanda n’u Burundi byongera kubana neza.

Kuko yagize ati: “U Rwanda n’u Burundi biri gutera intambwe nziza yo guhagarika ubushyamirane no kumvikana, mu gihe ibiganiro bikomeje hagati y’abayobozi bo mu bihugu byombi.”

Nyuma hahise haba icyizere ko perezida w’u Burundi atazongera kwibasira u Rwanda nk’uko yabigenje mu mpera z’umwaka ushize, ubwo yarukangishaga kugira umugambi wo gukuraho ubutegetsi bwarwo, akanarushinja gushaka gutera igihugu cye.

Igitangaje, hataracya kabiri, yahise yongera kurwibasira kubi, anagaragaza ko Abarundi biteguye guhangana na rwo.

Gusa, Nduhungirehe yarabyirengagije, atangaza ko u Rwanda rwifuza kubana mu mahoro n’u Burundi, ariko avuga ko buri gihe iyo hari guterwa intambwe nziza, Ndayishimiye abidobya yifashishije ibiganiro mu bitangazamakuru.

Yagize ati: “Iyo uvuze ngo u Rwanda rushaka gutera u Burundi, ibyo ntabwo bishingiye ku kuri, n’Abarundi barabizi. Twifuza ko izo mvugo zagabanyuka ku ruhande rw’u Burundi hanyuma tugakomeza gufatanya, igihe n’ikigera umubano uzongera ugaruke.”

Hari nubwo Ndayishimiye yageze aho avuga ko igihe cyose u Rwanda rutazamuha abantu bagerageje gukubita Coup d’etat perezida Peter Nkurunziza mu kwezi kwa gatanu umwaka wa 2015, imipaka ihuza ibihugu byombi itazafungura. Peter Nkurunziza ni we Ndayishimiye yasimbuye ku butegetsi.

Imipaka y’u Burundi yafunzwe mu 2015, ifungurwa mu 2022, yongera gufungwa mu kwezi kwa mbere umwaka wa 2024, hari nyuma y’aho umutwe wa Red-Tabara ugabye igitero muri zone Gatumba mu ntara ya Bujumbura, hafi y’umupaka w’iki gihugu na RDC.

Tags: ibiganiroKidobyaNdayishimiyeRwandaU Burundi
Share32Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda rwasubije u Bufaransa busaba AFC/M23 gufungura ikibuga cy’indege cya Goma

by Bahanda Bruce
October 31, 2025
0
U Rwanda rwasubije u Bufaransa busaba AFC/M23 gufungura ikibuga cy’indege cya Goma

U Rwanda rwasubije u Bufaransa busaba AFC/M23 gufungura ikibuga cy'indege cya Goma U Rwanda rubinyujije kuri minisitiri warwo w'ubanye n'amahanga, Olivier Nduhungurehe, yavuze ko ikibuga cy'indege cya Goma...

Read moreDetails

AFC/M23/MRDP yasubije inama yaberaga mu Bufaransa yayisabye gufungura ikibuga cy’indege cya Goma

by Bahanda Bruce
October 31, 2025
0
AFC/M23/MRDP yasubije inama yaberaga mu  Bufaransa yayisabye gufungura ikibuga cy’indege cya Goma

AFC/M23/MRDP yasubije inama yaberaga mu Bufaransa yayisabye gufungura ikibuga cy'indege cya Goma Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya ubutegetsi bw'i Kinshasa, ryamaganye u Bufaransa bwayisabye gufungura ikibuga...

Read moreDetails

Inzara iravuza ubuhuha mu Burundi, aho imiryango imwe yagaragaje uburyo ihangayikishijwe na yo bikomeye

by Bahanda Bruce
October 30, 2025
0
Inzara iravuza ubuhuha mu Burundi, aho imiryango imwe yagaragaje uburyo ihangayikishijwe na yo bikomeye

Inzara iravuza ubuhuha mu Burundi, aho imiryango imwe yagaragaje uburyo ihangayikishijwe na yo bikomeye Kubera inzara mu murwa mukuru w'ubukungu w'i gihugu cy'u Burundi, imiryango imwe ni mwe...

Read moreDetails

I Burundi hikanzwe coup d’etat bituma Ndayishimiye asubika uruzinduko yagombaga kugira

by Bahanda Bruce
October 30, 2025
0
I Burundi hikanzwe coup d’etat bituma Ndayishimiye asubika uruzinduko yagombaga kugira

I Burundi hikanzwe coup d'etat bituma Ndayishimiye asubika uruzinduko yagombaga kugira Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye, yasubitse uruzinduko yagombaga kugirira i Paris mu Bufaransa, nyuma y'uko amenye ko...

Read moreDetails

Hamenyekanye icyo perezida Tshisekedi n’umuryango wa Habyarimana bagiye gukora mukudurumbanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 30, 2025
0
Hamenyekanye icyo perezida Tshisekedi n’umuryango wa Habyarimana bagiye gukora mukudurumbanya umutekano w’u Rwanda

Hamenyekanye icyo perezida Tshisekedi n'umuryango wa Habyarimana bagiye gukora mukudurumbanya umutekano w'u Rwanda Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo n'umuryango wa Habyarimana bemezanyije gutangira kubaka...

Read moreDetails
Next Post
AFC/M23 yahaye Radio Okapi gasopo.

AFC/M23 yakubise ahababaza Katanyama (FARDC) inayambura uduce tubiri.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?