Perezida Ruto yashinjwe gukorana n’umutwe wa M23.
Guverinoma ya Kenya iyobowe na perezida Samue William Ruto, yashinjwe gukorana n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa RSF wo muri Sudan n’u wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo mu Burasizuba bw’iki gihugu.
Ni mukiganiro uwahoze ari visi perezida wa Kenya, Rigath Gachagua yagiranye n’igitangaza makuru cya KTN news mu ijoro ryo ku wa mbere muri iki cyumweru.
Muri iki kiganiro Gachagua yavuze ko ubuyobozi bwa perezida William Ruto ari guverinoma y’ubucuruzi, ayishinja amakosa ya dipolomasi no kungukira mu makimbirane yo mu karere, kandi ko akorana n’imitwe nka m23, ndetse kandi ko yivanga mu bibazo bya Sudan.
Avuga ko uyu mukuru w’iki gihugu cya Kenya yateje imvururu mu gihugu cya Sudan binyuze mu bikorwa bivugwa ko bifitanye isano n’ubucuruzi agirana na Mohamed Hamediti, umuyobozi wumutwe wa Rapid Support Forces(RSF).
Yagize ati: “Ku mfu ziri kugaragara muri Sudan, komanda mukuru wa RSF ntabwo ari Hemediti, ni William Ruto, kuko kugira ngo umutwe ukore neza ukenera amafaranga.”
Yakomeje ashimangira ko Ruto yagiranye amasezerano ya zahabu na Hamediti mu 2023 kandi ku giti cye yagize uruhare mu kumwoherereza mu rwego rwa dipolomasi.
Gachagua kandi yavuze ko Ruto yakoresheje umubano w’ubanye n’amahanga wa Kenya kugira ngo yorohereze magendu yazahabu.
Yagize ati: “Ari gukoresha igihugu cyacu, binyuze mu bucuti bwanyu, mukuzana zahabu ivuye muri Sudan, kuyisukura i Nairobi, kuyohereza mu Burasizuba bwo hagati no gukoresha amafaranga yavuyemo mu kugura intwaro.”
Ubundi kandi yashinje Ruto kwivanga mu ntambara ibera mu Burasizuba bwa Congo, avuga ko akorana n’umutwe wa M23, ndetse kandi ko bakorana nawo ubucuruzi bwa zahabu mu karere.
Avuga kandi ko Ruto afitanye amasezerano y’ubucuruzi na perezida wa Kosovu, Vjoso Osmani.
Yakomeje avuga ko inyungu z’ubucuruzi za Ruto zitera icyaha, kandi ko zibangamira umubano w’ububanyi n’amahanga Kenya igirana n’ibihugu nka Serbia n’u Burusiya.
Gachagua asaba ko amahanga yakurikirana Ruto kandi akamubaza ibyo akomeje gukora, ndetse ngo akabihanirwa.
Umwaka ushize wa 2024, ni bwo guverinoma ya perezida William Ruto yirukanye Gachagua ku mwanya wa visi perezida w’igihugu, aho yamushinje ibyaha birimo icengezamatwara ni mugihe byarimo bivugwa ko arimo gukangurira urubyiruko kurwanya ubuyobozi, no gusuzugura umukuru w’igihugu n’ibindi.