Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Perezida Trump yagaragarije mugenzi we Putin uburakari bw’umuranduranzuzi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 29, 2025
in World News
0
Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.
68
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Trump yagaragarije mugenzi we Putin uburakari bw’umuranduranzuzi.

You might also like

Intambara hagati ya Cambondia na Thailand ikomeje kubica bigacika.

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

Perezida wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yatangaje ko mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin, atajyayubahiriza ibyo baba bavuganye byerekeye guhagarika intambara kuri Ukraine, bituma amuvugaho amagambo akakaye, agaragaza uburakari bwinshi.

Hari mu kiganiro perezida Trump yagiranye n’itangazamakuru muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Iki kiganiro yagikoze nyuma y’aho aganiriye na minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer.

Trump yavuze ko yababajwe bikomeye n’imyitwarire ya perezida Putin kuri Ukraine nyuma y’ibiganiro byagiye bibahuza bifashije telefone, bigamije kurangiza intambara imaze imyaka itatu ihanganishije Ukraine n’u Burusiya.

Trump wagiye ashinjwa kenshi kwihanganira u Burusiya mu bihe bitandukanye, kugeza ubwo yabanje guhagarika guha intwaro Ukraine, nubwo yaje kwisubiraho, yari aherutse kuvuga ko yahaye u Burusiya iminsi 50 yo guhagarika intambara. Ariko iyi minsi kubera uburakari yayigabanyije, ayigira 10.

Uyu mukuru w’igihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yanagiye avuga ko Putin ari “umusazi,” kandi ko akunda “intambara.” Yari anaheruka gutanga ubutumwa kuri Truth Social avuga ko Putin yamaze gusara.

Yagize ati: “Nabivuze kera ko Putin ashaka Ukraine yose, atari igice cyayo gusa, kandi wenda bigiye kugaragara ko ari byo. Ariko naramuka abikoze, bizatuma u Burusiya bwibagirana ku isi.”

Trump yavuze ko ashobora gutangaza ikindi kintu kubera ko nta mpamvu yo gutegereza, ibindi byemezo niba Putin adashaka kujya mu biganiro.

Avuga ko buri gihe ajya tekereza ko bigiye kurangira, yaja kumva akumva Putin yishe abantu muri Ukraine.

Umuyobozi mukuru w’ibiro bya perezida wa Ukraine, Andriy Yermak, yashimiye icyemezo cya Perezida Trump cyo kugabanya igihe ntarengwa cy’iminsi 50 yari yahaye u Burusiya ngo bwemere guhagarika intambara.

U Burusiya bwashoye intambara kuri Ukraine mu kwezi kwa kabiri umwaka wa 2022.

Kugeza ubu u Burusiya buyigabaho ibitero bikaze, ndetse kandi imaze no kwigarurira imijyi imwe n’imwe yo muri iki gihugu.

Tags: IntambaraPutinTrumpUburakari bw'umuranduranzuziUkraine
Share27Tweet17Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Intambara hagati ya Cambondia na Thailand ikomeje kubica bigacika.

by Bruce Bahanda
July 26, 2025
0
Intambara hagati ya Cambondia na Thailand ikomeje kubica bigacika.

Intambara hagati ya Cambondia na Thailand ikomeje kubica bigacika. Intambara ihanganishije Cambodia na Thailand imaze kugwamo abantu 30 barimo n'abasivili abandi n'abo batari bake bamaze kuyikomerekeramo. Ihangana hagati...

Read moreDetails

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk'igihugu cyigenga. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zateye utwatsi icyemezo cya perezida Emmanuel Macron w'u Bufaransa cyo kwemerera...

Read moreDetails

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho guverinoma nshya igizwe n'abaminisitiri 21, abanyamabanga ba Leta 10 n'abandi bayobozi bakuru. Iyi guverinoma nshya...

Read moreDetails

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y'indege. Indege yari itwaye abagenzi yakoze impanuka ikomeye mu gihugu cy'u Burusiya, ihitana abantu 48. Amakuru avuga ko iyo ndege yavaga mu mujyi...

Read moreDetails

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma. Umuyobozi wo muri Leta ya Ethiopia yanyomoje perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, nyuma y'aho atangaje ko Amerika yateye inkunga umushinga wo...

Read moreDetails
Next Post
Iyo urota umuntu wapfuye waruzi ko hari igisobanuro bifite kubuzima bwawe bwite? Ibirambuye.

Iyo urota umuntu wapfuye waruzi ko hari igisobanuro bifite kubuzima bwawe bwite? Ibirambuye.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?