Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Ruto kuri ubu uramutswa EAC yagize icyo abwira ibihugu bigize uwo muryango.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
December 1, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Ruto kuri ubu uramutswa EAC yagize icyo abwira ibihugu bigize uwo muryango.
83
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Ruto kuri ubu uramutswa EAC yagize icyo abwira ibihugu bigize uwo muryango.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Umukuru w’igihugu cya Kenya akaba n’umuyobozi mukuru mushya w’umuryango wa Afrika y’iburasirazuba (EAC), Dr William Ruto Samoei, yakanguriye ibihugu binyamuryango bitishyura imisanzu ngaruka mwaka bisabwa.

Iki giterkezo yagitanze ahar’ejo tariki ya 30/11/2024, ubwo abakuru b’ibihugu byo muri EAC bahuriye mu nama yabereye i Arusha muri Tanzania, bari bamaze kumutorera iyi nshingano.

Uyu mukuru w’igihugu yavuze ko muri manda ye, azateza imbere imibereho y’abaturage bo muri uyu muryango, yongerere imbaraga ubucuruzi bw’imbere ndetse n’ishoramari.

Yabwiye bagenzi be, abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango, ko aza aharanira amahoro n’umutekano mu karere, ateze imbere imiyoborere myiza, asobanura ariko ko kugira bigerweho, uyu muryango ukeneye amafaranga yo kwifashisha.

Perezida Ruto yibikuje ibihugu bigize EAC ko bifite inshingano yo gutanga umusanzu ngaruka mwaka bisabwa, bikawutangira ku gihe kugira ngo wifashishwe mu gushyira mu bikorwa imishinga y’umuryango.

Yanasobanuye ko ibihugu nibitangira imisanzu ku gihe, bizafasha ubunyamabanga bukeneye, bubone ubushobozi bwo gukora imishinga yabwo.

Ibyo abivuze mu gihe Repubulika ya demokarasi ya Congo itarigera itanga uwo musanzu kuva yaba umunyamuryango. Byanarakaje bamwe mu badepite bo mu nteko ishinga amategeko y’uyu muryango, basaba ko yafatirwa ibihano birimo gukumirwa mu bikorwa by’imbonankubone.

Kugeza ku musozo w’umwaka w’ingengo y’imari wa 2024/2025 watangira, RDC irimo ibirarane bya miliyoni 22,5 z’amadolari y’Amerika. Ibindi bihugu bigize uyu muryango byatanze imisanzu yabyo kugeza mu mwaka w’ingengo y’imari ushize.

Tags: EACTanzaniaWilliam Ruto
Share33Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
M23 nyuma yo kwitandukanya na masezerano y’i Luanda yatangaje icyo igiye gukora vuba.

M23 nyuma yo kwitandukanya na masezerano y'i Luanda yatangaje icyo igiye gukora vuba.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?